Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari Lieutenant Colonel mu ngabo zakoze Jenoside wanayihamijwe yapfiriye mu Gihugu yari yarirukanywemo

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in MU RWANDA
0
Uwari Lieutenant Colonel mu ngabo zakoze Jenoside wanayihamijwe yapfiriye mu Gihugu yari yarirukanywemo
Share on FacebookShare on Twitter

Anatole Nsengiyumva wari ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu ngabo z’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba yari yaranayihamijwe, yapfiriye muri Niger, aho yajyanywe na bagenzi be ariko iki Gihugu kikabirukana, bakaba barabuze Igihugu kibakira.

Amakuru y’urupfu rwa Anatole Nsengiyumva yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, aho yaguye muri Niger.

Amakuru avuga kandi ko uyu mugabo wagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko ari umwe mu bacuramugambi bayo, yapfuye azize uburwayi.

Ni umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe n’Urukukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda (TPIR/ICTR) bakaza koherezwa muri Niger, ariko iki Gihugu kikaza gufata icyemezo cyo kubirukana, ubu bakaba batarabona ikibakira.

Anatole Nsengiyumva wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, yakoreye mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi na Kibuye, yanigeze gukatirwa gufungwa burundu n’uru rukiko mu mpera za 2008.

Yahamijwe gukora Jenoside, aho yateguye umugambi wo kwica Abatutsi mu bice bitandukanye, birimo mu Mujyi wa Gisenyi, muri Kaminuza ya Mudende, no kwica Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi ya Nyundo.

Ibi bikorwa byose yabikoraga nk’umusirikare wari ukomeye, ndetse akaba yari umuyobozi ukuriye abasirikare mu cyahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

S.Africa: Hatangajwe imibare mishya y’ingaruka z’ibyago byatewe n’ibyabaye ku nyubako yubakwaga

Next Post

Nyuma y’uko M23 itegujwe kugabwaho ibitero simusiga haravugwa amakuru mashya y’imirwano

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

IZIHERUKA

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging
IMYIDAGADURO

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko M23 itegujwe kugabwaho ibitero simusiga haravugwa amakuru mashya y’imirwano

Nyuma y’uko M23 itegujwe kugabwaho ibitero simusiga haravugwa amakuru mashya y’imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.