Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri no mu banahanganye na Tshisekedi mu matora aheruka, yavuze ko kuba Guverinoma ya Congo ikomeje gushyira ku ibere FDLR ari kimwe mu bidindiza ibiganiro by’iki Gihugu n’u Rwanda.

Martin Fayulu yabigarutseho nyuma yuko habaye ibiganiro by’abahagarariye Ihuriro Union Sacrée pour la Nation rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi n’Uhagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugarura amahoro muri Congo, Jean-Pierre Lacroix.

Nyuma y’ibi biganiro, Jean-Pierre Lacroix yanakiriye abahagarariye amahuriro y’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Mu bakiriwe, barimo Martin Fayulu w’Ihuriro Lamuka, Emmanuel Shadari wa FCC ndetse na Didier Mumengi wari uhagarariye Dénis Mukwege.

Muri ibi biganiro, Martin Fayulu wari umwe mu bakandida bahataniraga umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri DRC y’umwaka ushize wa 2023, yazamuye ikibazo cy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gushyirwa ku ibere na Guverinoma ya Congo, avuga ko ukomeje gutuma ibiganiro by’iki Gihugu n’u Rwanda, bidatanga umusaruro.

Ni mu gihe kandi inama ziheruka zahuje Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zimaze iminsi zibera i Luanda muri Angola, zemeje ko uyu mutwe wa FDLR usenywa.

Martin Fayulu uyobora Umutwe wa Politiki wa ECIDE (Engagement pour la citoyenneté et le développement) yasabye Umuryango w’Abibumbye gushyigikira ko habaho n’ibiganiro by’imbere mu Gihugu byo kongera gushyira hamwe Abanyekongo.

Yagize ati “Nabibwiye Lacroix ko: dukeneye imishyikirano ya Kinshasa kugira ngo abana b’iki Gihugu bashyire hamwe, bumve mu mizi intandaro y’ibibazo, babwizanye ukuri, ubundi biyunge mu nyungu zo guhuza imbaraga kw’Igihugu, kugira ngo bashobore no guhangana n’abanzi baturuka hanze igihe baba bahari.”

Jean-Pierre Lacroix, yavuze ko binyuze muri MONUSCO, hari uburyo bw’inzira zatuma habaho ibiganiro hagati y’Abanyekongo ubwabo, kugira ngo bahangane n’ibibazo biri mu burasirazuba bw’Igihugu cyabo.

Yanasabye kandi habaho kuzirikana imyanzuro yafatiwe mu nama z’i Nairobi n’i Luanda, kuko ari zo zatanga umuti w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 1 =

Previous Post

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Next Post

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Related Posts

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.