Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

VOLLEYBALL: Gisagara VC na RRA nizo zatwaye igikombe cyo kwibuka

radiotv10by radiotv10
28/06/2021
in SIPORO
0
VOLLEYBALL: Gisagara VC na RRA nizo zatwaye igikombe cyo kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Gisagara Volleyball Club yatwaye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya 27 abari abanyamuryango ba Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Gisagara VC yatwaye igikombe mu cyiciro cy’abagabo mu gihe RRA yatwaye iki gikombe mu cyiciro cy’abagore.

Gisagara Volleyball yatwaye igikombe itsinze REG VC amaseti 3-1. Gisagara VC yari yageze ku mukino wa nyuma ibanje gutsinda UTB VC amaseti 3-2 muri ½ cy’irangiza.

Image

Gisagara VC bishimira igikombe cyo kwibuka 2021

Image

Mukunzi Christophe (13) wa UTB ubwo yari ahanganye na Gisagara VC muri 1/2 cy’irangiza

Mu cyiciro cy’abagore, ikipe ya Rwanda Revenue Authority Women Volleyball Club (RRA WVC) yatsinze APR WVC amaseti 3-1 ku mukino wa nyuma. RRA yageze ku mukino wa nyuma ibanje gutsinda Nairobi Water amaseti 3-0 muri ½ cy’irangiza.

Mu gutanga ibihembo, Gisagara VC yahawe igikombe na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda (2,000,000 FRW) mu gihe REG VC yahawe miliyoni imwe (1,000,000 FRW) naho UTB VC ifata ibihumbi magana atanu (500,000 FRW).

Mu cyiciro cy’abagore naho RRA WVC yahawe igikombe na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda (2,000,000 FRW), APR WVC ihabwa miliyoni imwe (1,000,000 FRW) naho Nairobi Water ifata ibihumbi magana atanu (500,000 FRW).

Image

Sibomana Placide Madison (14) mu kirere ahanganye na Gisagara VC

Image

Image

Rwanda Revenue Authority Women Volleyball Club yatwaye igikombe mu bagore

Image

UTB Women Volleyball Club niyo isanzwe yiharira ibikombe ariko ntabwo yabashije gutambuka

Image

Makuza Bernard wabayeho perezida wa sena na minisitiri w’intebe ari mu banyacyubahiro bakurikiye imikino ya nyuma muri Kigali Arena

Image

Gisagara Volleyball Club yo mu ntara y’amajyepfo niyo yatwaye igikombe cy’uyu mwaka

Image

Image

UTB Volleyball Club yatsindiwe muri 1/2 bityo isoza ku mwanya wa gatatu mu irushanwa rusange

Image

APR Women Volleyball Club yasoje ku mwanya wa gatatu mu cyiciro cy’abagore

PHOTOS: STREAM PICTURES

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − two =

Previous Post

Nizeyimana Olivier yatorewe kuba perezida wa FERWAFA

Next Post

Padiri ari mu bafashwe barenze ku mabwiriza bavanwa muri kiliziya bajyanwa muri sitade

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Padiri ari mu bafashwe barenze ku mabwiriza bavanwa muri kiliziya bajyanwa muri sitade

Padiri ari mu bafashwe barenze ku mabwiriza bavanwa muri kiliziya bajyanwa muri sitade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.