Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Iradukunda Elsa wabaye Miss Rwanda wa 2017 na Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, bombi bigeze gutabwa muri yombi, umwe akekwaho ibifitanye isano n’ifungwa ry’umwe, basezeranye imbere y’amategeko, ubu mu irangamimerere ni umugabo n’umugore.

Inkuru yo gusezerana mu mategeko kwabo, yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023 nyuma yuko bavuye kubirahirira ku Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Uyu muhango wateguwe kandi ukaba mu ibanga rikomeye hagati ya ba nyirabyo dore ko nta mafoto yari yagiye hanze ndetse bitari bizwi nubwo hari abari bamaze iminsi babinuganuga.

Amakuru y’isezerana ryabo, yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusororo, Desire Nsabimana wemeje ko ubu “Ishimwe Dieudonné na Iradukunda Elsa bemewe nk’umuryango mushya wemewe n’amategeko.”

Basezeranye mbere y’iminsi micye ngo Prince Kid yongere kwitaba Urukiko ngo aburane ku bujurire bw’Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cyamugize umwere ku byaha akekekwaho.

Urukiko Rukuru rwajuririwe icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ruteganya kuburanisha Prince Kid tariki 10 Werurwe, bivuze ko basezeranye habura icyumweru kimwe ngo uyu musore yitabe Urukiko.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaburanishije Prince Kid, rwari rwamugize umwere tariki 02 Ukuboza 2022 ku byaha birimo icyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina ndetse n’icyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Prince Kid wari watawe muri yombi tariki ya 26 Mata 2022, akimara kugirwa umwere, Urukiko rwahise rutegeka ko arekurwa, ariko Ubushinjacyaha baburanaga ntibwanyura ndetse burabijuririra.

Miss Iradukunda Elsa bamaze gusezerana nk’umugore n’umugabo, na we yatawe muri yombi nyuma y’iminsi micye Prince Kid atawe muri yombi, kuko uyu mukobwa we yafunzwe tariki 08 Gicurasi 2022 ubwo yakekwagaho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano no kubangamira iperereza.

Ni ibyaha bivugwa yakekwagaho gukora ubwo yagerageragezaga gukora ibishoboka byose ngo umukunzi we afatirwe icyemezo kiri mu nyungu ze, gusa yaje kurekurwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo ko akurikiranwa ari hanze.

Basezeranye imbere y’amategeko

Ni ibyishimo hagati yabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eleven =

Previous Post

Amakuru mashya ku byategetswe M23 byo guhagarika imirwano no gusubira inyuma

Next Post

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Related Posts

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.