Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda yahamijwe ibiganisha ku gusambanya ku gahato umukozi wo mu rugo

radiotv10by radiotv10
02/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda yahamijwe ibiganisha ku gusambanya ku gahato umukozi wo mu rugo
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Christopher Kayumba wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, wari wagizwe umwere ku byaha birimo ubwinjiracyaha mu cyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato uwari umukozi we wo mu rugo, ubu yagihamijwe akatirwa igifungo cy’imyaka ibiri isubitse.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru rwaburanishije ubujurire bw’Ubushinjacyaha butari bwanyuzwe n’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwagize umwere Dr Kayumba.

Urukiko Rukuru nyuma yo kumva ubujurire bw’Ubushinjacyaha n’impamvu zabwo ndetse n’ibyatangajwe mu maburanisha, rwanzuye ko Kayumba Christopher, ahamwa n’icyaha cy’ubwinjiracyaha mu cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Ni icyaha yakoreye uwari umukozi we wo mu rugo, aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko yagikoze mu bihe bitandukanye.

Uru rukiko kandi rwahanaguyeho Dr Kayumba icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umuntu ufite imyaka 18 ndetse n’icy’ubwinjiracyaha muri iki cyaha, yakekwagaho gukorera uwari umunyeshuri we muri Kaminuza y’u Rwanda.

Urukiko Rukuru rwategetse ko Dr Kayumba ahanishwa igifungo cy’imyaka ibiri isubitse mu gihe cy’umwaka, ndetse no gutanga ihazabu y’ibihumbi 250 Frw.

Uyu mugabo wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaza guhagarikwa, yari yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge muri Gashyantare uyu mwaka.

Dr Kayumba mu miburanire ye, yakunze guhakana ibyaha yashinjwaga, avuga ko bitabayeho ahubwo ko bigamije kumucecekesha ngo kuko yari amaze kwinjira muri Politiki kandi ngo avuga ibitagenda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ayinyaaaaaa says:
    2 years ago

    Welcome in politics Dor.kayumba

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + six =

Previous Post

Menya ubwoko bw’indwara yandurira mu mibinano bwasanganywe Abanyarwanda benshi kurusha ubundi

Next Post

Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.