Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye Minisitiri w’Intebe wafunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame yongeye guhamagazwa n’urukiko

radiotv10by radiotv10
29/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwabaye Minisitiri w’Intebe wafunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame yongeye guhamagazwa n’urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka umwe afunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika Paul Kagame, Dr Habumuremyi Pierre Damien wigeze kuba Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, yongeye guhamagazwa n’urukiko ku mpamvu zifitanye isano n’icyaha yari yarahamijwe.

Dr Pierre Damien wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda akanagira imyanya ikomeye mu buyobozi bukuru bw’Igihugu, yari yarakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya Miliyoni zigera muri 890 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwahamije uyu munyapolitiki icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, rwari rwanamusabye kwishyura imyenda abereyemo abantu zigera muri Miliyari 1,5 Frw.

Dr Pierre Damien watawe muri yombi tariki 03 Nyakanga 2020, yaje gufungurwa tariki 14 Ukwakira 2021 ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ndetse ageze hanze amushimira byimazeyo ku bw’izi mbabazi.

Dr Damien afungurwa, yasabwe kwishyura abo yari abereyemo imyenda yose ari na bo bari batumye afungwa barimo abo yigeze guha sheki zitazigamiye.

Amakuru ahari ubu, dukesha ikinyamakuru Igihe, avuga ko Dr Pierre Damien yongeye guhamagazwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kubera ikirego cyatanzwe n’umwe mu bo yagombaga kwishyura ariko ntamwishyure.

Uwagombaga kwishyurwa na Dr Damien miliyoni 3,2 Frw, yiyambaje ubutabera nyuma yuko yanze kumwishyura ndetse ntagaragaze n’ubushake bwo kuzamwishyura.

Uyu wiyambaje Urukiko, asaba ko yishyurwa amafaranga ye ndetse n’ay’ubukererwe n’inyungu zayo n’indishyi z’akababaro.

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwamaze kwakira ikirego cy’uyu wishyuza Dr Pierre Damien mu rubanza mbonezamubano, rwamaze no kugena itariki ruzaburanishirizwaho, aho ruzaburanishwa mu cyumweru gitaha, tariki 02 Ugushyingo 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + nineteen =

Previous Post

Gasabo: Hatahuwe uruganda rukora inzoga zitemewe zirimo ikinyabutabire kica

Next Post

Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

by radiotv10
30/12/2025
0

As 2025 comes to an end, many young people in Kigali are not talking about dramatic transformations or unrealistic resolutions....

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

IZIHERUKA

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma
AMAHANGA

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe

Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.