• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye
Share on FacebookShare on Twitter

Nikki Haley wari uhanganye na Donald Trump mu matora y’ibanze y’uzahagararira Abarepubulikani mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yakuyemo ake karenge, asiga asabye abarwanashyaka gushyigikira uyu munyapolitiki wifuza gusubira muri ‘White House’.

Nikki Haley wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Carolina y’Epfo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje iki cyemezo cyo kuva muri aya matora y’ibanze, kuri uyu wa Gatatu.

Yagize ati “Iki ni cyo gihe cyo guhagarika ubukangurambaga bwanjye. Narabivuze kenshi ko Abanyamerika bagomba gukora ibishoboka kugira ngo amajwi yabo yumvikane. Ni byo nakoze. Ndetse nta nubwo mbyicuza.”

Yakomeje avuga ko uku kwemera guhangana na Trump nubwo na we yari amushyigikiye, atari aje gukina, ahubwo ko yagombaga na we kugaragaza ibitekerezo bye.

Ati “Iteka nzakomeza kuba Umurepubulikani, kandi nzahora nshyigikira Umukandida, ariko kuri iyi ngingo, nk’uko Margaret Thatcher yaduhaye inama ubwo yagiraga ati ‘ntukagendere mu gihiriri. Iteka ujye ushaka kuzamura n’ibitekerezo byawe’.”

Yakomeje agira ati “Ubu ni cyo gihe ngo Donald Trump yegukane intsinzi, yaba ari iy’abari mu ishyaka ryacu ndetse n’abandi bose batigeze bamushyigikira. Kandi ndizera ko azabigeraho.”

Uyu munyapolitiki wanabaye Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye ku butegetsi bwa Trump, yavuze ko Trump naramuka atorewe kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, ari we iki Gihugu cyitezeho kongera kugarura ubushongore n’ubukaka byacyo, ngo bikomeje guhungabana.

Nikki Haley yahigamiye Trump
Yasabye abari bamushyigikiye kujya inyuma ya Trump

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 11 =

Previous Post

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

Next Post

Senegal: Hamenyekanye amakuru yari ategerejwe ku Matora ya Perezida nyuma ya bombori bombori

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Senegal: Hamenyekanye amakuru yari ategerejwe ku Matora ya Perezida nyuma ya bombori bombori

Senegal: Hamenyekanye amakuru yari ategerejwe ku Matora ya Perezida nyuma ya bombori bombori

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.