Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri no mu banahanganye na Tshisekedi mu matora aheruka, yavuze ko kuba Guverinoma ya Congo ikomeje gushyira ku ibere FDLR ari kimwe mu bidindiza ibiganiro by’iki Gihugu n’u Rwanda.

Martin Fayulu yabigarutseho nyuma yuko habaye ibiganiro by’abahagarariye Ihuriro Union Sacrée pour la Nation rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi n’Uhagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugarura amahoro muri Congo, Jean-Pierre Lacroix.

Nyuma y’ibi biganiro, Jean-Pierre Lacroix yanakiriye abahagarariye amahuriro y’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Mu bakiriwe, barimo Martin Fayulu w’Ihuriro Lamuka, Emmanuel Shadari wa FCC ndetse na Didier Mumengi wari uhagarariye Dénis Mukwege.

Muri ibi biganiro, Martin Fayulu wari umwe mu bakandida bahataniraga umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri DRC y’umwaka ushize wa 2023, yazamuye ikibazo cy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gushyirwa ku ibere na Guverinoma ya Congo, avuga ko ukomeje gutuma ibiganiro by’iki Gihugu n’u Rwanda, bidatanga umusaruro.

Ni mu gihe kandi inama ziheruka zahuje Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zimaze iminsi zibera i Luanda muri Angola, zemeje ko uyu mutwe wa FDLR usenywa.

Martin Fayulu uyobora Umutwe wa Politiki wa ECIDE (Engagement pour la citoyenneté et le développement) yasabye Umuryango w’Abibumbye gushyigikira ko habaho n’ibiganiro by’imbere mu Gihugu byo kongera gushyira hamwe Abanyekongo.

Yagize ati “Nabibwiye Lacroix ko: dukeneye imishyikirano ya Kinshasa kugira ngo abana b’iki Gihugu bashyire hamwe, bumve mu mizi intandaro y’ibibazo, babwizanye ukuri, ubundi biyunge mu nyungu zo guhuza imbaraga kw’Igihugu, kugira ngo bashobore no guhangana n’abanzi baturuka hanze igihe baba bahari.”

Jean-Pierre Lacroix, yavuze ko binyuze muri MONUSCO, hari uburyo bw’inzira zatuma habaho ibiganiro hagati y’Abanyekongo ubwabo, kugira ngo bahangane n’ibibazo biri mu burasirazuba bw’Igihugu cyabo.

Yanasabye kandi habaho kuzirikana imyanzuro yafatiwe mu nama z’i Nairobi n’i Luanda, kuko ari zo zatanga umuti w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Next Post

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.