Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwitabiriye Miss Rwanda wamaze kwinjira mu masiganwa y’imodoka ari mu byishimo

radiotv10by radiotv10
01/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwitabiriye Miss Rwanda wamaze kwinjira mu masiganwa y’imodoka ari mu byishimo
Share on FacebookShare on Twitter

Queen Kalimpinya wabaye igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017, ubu akaba yarinjiye mu marushanwa yo gusiganwa ku modoka, ari mu byishimo nyuma yo kwinjira mu mikorenire yo kwamamaza ibikorwa bya kompanyi icuruza imodoka.

Kompanyi ya Caracarbaba isanzwe icuruza imodoma zirimo n’izikoresha amashanyarazi, yatangaje ko yamaze gushyiraho “Umuvugizi wamamaza ibikorwa, akaba umunyarwandakazi wa mbere utwara imodoka mu marushanwa yo gusiganwa, Queen Kalimpinya.”

Iyi kompanyi yakomeje ivuga ko uyu Munyarwandakazi w’imyaka 26 y’amavuko, ari we gitsinagore wenyine w’umushoferi mu marushanwa ya rally kuva mu 2022.

Iti “Kumugira umuvugizi wa mbere wamamaza ibikorwa bya CARCARBABA, bishingiye ku muhate wa Kalimpinya ari na wo wa CARCARBABA.”

Muri iyi mikoranire, Miss Kalimpinya azajya yamamaza imodoka zicuruzwa n’iyi kompanyi ari zo Dongfeng HUGE ndetse na T5 HEV.

Miss Kalimpinya na we yahise agira icyo avuga kuri iyi mikoranire ye n’iyi kompanyi, yayishimiye kuba yamuhisemo kugira ngo bakorane.

Yagize ati “Mwakoze Caracarbaba kuba mwampisembo nka brand ambassador! Mfite umuhate kandi nishimiye kuzabahagararira neza ku bw’imodoka za DongFeng.”

Iyi kompanyi kandi iherutse gutangaza ko Mukansanga Rhadia Salma, usanzwe ari umusifuzikazi mpuzamahanga, yayiguriye imodoka yo mu bwoko bwa Dongfeng HUGE ikoresha lisanzi n’amashanyarazi icyarimwe [Hybrid].

Miss Kalimpinya yagizwe Brand Ambassador wa kompanyi icuruza imodoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Menya igipimo gishimishije ubukungu bw’u Rwanda bwagiye buzamukaho buri mwaka kuva mu 1994

Next Post

Iburengerazuba: Umuhanda Ngororero- Muhanga ubu nturi nyabagendwa

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye
AMAHANGA

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburengerazuba: Umuhanda Ngororero- Muhanga ubu nturi nyabagendwa

Iburengerazuba: Umuhanda Ngororero- Muhanga ubu nturi nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.