Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Wess Brown na Kimenyi Yves baravutse, Di Natale yazamuwe mu ntera….ibyaranze uyu munsi mu mateka

radiotv10by radiotv10
13/10/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Wess Brown na Kimenyi Yves baravutse, Di Natale yazamuwe mu ntera….ibyaranze uyu munsi mu mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi ni kuwa Gatatu w’itariki ya 13 Ukwakira 2021 , ni umunsi wa 286 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 79 ngo umwaka urangire, Turi ku wa Gatatu wa 41 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 42 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.Ni umunsi mpuzamahanga wo kugabanya ibiza.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Kimenyi Yves  (1992)

Kimenyi Yves on Twitter: "Best Goalkeeper of the season… "

Yujuje imyaka 29, umunyezamu wa Kiyovu Sports n’ikipe y’igihugu Amavubi .Uyu mugabo wazamukiye mu Isonga FA, yanyuze mu makipe nka APR FC na Rayon Sports kuri ubu akaba ari kapiteni wa Kiyovu SC.

2.Wess Brown (1979)

My Football Life: Wes Brown speaks to United Review | Manchester United

Yujuje imyaka 42, umwongereza wahoze akina nka myugariro muri Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Wesley Michael Brown  winjiye muri Manchester united afite imyaka 12, yayivuyemo akinira Sunderland, Blackburn Rovers asoreza muri Kerala Blasters. Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yayikiniye imikino 23 ayitsindira ibitego bitatu.

3.Gabriel Agbonlahor ( 1986)

Agbonlahor bags brace in Villa victory - Eurosport

Yujuje imyaka 35, uwahoze ari Rutahizamu wa Aston Villa n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Gabriel Imuetinyan Agbonlahor  yavukiye kandi akurira mu mujyi wa Birmingham, umujyi ubarizwamo ikipe ya Aston Villa kugeza ubu akaba ariwe Rutahizamu wayo w’ibihe byose muri premier league , aho yayitsindiye ibitego 73, yakiniye kandi Watford na Sheffield Wednesday. Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yayikiniye imikino itatu.

4.Scott Parker (1980)

Every word Scott Parker said on Cherries youngsters, Junior Stanislas and  the need for signings - Dorset Live

Yujuje imyaka imyaka 41,umwongereza utoza Fulham, yakinaga nk’umukinnyI wo hagati, yanyuze mu makipe nka Charlton Athletic, Norwich City, Chelsea,Tottenham, Newcastle yabereye captain n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yakiniye imikino 18 nta gitego yayitsindiye gusa yari umwe mu bari bagize ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yageze muri ¼ cy’igikombe cy’Uburayi cya 2012.

5.Antonio Di Natale(1977)

Calcio Compleanno: Antonio Di Natale | Goal.com

Yujuje imyaka 44, Umutaliyani wahoze akina nka Rutahizamu muri Udinese n’ikipe y’igihugu y’u Butataliyani

Antonio “Totò” Di Natale  yavukiye mu mujyi wa Napoli, yakiniye amakipe nka Empoli, yafashije kuzamuka mu cyiciro cya mbere muri 2001-02 ,yerekeje muri Udinese muri 2004, ayifasha gukina Champions League.

Muri 2007 yagizwe kapiteni w’iyi kipe, 2010 na 2011 yatwaye igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi muri shampiyona, anahabwa igihembo cy’umukinnyi mwiza mu Butaliyani muri 2010,kugeza ubu niwe mukinnyi watsindiye Udinese ibitego byinshi mu mateka yayo 191.

Akaba Umutaliyani wa munani mu batsinze ibitego byinshi mu marushanwa yose, aho ibitego bye 311 bimushyira inyuma ya Silvio Piola, Alessandro Del Piero, Giuseppe Meazza, Luca Toni, Roberto Baggio, Francesco Totti na Filippo Inzaghi. Mu ikipe y’igihugu yabakiniye imikino 42 abatsindira ibitego 11.

6.Modou Barrow(1992)

Leeds United sign Modou Barrow on loan from Swansea City | Football News |  Sky Sports

Yujuje imyaka imyaka 29,umunya-Gambia ukina asatira aca ku mpande muri Jeonbuk Hyundai Motors yo muri Buyapani, n’ikipe y’igihugu ya Gambia.

7.Mamadou Niang (1979)

Municipal: former footballer Mamadou Niang candidate LREM in Marseille -  Archyde

Yujuje imyaka 42, umunya Sénégal wahoze akina nka Rutahizamu muri Marseilles, ikipe y’igihugu ya Senegal yayikiniye imikino 59 ayitsindira ibitego 19.

Ni bande bitabye Imana ku munsi nk’uyu?

2012 :Helmut Haller: Umudage wakinye umupira w’amaguru muri Bologna na Juventus, yitabye Imana ku myaka 73.

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi:

1967: Bwa mbere muri Leta zunze ubumwe za Amerika hakinwe umukino wa basketball wateguwe n’ishyirahamwe ry’uyu mukino, ABA (American Basketball Association), Oakland Oaks itsinda Anaheim Amigos amanota 132-129. Ni bwo bwa mbere hatangijwe gukinwa imipira y’ubururu n’umweru.

Ni nabwo hatangiye gukoreshwa ibibuga bigaragaza aho bashutira amanota atatu.

1986: Komite mpuzamahanga Olempike yemeje ko umukino wa Baseball izakinwa mu mikino Olempike y’1992 yagombaga kubera Los Angeles

2019: muri marathon yabereye Chicago, Umunya-Kenya kazi Brigid Kosgei yatwaye marathon akoresheje 2:14.04  akuraho agahigo kari kamaze imyaka 16 gashyizweho na Paula Radcliffem.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 7 =

Previous Post

Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar  yakatiwe gufungwa imyaka ibiri

Next Post

Amatariki y’irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatariki y’irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Amatariki y'irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.