Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

V/Mayor waringanye Umunyamakuru: Ati “Nta gisubizo nari mfite”, Meya ati “Ni ikosa ry’akazi”

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA
2
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

Yabanje aramwumva arangije aramuringana

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yagize icyo avuga ku mashusho agaraza Umwungirije aringana umunyamakuru wamubajije ikibazo aho kumusubiza akicecekera ndetse agahita yigendera, mu gihe nyiri kubikora we yavuze ko yabajijwe ikibazo atari afitiye igisubizo.

Aya mashusho yasakaye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022, agaragaza Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Kamanzi Axelle ari kubazwa n’itangazamakuru atunzwe microphones zirimo iy’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Muri iki kiganiro yariho agirana n’Itangazamakuru, Umunyamakuru umwe amubaza ikibazo cyerekeye bamwe mu Banyarwanda bo mu Cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Shingiro bubakiwe inzu ariko zigatangira kwangirika zitarazuza n’umwuka.

Umunyamakuru agira ati “murabafasha iki ngo bongere bayasubiremo ko bari bayishimiye?”, uyu muyobozi aho kumusubiza agakomeza kwirebera nk’utigeze yumva ikibazo, umunyamakuru akonera akamusubiriramo, umuyobozi akongera akaruca akarumira, ari nab wo ahita amushimira, undi agahita ahindukirana imbaraga akigendera.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yavuze ko iyi myitwari y’umwungirije bayifata nk’ikosa ry’akazi kuko ngo byaba kuri buri wese.

Yagize ati “Turabifata nk’ikosa umuntu ashobora gukora mu kazi wenda atafashe n’umwanya wo kuyitekerezaho, bishobora gushyikira uwo ari we wese.”

Ramuli yavuze ko nk’ubuyobozi bw’Akarere icyo bashobora gukora ari ukuganiriza uyu mugenzi wabo kugira ngo atazasubira.

Ati “Wenda hakaza n’ubujyanama ku byakurikira atari byo byari bikwiriye muri icyo gihe, itagakwiye no kuba yakongera.”

Gusa bamwe mu batanze ibitekerezo ku nkuru yanditswe na RADIOTV10 kuri uyu Mbere, bakomeje kuvuga ko umuyobozi nk’uyu usuzugura itangazamakuru anirebera ko hari Camera, bigaragaza ibyo akorera abaturage basanzwe.

Hakaba hari n’amakuru avuga ko uyu muyobozi na we ubwe wigeze kuba Umunyamakuru atari ubwa mbere aringanye itangazamakuru muri ubu buryo.

Yahise ahindukira arigendera

 

“Yambajije ikibazo ntafitiye igisubizo mpitamo guceceka”

Uyu muyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Axelle Kamanzi, yavuze ko kiriya kibazo cy’umunyamakuru yanze gusubiza, yakibajijwe nyuma y’ibindi byinshi yari amaze kubazwa birimo iby’inda ziterwa abangavu ndetse n’ibindi bijyanye n’imibereho y’abaturage.

Ngo ubwo yariho atekereza kuri ibyo bibazo yari amaze kubazwa no gusubiza, nib wo yabajijwe iki cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Shingiro, ako kanya igisubizo cyacyo nticyahita kiza.

Yagize ati “Ako kanya nari ndi gutekereza ku bibazo by’igwingira, inda ziterwa abangavu n’ibindi. Mu by’ukuri sinahise ntekereza kuri icyo […] Yambajije ikibazo ntafitiye igisubizo mpitamo guceceka kugira ngo ntekereze ku byo nza kumusubiza.”

Gusa muri ayo mashusho, uyu muyobozi agaragara nyuma yo kwanga gusubiza Umunyamakuru, ahita ahindukirana ibakwe agahita agenda.

Bame mu bakora umwuga w’itangazamakuru, bagaragaje ko imyitwarire y’uyu muyobozi ari kimwe mu bihamya ko abakora uyu mwuga badahabwa agaciro bakwiye ndetse bakavuga ko bishimangira ikibazo kiri mu burenganzira bwo guhabwa amakuru.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Hagenimana says:
    4 years ago

    Tekereza nawe ukoreye ibyo umunyamakuru umuturage niwe yatega amatwi uvuye iyo mucyaro

    Reply
    • BAVUGUKULI JEAN ERIC says:
      4 years ago

      Nawe nubona inshingano zisaba kubazwa amaraporo menshi uzaba ubimenya

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − seven =

Previous Post

Rwanda& DRCongo: Ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byatangiye

Next Post

Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Abanyarwanda ntibakibonye Sadio Mane, bitunguranye  umukino w’u Rwanda Vs Senegal wajyanywe ahandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.