Jeanine Munyeshuli wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, yararikiye abantu ikiganiro (Podcast) agiye kujya atambutsa kuri YouTube, kigamije gufasha abantu kwagura imitekerereze no gusangizanya ibitekerezo.
Iki kiganiro Jeanine Munyeshuli yahaye izina rya ‘Kitchen Summits’, yamaze gushyira hanze agace ko kurakirikira abantu kuzagikurikira.
Muri aka gace k’ubutumwa burarikira abantu kuzakurikira iki kiganiro, Munyeshuri yavuze ko kigamije kungurana ibitetekerezo hagati y’abantu, kwagura imitekerereze, ndetse no kwagura imikorere mu Isi yamaze kuba umudugudu.
Muri ubutumwa, Munyeshuli agaragaza ko mu buzima bwa muntu ahora yiga inyigisho ashobora gukura mu biganiro agirana n’abantu cyangwa mu byo abonera ahirengeye.
Avuga ko ibyo yagiye yigira mu buzima, azabisangiza abantu muri iki kiganiro cye ‘Kitchen Summits’ kizajya gitambuka n’ubundi kuri YouTube Channel yitiriye iki kiganiro.
Ati “Iyo ndi kumwe n’abantu tuganira ku ngingo zinyuranye, tugenda twunguka imyumvire mishya n’imitekerereze yagutse hamwe n’abantu nkunda kandi nishimira, nta ngingo duheeza ku meza y’ibiganiro. Yaba abo dusangira ikawa cyangwa ikindi icyo ari cyo cyose, buri kimwe kizaganirwago muri Kitchen Summits.
Nkunda gusangiza abantu ibiri kuba muri ubu buzima, uko inkuru z’abantu zagura ubuhanga bw’abantu, uko zigenda ziduhuza, n’uburyo zigenda zituma buri muntu yigira ku wundi. Nta nkuru n’imwe yaba nto ku buryo itagira icyo imarira umuntu.”
Jeanine Munyeshuli amaze umwaka yirukanywe muri Guverinoma y’u Rwanda, yakuwemo mu ntangiro za Kamena 2024, aho itangazo rimukura mu nshingano zo kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, ryasohotse tariki 03 Kamena 2024, ryavugaga ko Minisitiri w’Intebe “Yirukanye mu nshingano” uyu wari umaze umwaka muri Guverinoma.
Jeanine Munyeshuli wari winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda muri Kanama 2023, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubukungu n’ibarurishamibare yakuye mu Busuwisi.



RADIOTV10