Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Uwimana Soulaiman Emmanuel uheruka gutandukana na AS Muhanga yafashe umwanzuro wo kujya mu cyiciro cya kabiri

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in SIPORO
0
Uwimana Soulaiman Emmanuel uheruka gutandukana na AS Muhanga yafashe umwanzuro wo kujya mu cyiciro cya kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Uwimana Soulaiman Emmanuel “Nsoro Tiote” wakiniye amakipe atandukanye arimo AS Kigali, Etincelles FC na Musanze FC yafashe umwanzuro wo kujya muri Rwamagana City iri mu cyiciro cya kabiri cy’amarushanwa y’umupira w’amaguru mu Rwanda asinyayo amasezerano y’umwaka umwe.

Uwimana wari usoje umwaka umwe muri AS Muhanga yanamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri, yanyuze ku rukuta rwe rwa Facebook avuga ko afashe umwanzuro wo kujya mu ikipe iri mu karere ka Rwamagana, akarere avukamo muri gahunda yo kwegera umuryango we (umugore n’umwana) ndetse no kugerageza kureba ko yakora amateka agafatanya na bagenzi be bakayizamura mu cyiciro cya mbere.

Uwimana Emmanuel watangiriye umupira w’amaguru muri Centre Sportif de Rwamagana, yaje kubengukwa n’abatoza ba Academy ya FERWAFA (Isonga FC) muri 2009 amaramo imyaka itatu (3). Muri 2012 yaje gushimwa na Kayiranga Baptiste amujyana muri Kiyovu Sport akinamo igice cya kabiri cya shampiyona y’umwaka w’imikino 2012-2013.

May be an image of 2 people, people playing football, people standing and grass

Uwimana Soulaiman Nsoro Tiote (Iburyo) ubwo AS Muhanga yahuraga na Rayon Sports…ahanganye na Habimana Hussein (20) 

Shampiyona 2012-2013 irangiye yahise anyarukira muri AS Kigali ubwo yari igitozwa na Cassa Mbungo Andre. Uyu musore yaje kugenda agira ibibazo by’imvune zikomeye bigera n’aho ajya kubagwa. Nyuma yaje gutizwa muri Etincelles FC mbere yo kugarurwa muri AS Kigali hagati muri shampiyona 2015-2016 mbere yo kujya muri Espoir FC kuko imyaka ine yari afitanye na AS Kigali yari irangiye.

Nyuma yo kuva muri AS Kigali, Uwimana yahise agana muri Espoir FC mu 2017 asinyayo amasezerano y’umwaka umwe (2017-2018). Nyuma asoje nibwo yahise ajya muri Sunrise FC asinya imyaka ibiri. Gusa ntabwo iyo myaka yayimaze muri Sunrise FC kuko yahamaze umwe (2018-2019) undi wa 2019-2020 awukina muri FC Musanze.

Nyuma yo gusoza 2019-2020 muri FC Musanze, Uwimana yahise akina umwaka w’imikino 2020-2021 muri AS Muhanga, ikipe avuyemo agana muri Rwamagana City.

May be an image of 4 people, people playing football, people standing and grass

Uwimana Soulaiman Nsoro Tiote (Imbere) ubwo yari muri AS Muhanga mu mwaka w’imikino 2020-2021

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 6 =

Previous Post

10 SPORTS: Habib Beye na Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

Next Post

Isukari idasanzwe yatumye Mulutin ’Micho’ Sredojevic watoje Amavubi akatiwe imyaka 5

Related Posts

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isukari idasanzwe yatumye Mulutin ’Micho’ Sredojevic watoje Amavubi akatiwe imyaka 5

Isukari idasanzwe yatumye Mulutin ’Micho’ Sredojevic watoje Amavubi akatiwe imyaka 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.