Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home UDUSHYA

Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in UDUSHYA, UDUSHYA
0
Uwafungiwe muri Gereza y’abagore bamwibeshyeho yatahuwe amaze gutereramo inda abagore babiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wihinduje imiterere akigira umukobwa, yakuwe igitaraganya muri Gereza y’i New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko bimenyekanye ko amaze gutereramo inda abagore babiri.

Uyu musore w’imyaka 27 y’amavuko witwa Demi Minor yari yafungiwe muri Gereza y’abagore izwi nka Edna Mahan Correctional Facility nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica uwari umubyeyi we.

Demi Minor wakatiwe gufungwa imyaka 30, yavanywe muri iyi Gereza ya Edna Mahan Correctional Facility ajyanwa mu kigo kigororerwamo urubyiruko kizwi nka Garden State Youth Correctional Facility mu kwezi gushize kwa Kamena.

Demi Minor wihinduyemo umukobwa, yamaganye iki gikorwa yakorewe cyo kujya kumufungira muri Gereza y’abagabo kandi ngo ari umugore.

Mu itangazo yashyize hanze rivuga ko yakorewe ihohoterwa, yagize ati “Nasabye abacungagereza kuncakira umucungagereza w’umugore ndetse no kumfungira muri Gereza y’abagore, ariko Liyetena yaranze ahubwo anyuka inabi.”

Iyi mfungwa ihakana ibyo kuba yarateye inda abagore babiri bari bafunganywe, akavuga ko ko ahubwo bishobora kuba byarakozwe n’abacungagereza.

Yagize ati “Umunsi umwe umucungagereza yarambajije niba ntarakoranye imibonano mpuzabitsina n’umugororwa, ndamubwira nti none se hano ntihabamo camera…buri wese hano ni umugabo ndetse na we.”

Yavuze ko nubwo yemeye gufungirwa muri Gereza y’abagabo, ati “ariko se no kwakira ko ntari umugore byo bizashoboka.”

Yakomeje agira ati “Bahonyoye uburenganzira bwanjye bwo kubaho ntekanye ndetse banankorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku kuba bamfungiye hamwe n’urubyiruko rw’abahungu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − ten =

Previous Post

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi ubu umurwanya amuvuzeho ibintu bikomeye

Next Post

Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?…Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa

Related Posts

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

by radiotv10
29/09/2025
0

Umukinnyi rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton ari mu gahinda kenshi ko gupfusha imbwa ye yari ifite...

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

by radiotv10
29/09/2025
0

Icyumweru cy’ibyishimo i Kigali mu Rwanda, ahari hamaze iminsi habera Shampiyona y’Isi y’Amagare yanyuze mu bice binyuranye by’uyu Murwa Mukuru...

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

by radiotv10
20/09/2025
0

Gen Z is known for being stylish, confident, and very active online. But one thing that never goes out of...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

by radiotv10
16/07/2025
0

“You’re so fat.”  “You’ve lost so much weight.” “You would have prettier if you changed a few things.” These are...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?…Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa

Ikilo cy’ubwenge cyangwa inusu y’amahirwe?...Yiganye na Visi Perezida ubu we ni kanyabunyobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.