Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Yolande Makolo yahaye ikaze Mukuralinda ugiye kumwungiriza n’abandi binjiranye mu rwego ayoboye

radiotv10by radiotv10
15/12/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Yolande Makolo yahaye ikaze Mukuralinda ugiye kumwungiriza n’abandi binjiranye mu rwego ayoboye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yahaye ikaze Alain Mukuralinda wagizwe Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije n’abandi bahawe imyanya inyuranye mu Biro by’Umuvugizi wa Guverinoma.

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tarki 14 Ukuboza 2021, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo Alain Mukuralinda wari umaze imyaka itanu ahagaritse imirimo muri Leta.

Alain Mukuralinda wabaye Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu akaba yaranavugiye Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, yagizwe Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije.

Mukuralinda agizwe Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije nyuma y’amezi atanu Perezida wa Repububulika, Paul Kagame ashyizeho Umuvugizi wa Guverinoma ari we Yolande Makolo.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Yolande Makolo wahawe umwungiriza, yahaye ikaze Alain Mukuralinda ndetse n’abandi bahawe imyanya mu Biro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda.

Yagize ati “Mwishyuke mwe bagenzi banjye mwahawe imyanya: Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije Alain Mukuralinda, Nshimiyimana Emmanuel, Candy Basomingera, Emma Claudine. Nishimiye kuzakorana namwe muri Guverinoma y’u Rwanda mu ikipe rishinzwe itumanaho. Imihigo irakomeje.”

Uretse Alain Mukuralinda wagizwe Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije, Inama y’Abaminisitiri yanagize Emma Claudine Ntirenganya umusesenguzi mu bijyanye n’itumanaho kuri gahunda za Guverinoma (Communication Analyst in Charge of Government Programs).

Mu Biro by’Umuvugizi wa Guverinoma kandi hashyizweho Emmanuel Nshimiyimana wagizwe Umuyobozi w’Ingengo y’Imari [Division Manager and Budget Manager] na Candy Basomingera wagizwe Umusesenguzi ushinzwe ibikorwa by’ubukangurambaga n’ibindi bikorwa [Analyst in charge of Campaigns and Events].

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − six =

Previous Post

Alain Mukuralinda yagizwe Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije, Emma Claudine wakoze itangazamakuru nawe ahabwa umwanya

Next Post

Ruhango: Imbangukiragutabara yagenderaga ku muvuduko mwinshi yagonze umwana w’imyaka 7 ahita apfa

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Imbangukiragutabara yagenderaga ku muvuduko mwinshi yagonze umwana w’imyaka 7 ahita apfa

Ruhango: Imbangukiragutabara yagenderaga ku muvuduko mwinshi yagonze umwana w’imyaka 7 ahita apfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.