Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

VOLLEYBALL: Gisagara VC na RRA nizo zatwaye igikombe cyo kwibuka

radiotv10by radiotv10
28/06/2021
in SIPORO
0
VOLLEYBALL: Gisagara VC na RRA nizo zatwaye igikombe cyo kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Gisagara Volleyball Club yatwaye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya 27 abari abanyamuryango ba Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Gisagara VC yatwaye igikombe mu cyiciro cy’abagabo mu gihe RRA yatwaye iki gikombe mu cyiciro cy’abagore.

Gisagara Volleyball yatwaye igikombe itsinze REG VC amaseti 3-1. Gisagara VC yari yageze ku mukino wa nyuma ibanje gutsinda UTB VC amaseti 3-2 muri ½ cy’irangiza.

Image

Gisagara VC bishimira igikombe cyo kwibuka 2021

Image

Mukunzi Christophe (13) wa UTB ubwo yari ahanganye na Gisagara VC muri 1/2 cy’irangiza

Mu cyiciro cy’abagore, ikipe ya Rwanda Revenue Authority Women Volleyball Club (RRA WVC) yatsinze APR WVC amaseti 3-1 ku mukino wa nyuma. RRA yageze ku mukino wa nyuma ibanje gutsinda Nairobi Water amaseti 3-0 muri ½ cy’irangiza.

Mu gutanga ibihembo, Gisagara VC yahawe igikombe na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda (2,000,000 FRW) mu gihe REG VC yahawe miliyoni imwe (1,000,000 FRW) naho UTB VC ifata ibihumbi magana atanu (500,000 FRW).

Mu cyiciro cy’abagore naho RRA WVC yahawe igikombe na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda (2,000,000 FRW), APR WVC ihabwa miliyoni imwe (1,000,000 FRW) naho Nairobi Water ifata ibihumbi magana atanu (500,000 FRW).

Image

Sibomana Placide Madison (14) mu kirere ahanganye na Gisagara VC

Image

Image

Rwanda Revenue Authority Women Volleyball Club yatwaye igikombe mu bagore

Image

UTB Women Volleyball Club niyo isanzwe yiharira ibikombe ariko ntabwo yabashije gutambuka

Image

Makuza Bernard wabayeho perezida wa sena na minisitiri w’intebe ari mu banyacyubahiro bakurikiye imikino ya nyuma muri Kigali Arena

Image

Gisagara Volleyball Club yo mu ntara y’amajyepfo niyo yatwaye igikombe cy’uyu mwaka

Image

Image

UTB Volleyball Club yatsindiwe muri 1/2 bityo isoza ku mwanya wa gatatu mu irushanwa rusange

Image

APR Women Volleyball Club yasoje ku mwanya wa gatatu mu cyiciro cy’abagore

PHOTOS: STREAM PICTURES

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − nine =

Previous Post

Nizeyimana Olivier yatorewe kuba perezida wa FERWAFA

Next Post

Padiri ari mu bafashwe barenze ku mabwiriza bavanwa muri kiliziya bajyanwa muri sitade

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Padiri ari mu bafashwe barenze ku mabwiriza bavanwa muri kiliziya bajyanwa muri sitade

Padiri ari mu bafashwe barenze ku mabwiriza bavanwa muri kiliziya bajyanwa muri sitade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.