Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwasifuye Shampiyona ikomeye ku isi yahishuye ko kwitwa umutinganyi biri mu byatumye ahunga Misiri

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwasifuye Shampiyona ikomeye ku isi yahishuye ko kwitwa umutinganyi biri mu byatumye ahunga Misiri
Share on FacebookShare on Twitter

Mark Clattenburg wahoze ari umusifuzi muri shampiyona y’u Bwongereza (English Premier League Mark) yavuze ko bimwe mu byatumye ahunga Igihugu cya Misiri yari yarahawemo akazi, harimo amagambo akomeretsa yabwiwe arimo no kwitwa umutinganyi.

Uyu Mwongereza w’imyaka 47, yari amaze iminsi yakira ubutumwa bw’amagambo asesereza, arimo ayo yabwiwe na Perezida w’ikipe ya Zamalek, Mortada Mansour.

Uyu Mortada Mansour yakunze kwibasira Clattenburg amushinja kuba abasifuzi aha inshingano basifurira nabi ikipe ye ya Zamalek bakayiba.

Uyu wabaye umusifuzi mpuzamahanga, avuga ko mu magambo mabi yabwiwe n’uyu muyobozi w’ikipe ya Zamalek harimo kuba yaragaruka ku gutandukana n’umugore we akayoboka inzira y’ubutinganyi.

Clattenburg yafashe icyemezo cyo kuva byihuse mu Misiri ku bw’impamvu z’umutekano we dore ko n’abafana ba Zamalek batari bamworoheye, bigatuma agira impungenge ku mutekano we yabonaga ugeramiwe.

Hari n’abavuga ko mu byatumye Clattenburg ava mu Misiri, harimo no kuba atarabashije kuzamura urwego rw’imisifurire muri iki Gihugu yari ikomeje kugaragaramo ibibazo.

Avugwaho kandi kuba abasifuzi yahaga inshingano zo gusifura imwe mu mikino ya shampiyona, hari abayobozi babyivangagamo bakabihindura.

Ikindi kivugwa ni ukuba Clattenburg wari warahawe akazi n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru wa Misiri ku mushahara w’ibihumbi 32€, yari amaze amezi abiri adahembwa.

Clattenburg wahagaritse gusifura imikino ya Premier league muri 2017 nyuma y’imyaka 13, yabaye umusifuzi mpuzamahanga wa FIFA. Umwe mu mikino ikomeye yayoboye harimo uwa nyuma wa Euro ya 2016 yatwawe na Portugal ya Cristiano Ronaldo.

Faustin MUGENZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 8 =

Previous Post

Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

Next Post

Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.