• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Yafatiwe mu cyuho aha ruswa umupolisi

radiotv10by radiotv10
15/10/2021
in MU RWANDA
0
Yafatiwe mu cyuho aha ruswa umupolisi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu karere ka Kamonyi yafashe Ndagijimana Silas w’imyaka 32, yafashwe arimo guha umupolisi ruswa ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150, kugira ngo azamufashe gusubirana moto ye yakoreshaga mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, avuga ko Ndagijimana yari asanzwe akurikiranweho gukora ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bitemewe n’amategeko, ariko abapolisi bajya iwe kumufata bakamubura.

Tariki ya 06 Ukwakira 2021, bagiye iwe aho atuye bahasanga moto ye n’ibiro 76 by’amabuye y’agaciro acuruza mu buryo butemewe n’amategeko, ibyo byombi abapolisi bahise babijyana.
SP Kanamugire yagize ati “Abapolisi bamaze gutwara iyo moto n’amabuye y’agaciro Ndagijimana yanyuze ku mupolisi ukorera mu Karere ka Kamonyi amusaba kumuha ruswa ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 kugira ngo azamufashe gusubirana iyo moto. Umupolisi yaramwemereye ariko abibwira abandi bapolisi, anabamenyesha isaha n’aho baza guhurira amuha ayo mafaranga.”
SP Kanamugire yakomeje avuga ko Ndagijimana yafatiwe mu kabari kari mu Murenge wa Gacurabwenge tariki ya 13 Ukwakira 2021 arimo guha umupolisi ruswa, mu ntoki yari afite ibihumbi 90 ariko mu mufuka afitemo n’andi ibihumbi 60 yo kuzuza bya bihumbi 150 bari bavuganye.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo akangurira abaturarwanda kwirinda ruswa mu buryo ubwo ari bwo bwose.
Ati “Duhora dukangurira abaturage ko mu Rwanda ruswa itemewe ndetse n’ufashwe agerageza kuyitanga cyangwa kuyakira abihanirwa bikomeye. Uriya we yashatse kunyura ku mupolisi kandi abapolisi ari twe dufite inshingano zo kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko, bazajya bafatwa babihanirwe.”
Usibye icyaha cyo gushaka gutanga ruswa, Ndagijimana yari anasanzwe akurikiranwaho gucuruza no gucukuza amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rukoma mu Karere Kamonyi kandi akabikora mu buryo butemewe n’amategeko.
Yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge kugira ngo hatangire iperereza, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.
Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka. irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.
Itegeko rigena ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri nimero 58/2018 ryo kuwa 13/08/2018, mu ngingo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucukuza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 5 =

Previous Post

AMAFOTO – Rayon Sports yabanje gusura mu Rukari yanganyije na Nyaza 2-2

Next Post

Umuyobozi Mukuru wa Polisi  IGP Munyuza yitabiriye inama ya EAPCCO i Kinshasa muri RDC

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umuyobozi Mukuru wa Polisi  IGP Munyuza yitabiriye inama ya EAPCCO i Kinshasa muri RDC

Umuyobozi Mukuru wa Polisi  IGP Munyuza yitabiriye inama ya EAPCCO i Kinshasa muri RDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.