Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Iradukunda Elsa wabaye Miss Rwanda wa 2017 na Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, bombi bigeze gutabwa muri yombi, umwe akekwaho ibifitanye isano n’ifungwa ry’umwe, basezeranye imbere y’amategeko, ubu mu irangamimerere ni umugabo n’umugore.

Inkuru yo gusezerana mu mategeko kwabo, yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023 nyuma yuko bavuye kubirahirira ku Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Uyu muhango wateguwe kandi ukaba mu ibanga rikomeye hagati ya ba nyirabyo dore ko nta mafoto yari yagiye hanze ndetse bitari bizwi nubwo hari abari bamaze iminsi babinuganuga.

Amakuru y’isezerana ryabo, yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusororo, Desire Nsabimana wemeje ko ubu “Ishimwe Dieudonné na Iradukunda Elsa bemewe nk’umuryango mushya wemewe n’amategeko.”

Basezeranye mbere y’iminsi micye ngo Prince Kid yongere kwitaba Urukiko ngo aburane ku bujurire bw’Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cyamugize umwere ku byaha akekekwaho.

Urukiko Rukuru rwajuririwe icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ruteganya kuburanisha Prince Kid tariki 10 Werurwe, bivuze ko basezeranye habura icyumweru kimwe ngo uyu musore yitabe Urukiko.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaburanishije Prince Kid, rwari rwamugize umwere tariki 02 Ukuboza 2022 ku byaha birimo icyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina ndetse n’icyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Prince Kid wari watawe muri yombi tariki ya 26 Mata 2022, akimara kugirwa umwere, Urukiko rwahise rutegeka ko arekurwa, ariko Ubushinjacyaha baburanaga ntibwanyura ndetse burabijuririra.

Miss Iradukunda Elsa bamaze gusezerana nk’umugore n’umugabo, na we yatawe muri yombi nyuma y’iminsi micye Prince Kid atawe muri yombi, kuko uyu mukobwa we yafunzwe tariki 08 Gicurasi 2022 ubwo yakekwagaho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano no kubangamira iperereza.

Ni ibyaha bivugwa yakekwagaho gukora ubwo yagerageragezaga gukora ibishoboka byose ngo umukunzi we afatirwe icyemezo kiri mu nyungu ze, gusa yaje kurekurwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo ko akurikiranwa ari hanze.

Basezeranye imbere y’amategeko

Ni ibyishimo hagati yabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 10 =

Previous Post

Amakuru mashya ku byategetswe M23 byo guhagarika imirwano no gusubira inyuma

Next Post

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Hatangajwe abandi basirikare bihariye bagiye kwinjira muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.