Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko kuba batizigamira atari uko batazi akamaro kabyo, ahubwo ko babiterwa n’amikoro macye, adatuma babona amafaranga yo kubatunga ngo babone n’ayo kuzigama.

Ni mu gihe u Rwanda rumaze iminsi rwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzigama uba kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira

Abaturage bo mu Murenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru, baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko  bazi neza inyungu zo kuzigama, ariko ntibabikore kubera imbogamizi zitandukanye.

Kayitesi Alphonsine yagize ati “Nakwizigama ntafite ibyo mbitsa? Ubukene ni ikibazo kubona amafaranga yo kwizigama ntibyakoroha.”

Uyu muturage avuga ko hari byinshi bibasaba amafaranga, ku buryo kubona ayo kuzigama, bihora ari ihurizo badashobora kubonera igisubizo.

Ati “Usanga udufaranga tubonye tuturihiramo abana amashuri, ukanarwana no gushaka ibyo ugaburira abana, ugasanga nta kintu usigaranye.”

Bucyana callixte nawe yagize ati “Inaha usanga abenshi duhura n’ubukene, kuko kugira ngo ubone amafaranga ya buri cyumweru usanga bidashoboka. Umuntu yizigama ibyo abona, waba ntakintu ufite ukizigama?”

Muri aka Karere kandi hanakozwe ubukungurambaga bw’icyumweru bwahariwe gushishikariza abantu kwizigamira nk’imwe mu nkingi zo guteganyiriza ahazaza.

Hategekimana Cyrille ushinzwe ibigo by’imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, yavuze ko hari uburyo bwinshi bwashyizweho bwafasha abantu kwizigamira.

Ati “Kandi bwinshi bufasha umuturage kwizigamira, ku buryo munafite n’ikoranabuhanga mushobora kunyuzamo ubwizigame bwanyu kandi mu buryo butekanye.”

Hategekimana avuga ko nubwo umuntu umwe ashobora kutabona uburyo yakwizigamira, ariko iyo abantu bishyize hamwe, na wa musanzu muto atashoboraga kwizigamira, bagenda bawurundanya ukagwira.

Ati “Ikintu tubasaba ni ugukorera hamwe, kuba inyangamugayo, kandi mwese mugatahiriza umugozi umwe…Niba abantu bakugurije amafaranga yabo uyakeneye, ba inyangamugayo uzayasubize mu gihe no mu buryo mwumvikanye, ureke kwikunda ngo wibagirwe abakuvanye ku rwego rukaka bakakugeza ku rundi.”

Ubwizigame mu Rwanda buri ku gipimo cya 12,5%, aho mu ntego nyamukuru u Rwanda rwihaye muri gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere rirambye mu myaka itanu iri imbere (NST2), harimo no kuzamura ubwo bwizigame bukagera kuri 25,9% by’Umusaruro mbumbe w’Igihugu mu mwaka wa 2029.

Bavuga ko kutizigama atari uko babyanze
Ngo n’imibereho ntiba iboroheye
Bagiriwe inama yo kwibumbira hamwe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nine =

Previous Post

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

Next Post

Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.