Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Uwimana Soulaiman Emmanuel uheruka gutandukana na AS Muhanga yafashe umwanzuro wo kujya mu cyiciro cya kabiri

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in SIPORO
0
Uwimana Soulaiman Emmanuel uheruka gutandukana na AS Muhanga yafashe umwanzuro wo kujya mu cyiciro cya kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Uwimana Soulaiman Emmanuel “Nsoro Tiote” wakiniye amakipe atandukanye arimo AS Kigali, Etincelles FC na Musanze FC yafashe umwanzuro wo kujya muri Rwamagana City iri mu cyiciro cya kabiri cy’amarushanwa y’umupira w’amaguru mu Rwanda asinyayo amasezerano y’umwaka umwe.

Uwimana wari usoje umwaka umwe muri AS Muhanga yanamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri, yanyuze ku rukuta rwe rwa Facebook avuga ko afashe umwanzuro wo kujya mu ikipe iri mu karere ka Rwamagana, akarere avukamo muri gahunda yo kwegera umuryango we (umugore n’umwana) ndetse no kugerageza kureba ko yakora amateka agafatanya na bagenzi be bakayizamura mu cyiciro cya mbere.

Uwimana Emmanuel watangiriye umupira w’amaguru muri Centre Sportif de Rwamagana, yaje kubengukwa n’abatoza ba Academy ya FERWAFA (Isonga FC) muri 2009 amaramo imyaka itatu (3). Muri 2012 yaje gushimwa na Kayiranga Baptiste amujyana muri Kiyovu Sport akinamo igice cya kabiri cya shampiyona y’umwaka w’imikino 2012-2013.

May be an image of 2 people, people playing football, people standing and grass

Uwimana Soulaiman Nsoro Tiote (Iburyo) ubwo AS Muhanga yahuraga na Rayon Sports…ahanganye na Habimana Hussein (20) 

Shampiyona 2012-2013 irangiye yahise anyarukira muri AS Kigali ubwo yari igitozwa na Cassa Mbungo Andre. Uyu musore yaje kugenda agira ibibazo by’imvune zikomeye bigera n’aho ajya kubagwa. Nyuma yaje gutizwa muri Etincelles FC mbere yo kugarurwa muri AS Kigali hagati muri shampiyona 2015-2016 mbere yo kujya muri Espoir FC kuko imyaka ine yari afitanye na AS Kigali yari irangiye.

Nyuma yo kuva muri AS Kigali, Uwimana yahise agana muri Espoir FC mu 2017 asinyayo amasezerano y’umwaka umwe (2017-2018). Nyuma asoje nibwo yahise ajya muri Sunrise FC asinya imyaka ibiri. Gusa ntabwo iyo myaka yayimaze muri Sunrise FC kuko yahamaze umwe (2018-2019) undi wa 2019-2020 awukina muri FC Musanze.

Nyuma yo gusoza 2019-2020 muri FC Musanze, Uwimana yahise akina umwaka w’imikino 2020-2021 muri AS Muhanga, ikipe avuyemo agana muri Rwamagana City.

May be an image of 4 people, people playing football, people standing and grass

Uwimana Soulaiman Nsoro Tiote (Imbere) ubwo yari muri AS Muhanga mu mwaka w’imikino 2020-2021

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

10 SPORTS: Habib Beye na Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

Next Post

Isukari idasanzwe yatumye Mulutin ’Micho’ Sredojevic watoje Amavubi akatiwe imyaka 5

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isukari idasanzwe yatumye Mulutin ’Micho’ Sredojevic watoje Amavubi akatiwe imyaka 5

Isukari idasanzwe yatumye Mulutin ’Micho’ Sredojevic watoje Amavubi akatiwe imyaka 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.