Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Indirimbo zaririmbiwe Imana, Uwiringiyimana Theogene uzwi nka Theo Bosebabireba, yagaragaje intimba ubwo yavugaga ku mafoto aherutse gucicikana yasinziriye mu kabari bivugwa ko yari yaganjijwe n’inzoga, anasobanura intandaro y’ayo mafoto.

Uyu muhanzi uri mu bubatse izina cyane mu Rwanda mu bahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, mu minsi ishize hari amafoto amugaragaza yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yasinziriye mu kabari iruhande rwe hateretse icupa ry’inzoga.

Nyuma yuko hagiye hanze ayo mafoto, uyu muhanzi yashyize hanze amashusho asaba abantu kutayitaho, kuko kuyaha umwanya byaba ari ugupfusha ubusa umwanya wabo.

Ati “Kuva ku munsi ifoto yasohokeye kugera kuri uyu munsi, nta muntu urabinkubitira urushyi, nta n’urabintukira, ahubwo babimpera pole. Mbwire n’umuntu wabikoze ko yahombye.”

Avuga ko nubwo atazi intego y’uwakwirakwije ayo mafoto, ariko ko abashumba mu matorero anyuranye bakomeje kubimubwiraho.

Theo Bosebabireba avuga ko uwafashe ariya mafoto, yahengereye ubwo yafatwaga n’agatotsi avuye mu giterane yari yaririmbyemo, imvura ikagwa bakajya kugama muri kariya kabari yafotorewemo.

Avuga ko ikibabaje ari uko ibiterane ajyamo, aba ari no kwitanga kandi akagenda wenyine bityo ko iyo aza kuba ari kumwe n’undi muntu we wa hafi, atari gukorerwa biriya yakorewe.

Bosebabireba avuga ko uwabimukoreye n’uburozi yabumuha

Ageze kuri iyi ngingo y’umuntu wamufotoye, Theo Bosebabireba mu marira menshi, yagize ati “Umuntu wamfotoye yaza akaguca n’umutwe. Uriya muntu wamfotoye yaza akagusiga n’uburozi ku munwa usinziriye uri wenyine.”

Akomeza agira ati “Twugamye turi benshi, imvura ihise abantu barigendera. Wenda bafite n’ibindi, banagukuramo imyenda.”

Avuga ko icyatumye agatotsi kamwibira hariya bari bugamye, ari umunaniro yari afite, ati “Uzi ko igiterane nari mvuyemo nari naririmbye indirimbo zirenga 20, abantu bankomera bamvugiriza induru ngo kubita utababarira, ngo bukongera bugacya ariko ngiye ngenda njyenyine.”

Uyu muhanzi avuga ko uwakwirakwije ariya mafoto, byamuteye umutima mubi ku buryo agahinda byamuteye azakambukana no mu mwaka utaha wa 2023.

Uwamwifotorejeho ngo ni nyiri ako kabari
Yaturitse ararira

RADIOTV10

Comments 1

  1. Venant says:
    3 years ago

    NAHO warikuba unyoye inzonga Imana ntiyagushinja icaha , idini niryo ryagushinja icaha kuko idini ntituzi icaha icarico , ICO vitæ ingaruka y’icaha Nico idini yita icaha, hari icaha ni kameremuntu Nico caha , Theogene wibere amahoro

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + ten =

Previous Post

Mu rubanza rwa Prince Kid abatangabuhamya bitabye Urukiko hanamenyekana n’itariki azasomerwaho

Next Post

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.