Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Yari imazemo imyaka itatu: Indi kipe yasohotse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Yari imazemo imyaka itatu: Indi kipe yasohotse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Muhazi United yari imaze imyaka itatu mu Cyiciro cya mbere mu mupira w’Amaguru mu Rwanda, yamacutse mu cya kabiri nyuma yo gutsindwa n’Amagaju FC ibitego bibiri kuri kimwe.

Wari umukino ukomeye wabereye kuri Sitade ya Huye, dore ko ikipe yari gutsindwa hagati y’izi zombi zari zahuye ari yo yagombaga guhita imanuka.

Muhazi United imanutse nyuma y’imyaka itatu gusa iri mu cyiciro cya mbere yagezemo muri 2022 ubwo yari ikitwa Rwamagana City.

Gutsindwa n’Amagaju FC, byatumye shampiyona irangira iyi kipe ya Muhazi FC iri ku mwanya wa 15 n’amanota 30, imanukana na Vision FC yasoje ku mwanya wa nyuma wa 16 n’amanota 21.

Ni mu gihe ikipe y’Amagaju FC yagumye mu cyiciro cya mbere, aho yasoreje ku mwanya wa 11 n’amanota 36.

Muhazi United imanutse yararezwe n’Amagaju FC muri Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ko yakinishije umukinnyi wari ufite amakarita atatu.

Iyi kipe yAmagaju FC yari yasabiye Muhazi United guterwa mpaga, ariko iri Shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda rikaba ritaratangaza umwanzuro.

Undi mukino w’umunsi wa nyuma (30) wahuje Rayon Sports FC na Gorilla FC, warangiye iyi kipe bakunda kwita Gikundiro ibonye intsinzi y’igitego 1-0.

Muhazi United na Vision FC zimanutse mu cyiciro cya kabiri, zibisikanye na As Muhanga na Gicumbi FC zazamutse mu cyiciro cya mbere.

Shampiyona y’icyiciro cya mbere ya 2024-2025 yegukanywe na APR FC, kiba igikombe cya 23 yegukanye mu myaka 30 imaze ikina shampiyona, kikaba icya gatanatu yegukanye yikurikiranya, yanagishyikirijwe mu ijoro ryacyeye kuri Sitade Amahoro, nyuma y’umukino yanyagiyemo Musanze FC ibitego 3-1.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Abasirikare b’u Rwanda babiri baburiye ubuzima muri Centrafrique bagiye gukorewa igikorwa cy’icyubahiro

Next Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye inama irimo abandi basirikare bo hejuru muri Afurika

Related Posts

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

by radiotv10
30/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje umutoza mukuru mushya w’iyi kipe, ari we Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi watozaga ikipe ya Mukura VS,...

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

by radiotv10
29/05/2025
0

Nyuma yuko Rayon Sports ibuze igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 nyamara yarakunze kuyobora urutonde rw’agateganyo, Kapiteni wayo, Muhire Kevin yavuze...

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

by radiotv10
27/05/2025
0

Mu gushyikiriza APR FC Igikombe cya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2024-2025, hateganyijwe ibirori bizarangwa n’ibikorwa binyuranye birimo kuba abazabyitabira bazasusurutswa...

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

by radiotv10
24/05/2025
0

Ikipe ya Manchester United nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma wa Europa League 2024-2025, igiye gusezerera abakinnyi umunani bose...

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

by radiotv10
24/05/2025
0

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Rayon Sports, Ayabonga Lebitsa, yatanze umucyo ku byavugwaga ko yaba agiye kwerecyeza mu makipe arimo...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye inama irimo abandi basirikare bo hejuru muri Afurika

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye inama irimo abandi basirikare bo hejuru muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.