Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko kuba batizigamira atari uko batazi akamaro kabyo, ahubwo ko babiterwa n’amikoro macye, adatuma babona amafaranga yo kubatunga ngo babone n’ayo kuzigama.

Ni mu gihe u Rwanda rumaze iminsi rwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzigama uba kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira

Abaturage bo mu Murenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru, baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko  bazi neza inyungu zo kuzigama, ariko ntibabikore kubera imbogamizi zitandukanye.

Kayitesi Alphonsine yagize ati “Nakwizigama ntafite ibyo mbitsa? Ubukene ni ikibazo kubona amafaranga yo kwizigama ntibyakoroha.”

Uyu muturage avuga ko hari byinshi bibasaba amafaranga, ku buryo kubona ayo kuzigama, bihora ari ihurizo badashobora kubonera igisubizo.

Ati “Usanga udufaranga tubonye tuturihiramo abana amashuri, ukanarwana no gushaka ibyo ugaburira abana, ugasanga nta kintu usigaranye.”

Bucyana callixte nawe yagize ati “Inaha usanga abenshi duhura n’ubukene, kuko kugira ngo ubone amafaranga ya buri cyumweru usanga bidashoboka. Umuntu yizigama ibyo abona, waba ntakintu ufite ukizigama?”

Muri aka Karere kandi hanakozwe ubukungurambaga bw’icyumweru bwahariwe gushishikariza abantu kwizigamira nk’imwe mu nkingi zo guteganyiriza ahazaza.

Hategekimana Cyrille ushinzwe ibigo by’imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, yavuze ko hari uburyo bwinshi bwashyizweho bwafasha abantu kwizigamira.

Ati “Kandi bwinshi bufasha umuturage kwizigamira, ku buryo munafite n’ikoranabuhanga mushobora kunyuzamo ubwizigame bwanyu kandi mu buryo butekanye.”

Hategekimana avuga ko nubwo umuntu umwe ashobora kutabona uburyo yakwizigamira, ariko iyo abantu bishyize hamwe, na wa musanzu muto atashoboraga kwizigamira, bagenda bawurundanya ukagwira.

Ati “Ikintu tubasaba ni ugukorera hamwe, kuba inyangamugayo, kandi mwese mugatahiriza umugozi umwe…Niba abantu bakugurije amafaranga yabo uyakeneye, ba inyangamugayo uzayasubize mu gihe no mu buryo mwumvikanye, ureke kwikunda ngo wibagirwe abakuvanye ku rwego rukaka bakakugeza ku rundi.”

Ubwizigame mu Rwanda buri ku gipimo cya 12,5%, aho mu ntego nyamukuru u Rwanda rwihaye muri gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere rirambye mu myaka itanu iri imbere (NST2), harimo no kuzamura ubwo bwizigame bukagera kuri 25,9% by’Umusaruro mbumbe w’Igihugu mu mwaka wa 2029.

Bavuga ko kutizigama atari uko babyanze
Ngo n’imibereho ntiba iboroheye
Bagiriwe inama yo kwibumbira hamwe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

Next Post

Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.