Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 33 y’amavuko wakekwagaho kwica akubise ipiki Sibomana Emmanuel wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, na we yarashwe ahita apfa ubwo yageragezaga gucika inzego z’umutekano zari zimujyanye kwerekana ibyo yakoresheje muri ubu bugizi bwa nabi.

Uyu warashwe agahita apfa, ni Kabera Samuel w’imyaka 33 y’amavuko, warashwe ubwo yari ajyanywe na Polisi kugira ngo yerekane aho yahishe ibikoresho yakoresheje mu kwica Sibomama Emmanuel w’imyaka 57 wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Amakuru y’iraswa rya Kabera Samuel, tuyakesha ikinyamakuru Kigali Today nk’uko cyabitangaje mu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

Nyakwigendera Sibomana Emmanuel yishwe mu ijoro ryo ku wa 13 Ukuboza 2023 ubwo yari atashye iwe mu Mudugudu wa Abakina, Akagari ka Ruhumbi, Umurenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Uyu Kabera Samuel wakekwagaho kwica nyakwigendera Sibomana Emmanuel wari warakotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yari afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gishari, ubwo hari hagikomeje iperereza, ndetse akaba yarashwe agiye kwerekana ibikoresho yakoresheje muri ubu bugizi bwa nabi, mu rwego rw’iperereza.

Ikibazo cy’abakomeje guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kimaze iminsi kivugwa mu bice bitandukanye by’Igihugu, aho mu mezi ane ashize, hamaze kwicwa abagera muri batandatu.

Uretse uyu Sibomama Emmanuel wari utuye mu Ntara y’Iburasirazuba, mu kwezi gushize, na bwo muri iyi Ntara hishwe Pauline Nduwamungu na we wari warakotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yiciwe iwe mu Mudugudu wa Akabungo mu Kagari ka Rubago mu Murenge wa Rukumberi, uwabikoze akamuca umutwe, igihimba akagishyira mu kimoteri cyo mu rugo iwe, umutwe ukaza kuboneka mu bwiherero aho wari wajugunywe.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yatanze tariki 12 Ukuboza 2024 ubwo yakiraga indahiro za Perezida na Visi Perezida b’Urukiko rw’Ikirenga, yagarutse kuri iki kibazo, avuga ko ibi bigomba guhagarara, kandi ubutabera n’amategeko, bigakemura iki kibazo, bitaba ibyo hagakoreshwa ibindi.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Kuba uyu munsi hagishobora kuboneka abantu bafite ibitekerezo byo kudusubiza aho, icyo gihe amategeko, ubutabera bugomba gukoreshwa, nibudakoreshwa n’ibindi bizakoreshwa. Ibyo bigomba guhagarara. Kwica abantu n’ubundi babuze ubutabera n’ubundi mu gihe cyose barabuze n’ubuzima, hakabaho na Politiki yaganisha ahongabo, ishaka kugirira nabi abantu barokotse bakabasanga mu ngo zabo bakabica, amategeko agomba gukora, nadakora hazakora ibindi. Ibyo kandi ndabyatuye ndabibabwiye, buri wese anyumve. Bigomba guhagarara.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 4 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

Next Post

Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

Related Posts

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial
MU RWANDA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.