Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Iradukunda Elsa wabaye Miss Rwanda wa 2017 na Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, bombi bigeze gutabwa muri yombi, umwe akekwaho ibifitanye isano n’ifungwa ry’umwe, basezeranye imbere y’amategeko, ubu mu irangamimerere ni umugabo n’umugore.

Inkuru yo gusezerana mu mategeko kwabo, yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023 nyuma yuko bavuye kubirahirira ku Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Uyu muhango wateguwe kandi ukaba mu ibanga rikomeye hagati ya ba nyirabyo dore ko nta mafoto yari yagiye hanze ndetse bitari bizwi nubwo hari abari bamaze iminsi babinuganuga.

Amakuru y’isezerana ryabo, yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusororo, Desire Nsabimana wemeje ko ubu “Ishimwe Dieudonné na Iradukunda Elsa bemewe nk’umuryango mushya wemewe n’amategeko.”

Basezeranye mbere y’iminsi micye ngo Prince Kid yongere kwitaba Urukiko ngo aburane ku bujurire bw’Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cyamugize umwere ku byaha akekekwaho.

Urukiko Rukuru rwajuririwe icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ruteganya kuburanisha Prince Kid tariki 10 Werurwe, bivuze ko basezeranye habura icyumweru kimwe ngo uyu musore yitabe Urukiko.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaburanishije Prince Kid, rwari rwamugize umwere tariki 02 Ukuboza 2022 ku byaha birimo icyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina ndetse n’icyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Prince Kid wari watawe muri yombi tariki ya 26 Mata 2022, akimara kugirwa umwere, Urukiko rwahise rutegeka ko arekurwa, ariko Ubushinjacyaha baburanaga ntibwanyura ndetse burabijuririra.

Miss Iradukunda Elsa bamaze gusezerana nk’umugore n’umugabo, na we yatawe muri yombi nyuma y’iminsi micye Prince Kid atawe muri yombi, kuko uyu mukobwa we yafunzwe tariki 08 Gicurasi 2022 ubwo yakekwagaho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano no kubangamira iperereza.

Ni ibyaha bivugwa yakekwagaho gukora ubwo yagerageragezaga gukora ibishoboka byose ngo umukunzi we afatirwe icyemezo kiri mu nyungu ze, gusa yaje kurekurwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo ko akurikiranwa ari hanze.

Basezeranye imbere y’amategeko

Ni ibyishimo hagati yabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

Amakuru mashya ku byategetswe M23 byo guhagarika imirwano no gusubira inyuma

Next Post

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.