Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Indirimbo zaririmbiwe Imana, Uwiringiyimana Theogene uzwi nka Theo Bosebabireba, yagaragaje intimba ubwo yavugaga ku mafoto aherutse gucicikana yasinziriye mu kabari bivugwa ko yari yaganjijwe n’inzoga, anasobanura intandaro y’ayo mafoto.

Uyu muhanzi uri mu bubatse izina cyane mu Rwanda mu bahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, mu minsi ishize hari amafoto amugaragaza yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yasinziriye mu kabari iruhande rwe hateretse icupa ry’inzoga.

Nyuma yuko hagiye hanze ayo mafoto, uyu muhanzi yashyize hanze amashusho asaba abantu kutayitaho, kuko kuyaha umwanya byaba ari ugupfusha ubusa umwanya wabo.

Ati “Kuva ku munsi ifoto yasohokeye kugera kuri uyu munsi, nta muntu urabinkubitira urushyi, nta n’urabintukira, ahubwo babimpera pole. Mbwire n’umuntu wabikoze ko yahombye.”

Avuga ko nubwo atazi intego y’uwakwirakwije ayo mafoto, ariko ko abashumba mu matorero anyuranye bakomeje kubimubwiraho.

Theo Bosebabireba avuga ko uwafashe ariya mafoto, yahengereye ubwo yafatwaga n’agatotsi avuye mu giterane yari yaririmbyemo, imvura ikagwa bakajya kugama muri kariya kabari yafotorewemo.

Avuga ko ikibabaje ari uko ibiterane ajyamo, aba ari no kwitanga kandi akagenda wenyine bityo ko iyo aza kuba ari kumwe n’undi muntu we wa hafi, atari gukorerwa biriya yakorewe.

Bosebabireba avuga ko uwabimukoreye n’uburozi yabumuha

Ageze kuri iyi ngingo y’umuntu wamufotoye, Theo Bosebabireba mu marira menshi, yagize ati “Umuntu wamfotoye yaza akaguca n’umutwe. Uriya muntu wamfotoye yaza akagusiga n’uburozi ku munwa usinziriye uri wenyine.”

Akomeza agira ati “Twugamye turi benshi, imvura ihise abantu barigendera. Wenda bafite n’ibindi, banagukuramo imyenda.”

Avuga ko icyatumye agatotsi kamwibira hariya bari bugamye, ari umunaniro yari afite, ati “Uzi ko igiterane nari mvuyemo nari naririmbye indirimbo zirenga 20, abantu bankomera bamvugiriza induru ngo kubita utababarira, ngo bukongera bugacya ariko ngiye ngenda njyenyine.”

Uyu muhanzi avuga ko uwakwirakwije ariya mafoto, byamuteye umutima mubi ku buryo agahinda byamuteye azakambukana no mu mwaka utaha wa 2023.

Uwamwifotorejeho ngo ni nyiri ako kabari
Yaturitse ararira

RADIOTV10

Comments 1

  1. Venant says:
    3 years ago

    NAHO warikuba unyoye inzonga Imana ntiyagushinja icaha , idini niryo ryagushinja icaha kuko idini ntituzi icaha icarico , ICO vitæ ingaruka y’icaha Nico idini yita icaha, hari icaha ni kameremuntu Nico caha , Theogene wibere amahoro

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Mu rubanza rwa Prince Kid abatangabuhamya bitabye Urukiko hanamenyekana n’itariki azasomerwaho

Next Post

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

Related Posts

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

IZIHERUKA

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?
IMIBEREHO MYIZA

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.