Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe na Tshisekedi yamennye ibanga amaranye imyaka itatu ry’icyo yamwingingiye
Share on FacebookShare on Twitter

Moïse Katumbi, umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahishuye ko muri 2020 Perezida Tshisekedi yamusabye ko yaba Minisitiri w’Intebe, ariko akabyanga.

Moïse Katumbi wanemeje ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka wa 2023, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique.

Avuga ko muri 2020 Perezida Félix Tshisekedi yamusabye ko amuyoborera Guverinoma akaba Minisitiri w’Intebe, ariko akamuhakanira, kandi ko aticuza kuba yaramuhakaniye kuko yari amaze kwitandukanya na Joseph Kabila mu kwezi k’Ukwakira 2020.

Yagize ati “Perezida yansabye ubufasha kuko Igihugu cyari kiri mu bibazo. Iyo nza no kubyemera byari ukuba ari ugutabara abaturage. Yewe yananyingingiye Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, ariko naranze.”

Moïse Katumbi atangaje ibi nyuma y’iminsi micye yangiwe kwinjira mu Ntara ya Congo- Central, ndetse anagaragaye mu bikorwa byagiye bimugaragaza nk’utahawe agaciro.

Moïse Katumbi na Martin Fayulu, bombi bari mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo bakomeye, mu byumweru bibiri bishize, ubwo bari bagiye ku cyicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kugaragaza ibitekerezo byabo, bakagenda bagaragiwe n’ababashyigikiye benshi, bangiwe kwinjirana n’igihiriri cy’abari babaherecyeje, bituma na bwo havuka akaduruvayo.

Umwe mu bajyanama b’imena ba Moïse Katumbi aherutse gutabwa muri yombi mu cyumweru gishize, mu gihe muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hanakomeje kugaragara ibibazo biri mu miyoborere no mu zindi nzego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + twenty =

Previous Post

Inyungu z’uruganda imbere, ubuzima bw’abaturage inyuma…Ibi byo bizabazwa nde?

Next Post

Uwakoze amateka muri ruhago yasezeye burundu mu marira menshi

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakoze amateka muri ruhago yasezeye burundu mu marira menshi

Uwakoze amateka muri ruhago yasezeye burundu mu marira menshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.