Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye muri Guverinoma agiye kugaragara mu kiganiro nkarishyabitekerezo kizaca kuri YouTube

radiotv10by radiotv10
24/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwabaye muri Guverinoma agiye kugaragara mu kiganiro nkarishyabitekerezo kizaca kuri YouTube
Share on FacebookShare on Twitter

Jeanine Munyeshuli wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, yararikiye abantu ikiganiro (Podcast) agiye kujya atambutsa kuri YouTube, kigamije gufasha abantu kwagura imitekerereze no gusangizanya ibitekerezo.

Iki kiganiro Jeanine Munyeshuli yahaye izina rya ‘Kitchen Summits’, yamaze gushyira hanze agace ko kurakirikira abantu kuzagikurikira.

Muri aka gace k’ubutumwa burarikira abantu kuzakurikira iki kiganiro, Munyeshuri yavuze ko kigamije kungurana ibitetekerezo hagati y’abantu, kwagura imitekerereze, ndetse no kwagura imikorere mu Isi yamaze kuba umudugudu.

Muri ubutumwa, Munyeshuli agaragaza ko mu buzima bwa muntu ahora yiga inyigisho ashobora gukura mu biganiro agirana n’abantu cyangwa mu byo abonera ahirengeye.

Avuga ko ibyo yagiye yigira mu buzima, azabisangiza abantu muri iki kiganiro cye ‘Kitchen Summits’ kizajya gitambuka n’ubundi kuri YouTube Channel yitiriye iki kiganiro.

Ati “Iyo ndi kumwe n’abantu tuganira ku ngingo zinyuranye, tugenda twunguka imyumvire mishya n’imitekerereze yagutse hamwe n’abantu nkunda kandi nishimira, nta ngingo duheeza ku meza y’ibiganiro. Yaba abo dusangira ikawa cyangwa ikindi icyo ari cyo cyose, buri kimwe kizaganirwago muri Kitchen Summits.

Nkunda gusangiza abantu ibiri kuba muri ubu buzima, uko inkuru z’abantu zagura ubuhanga bw’abantu, uko zigenda ziduhuza, n’uburyo zigenda zituma buri muntu yigira ku wundi. Nta nkuru n’imwe yaba nto ku buryo itagira icyo imarira umuntu.”

Jeanine Munyeshuli amaze umwaka yirukanywe muri Guverinoma y’u Rwanda, yakuwemo mu ntangiro za Kamena 2024, aho itangazo rimukura mu nshingano zo kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, ryasohotse tariki 03 Kamena 2024, ryavugaga ko Minisitiri w’Intebe “Yirukanye mu nshingano” uyu wari umaze umwaka muri Guverinoma.

Jeanine Munyeshuli wari winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda muri Kanama 2023, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubukungu n’ibarurishamibare yakuye mu Busuwisi.

Jeanine Munyeshuli yari yinjiye muri Guverinoma muri Kanama 2023
Asanzwe akunda gusoma ibitabo

Yararikiye abantu kuzakurikira Podcast ye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − sixteen =

Previous Post

Icyo Perezida Trump avuga ku gitero cya Iran cyari kigamije kwihorera kuri America

Next Post

Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

Related Posts

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

by radiotv10
08/08/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rufunze Prof. Omar Munyaneza utari uzuza ukwezi akuwe mu nshingano zo kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe
MU RWANDA

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

08/08/2025
Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.