Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda yahamijwe ibiganisha ku gusambanya ku gahato umukozi wo mu rugo

radiotv10by radiotv10
02/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda yahamijwe ibiganisha ku gusambanya ku gahato umukozi wo mu rugo
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Christopher Kayumba wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, wari wagizwe umwere ku byaha birimo ubwinjiracyaha mu cyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato uwari umukozi we wo mu rugo, ubu yagihamijwe akatirwa igifungo cy’imyaka ibiri isubitse.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru rwaburanishije ubujurire bw’Ubushinjacyaha butari bwanyuzwe n’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwagize umwere Dr Kayumba.

Urukiko Rukuru nyuma yo kumva ubujurire bw’Ubushinjacyaha n’impamvu zabwo ndetse n’ibyatangajwe mu maburanisha, rwanzuye ko Kayumba Christopher, ahamwa n’icyaha cy’ubwinjiracyaha mu cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Ni icyaha yakoreye uwari umukozi we wo mu rugo, aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko yagikoze mu bihe bitandukanye.

Uru rukiko kandi rwahanaguyeho Dr Kayumba icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umuntu ufite imyaka 18 ndetse n’icy’ubwinjiracyaha muri iki cyaha, yakekwagaho gukorera uwari umunyeshuri we muri Kaminuza y’u Rwanda.

Urukiko Rukuru rwategetse ko Dr Kayumba ahanishwa igifungo cy’imyaka ibiri isubitse mu gihe cy’umwaka, ndetse no gutanga ihazabu y’ibihumbi 250 Frw.

Uyu mugabo wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaza guhagarikwa, yari yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge muri Gashyantare uyu mwaka.

Dr Kayumba mu miburanire ye, yakunze guhakana ibyaha yashinjwaga, avuga ko bitabayeho ahubwo ko bigamije kumucecekesha ngo kuko yari amaze kwinjira muri Politiki kandi ngo avuga ibitagenda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ayinyaaaaaa says:
    2 years ago

    Welcome in politics Dor.kayumba

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + seventeen =

Previous Post

Menya ubwoko bw’indwara yandurira mu mibinano bwasanganywe Abanyarwanda benshi kurusha ubundi

Next Post

Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.