Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye
Share on FacebookShare on Twitter

Nikki Haley wari uhanganye na Donald Trump mu matora y’ibanze y’uzahagararira Abarepubulikani mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yakuyemo ake karenge, asiga asabye abarwanashyaka gushyigikira uyu munyapolitiki wifuza gusubira muri ‘White House’.

Nikki Haley wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Carolina y’Epfo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje iki cyemezo cyo kuva muri aya matora y’ibanze, kuri uyu wa Gatatu.

Yagize ati “Iki ni cyo gihe cyo guhagarika ubukangurambaga bwanjye. Narabivuze kenshi ko Abanyamerika bagomba gukora ibishoboka kugira ngo amajwi yabo yumvikane. Ni byo nakoze. Ndetse nta nubwo mbyicuza.”

Yakomeje avuga ko uku kwemera guhangana na Trump nubwo na we yari amushyigikiye, atari aje gukina, ahubwo ko yagombaga na we kugaragaza ibitekerezo bye.

Ati “Iteka nzakomeza kuba Umurepubulikani, kandi nzahora nshyigikira Umukandida, ariko kuri iyi ngingo, nk’uko Margaret Thatcher yaduhaye inama ubwo yagiraga ati ‘ntukagendere mu gihiriri. Iteka ujye ushaka kuzamura n’ibitekerezo byawe’.”

Yakomeje agira ati “Ubu ni cyo gihe ngo Donald Trump yegukane intsinzi, yaba ari iy’abari mu ishyaka ryacu ndetse n’abandi bose batigeze bamushyigikira. Kandi ndizera ko azabigeraho.”

Uyu munyapolitiki wanabaye Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye ku butegetsi bwa Trump, yavuze ko Trump naramuka atorewe kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, ari we iki Gihugu cyitezeho kongera kugarura ubushongore n’ubukaka byacyo, ngo bikomeje guhungabana.

Nikki Haley yahigamiye Trump
Yasabye abari bamushyigikiye kujya inyuma ya Trump

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − five =

Previous Post

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

Next Post

Senegal: Hamenyekanye amakuru yari ategerejwe ku Matora ya Perezida nyuma ya bombori bombori

Related Posts

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Hamenyekanye amakuru yari ategerejwe ku Matora ya Perezida nyuma ya bombori bombori

Senegal: Hamenyekanye amakuru yari ategerejwe ku Matora ya Perezida nyuma ya bombori bombori

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.