Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Indirimbo zaririmbiwe Imana, Uwiringiyimana Theogene uzwi nka Theo Bosebabireba, yagaragaje intimba ubwo yavugaga ku mafoto aherutse gucicikana yasinziriye mu kabari bivugwa ko yari yaganjijwe n’inzoga, anasobanura intandaro y’ayo mafoto.

Uyu muhanzi uri mu bubatse izina cyane mu Rwanda mu bahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, mu minsi ishize hari amafoto amugaragaza yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yasinziriye mu kabari iruhande rwe hateretse icupa ry’inzoga.

Nyuma yuko hagiye hanze ayo mafoto, uyu muhanzi yashyize hanze amashusho asaba abantu kutayitaho, kuko kuyaha umwanya byaba ari ugupfusha ubusa umwanya wabo.

Ati “Kuva ku munsi ifoto yasohokeye kugera kuri uyu munsi, nta muntu urabinkubitira urushyi, nta n’urabintukira, ahubwo babimpera pole. Mbwire n’umuntu wabikoze ko yahombye.”

Avuga ko nubwo atazi intego y’uwakwirakwije ayo mafoto, ariko ko abashumba mu matorero anyuranye bakomeje kubimubwiraho.

Theo Bosebabireba avuga ko uwafashe ariya mafoto, yahengereye ubwo yafatwaga n’agatotsi avuye mu giterane yari yaririmbyemo, imvura ikagwa bakajya kugama muri kariya kabari yafotorewemo.

Avuga ko ikibabaje ari uko ibiterane ajyamo, aba ari no kwitanga kandi akagenda wenyine bityo ko iyo aza kuba ari kumwe n’undi muntu we wa hafi, atari gukorerwa biriya yakorewe.

Bosebabireba avuga ko uwabimukoreye n’uburozi yabumuha

Ageze kuri iyi ngingo y’umuntu wamufotoye, Theo Bosebabireba mu marira menshi, yagize ati “Umuntu wamfotoye yaza akaguca n’umutwe. Uriya muntu wamfotoye yaza akagusiga n’uburozi ku munwa usinziriye uri wenyine.”

Akomeza agira ati “Twugamye turi benshi, imvura ihise abantu barigendera. Wenda bafite n’ibindi, banagukuramo imyenda.”

Avuga ko icyatumye agatotsi kamwibira hariya bari bugamye, ari umunaniro yari afite, ati “Uzi ko igiterane nari mvuyemo nari naririmbye indirimbo zirenga 20, abantu bankomera bamvugiriza induru ngo kubita utababarira, ngo bukongera bugacya ariko ngiye ngenda njyenyine.”

Uyu muhanzi avuga ko uwakwirakwije ariya mafoto, byamuteye umutima mubi ku buryo agahinda byamuteye azakambukana no mu mwaka utaha wa 2023.

Uwamwifotorejeho ngo ni nyiri ako kabari
Yaturitse ararira

RADIOTV10

Comments 1

  1. Venant says:
    3 years ago

    NAHO warikuba unyoye inzonga Imana ntiyagushinja icaha , idini niryo ryagushinja icaha kuko idini ntituzi icaha icarico , ICO vitæ ingaruka y’icaha Nico idini yita icaha, hari icaha ni kameremuntu Nico caha , Theogene wibere amahoro

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 10 =

Previous Post

Mu rubanza rwa Prince Kid abatangabuhamya bitabye Urukiko hanamenyekana n’itariki azasomerwaho

Next Post

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.