Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko kuba batizigamira atari uko batazi akamaro kabyo, ahubwo ko babiterwa n’amikoro macye, adatuma babona amafaranga yo kubatunga ngo babone n’ayo kuzigama.

Ni mu gihe u Rwanda rumaze iminsi rwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzigama uba kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira

Abaturage bo mu Murenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru, baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko  bazi neza inyungu zo kuzigama, ariko ntibabikore kubera imbogamizi zitandukanye.

Kayitesi Alphonsine yagize ati “Nakwizigama ntafite ibyo mbitsa? Ubukene ni ikibazo kubona amafaranga yo kwizigama ntibyakoroha.”

Uyu muturage avuga ko hari byinshi bibasaba amafaranga, ku buryo kubona ayo kuzigama, bihora ari ihurizo badashobora kubonera igisubizo.

Ati “Usanga udufaranga tubonye tuturihiramo abana amashuri, ukanarwana no gushaka ibyo ugaburira abana, ugasanga nta kintu usigaranye.”

Bucyana callixte nawe yagize ati “Inaha usanga abenshi duhura n’ubukene, kuko kugira ngo ubone amafaranga ya buri cyumweru usanga bidashoboka. Umuntu yizigama ibyo abona, waba ntakintu ufite ukizigama?”

Muri aka Karere kandi hanakozwe ubukungurambaga bw’icyumweru bwahariwe gushishikariza abantu kwizigamira nk’imwe mu nkingi zo guteganyiriza ahazaza.

Hategekimana Cyrille ushinzwe ibigo by’imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, yavuze ko hari uburyo bwinshi bwashyizweho bwafasha abantu kwizigamira.

Ati “Kandi bwinshi bufasha umuturage kwizigamira, ku buryo munafite n’ikoranabuhanga mushobora kunyuzamo ubwizigame bwanyu kandi mu buryo butekanye.”

Hategekimana avuga ko nubwo umuntu umwe ashobora kutabona uburyo yakwizigamira, ariko iyo abantu bishyize hamwe, na wa musanzu muto atashoboraga kwizigamira, bagenda bawurundanya ukagwira.

Ati “Ikintu tubasaba ni ugukorera hamwe, kuba inyangamugayo, kandi mwese mugatahiriza umugozi umwe…Niba abantu bakugurije amafaranga yabo uyakeneye, ba inyangamugayo uzayasubize mu gihe no mu buryo mwumvikanye, ureke kwikunda ngo wibagirwe abakuvanye ku rwego rukaka bakakugeza ku rundi.”

Ubwizigame mu Rwanda buri ku gipimo cya 12,5%, aho mu ntego nyamukuru u Rwanda rwihaye muri gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere rirambye mu myaka itanu iri imbere (NST2), harimo no kuzamura ubwo bwizigame bukagera kuri 25,9% by’Umusaruro mbumbe w’Igihugu mu mwaka wa 2029.

Bavuga ko kutizigama atari uko babyanze
Ngo n’imibereho ntiba iboroheye
Bagiriwe inama yo kwibumbira hamwe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

Next Post

Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

IZIHERUKA

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo
MU RWANDA

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

26/11/2025
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

26/11/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.