Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwasifuye Shampiyona ikomeye ku isi yahishuye ko kwitwa umutinganyi biri mu byatumye ahunga Misiri

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwasifuye Shampiyona ikomeye ku isi yahishuye ko kwitwa umutinganyi biri mu byatumye ahunga Misiri
Share on FacebookShare on Twitter

Mark Clattenburg wahoze ari umusifuzi muri shampiyona y’u Bwongereza (English Premier League Mark) yavuze ko bimwe mu byatumye ahunga Igihugu cya Misiri yari yarahawemo akazi, harimo amagambo akomeretsa yabwiwe arimo no kwitwa umutinganyi.

Uyu Mwongereza w’imyaka 47, yari amaze iminsi yakira ubutumwa bw’amagambo asesereza, arimo ayo yabwiwe na Perezida w’ikipe ya Zamalek, Mortada Mansour.

Uyu Mortada Mansour yakunze kwibasira Clattenburg amushinja kuba abasifuzi aha inshingano basifurira nabi ikipe ye ya Zamalek bakayiba.

Uyu wabaye umusifuzi mpuzamahanga, avuga ko mu magambo mabi yabwiwe n’uyu muyobozi w’ikipe ya Zamalek harimo kuba yaragaruka ku gutandukana n’umugore we akayoboka inzira y’ubutinganyi.

Clattenburg yafashe icyemezo cyo kuva byihuse mu Misiri ku bw’impamvu z’umutekano we dore ko n’abafana ba Zamalek batari bamworoheye, bigatuma agira impungenge ku mutekano we yabonaga ugeramiwe.

Hari n’abavuga ko mu byatumye Clattenburg ava mu Misiri, harimo no kuba atarabashije kuzamura urwego rw’imisifurire muri iki Gihugu yari ikomeje kugaragaramo ibibazo.

Avugwaho kandi kuba abasifuzi yahaga inshingano zo gusifura imwe mu mikino ya shampiyona, hari abayobozi babyivangagamo bakabihindura.

Ikindi kivugwa ni ukuba Clattenburg wari warahawe akazi n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru wa Misiri ku mushahara w’ibihumbi 32€, yari amaze amezi abiri adahembwa.

Clattenburg wahagaritse gusifura imikino ya Premier league muri 2017 nyuma y’imyaka 13, yabaye umusifuzi mpuzamahanga wa FIFA. Umwe mu mikino ikomeye yayoboye harimo uwa nyuma wa Euro ya 2016 yatwawe na Portugal ya Cristiano Ronaldo.

Faustin MUGENZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 15 =

Previous Post

Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

Next Post

Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.