Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Wess Brown na Kimenyi Yves baravutse, Di Natale yazamuwe mu ntera….ibyaranze uyu munsi mu mateka

radiotv10by radiotv10
13/10/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Wess Brown na Kimenyi Yves baravutse, Di Natale yazamuwe mu ntera….ibyaranze uyu munsi mu mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi ni kuwa Gatatu w’itariki ya 13 Ukwakira 2021 , ni umunsi wa 286 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 79 ngo umwaka urangire, Turi ku wa Gatatu wa 41 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 42 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.Ni umunsi mpuzamahanga wo kugabanya ibiza.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Kimenyi Yves  (1992)

Kimenyi Yves on Twitter: "Best Goalkeeper of the season… "

Yujuje imyaka 29, umunyezamu wa Kiyovu Sports n’ikipe y’igihugu Amavubi .Uyu mugabo wazamukiye mu Isonga FA, yanyuze mu makipe nka APR FC na Rayon Sports kuri ubu akaba ari kapiteni wa Kiyovu SC.

2.Wess Brown (1979)

My Football Life: Wes Brown speaks to United Review | Manchester United

Yujuje imyaka 42, umwongereza wahoze akina nka myugariro muri Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Wesley Michael Brown  winjiye muri Manchester united afite imyaka 12, yayivuyemo akinira Sunderland, Blackburn Rovers asoreza muri Kerala Blasters. Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yayikiniye imikino 23 ayitsindira ibitego bitatu.

3.Gabriel Agbonlahor ( 1986)

Agbonlahor bags brace in Villa victory - Eurosport

Yujuje imyaka 35, uwahoze ari Rutahizamu wa Aston Villa n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Gabriel Imuetinyan Agbonlahor  yavukiye kandi akurira mu mujyi wa Birmingham, umujyi ubarizwamo ikipe ya Aston Villa kugeza ubu akaba ariwe Rutahizamu wayo w’ibihe byose muri premier league , aho yayitsindiye ibitego 73, yakiniye kandi Watford na Sheffield Wednesday. Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yayikiniye imikino itatu.

4.Scott Parker (1980)

Every word Scott Parker said on Cherries youngsters, Junior Stanislas and  the need for signings - Dorset Live

Yujuje imyaka imyaka 41,umwongereza utoza Fulham, yakinaga nk’umukinnyI wo hagati, yanyuze mu makipe nka Charlton Athletic, Norwich City, Chelsea,Tottenham, Newcastle yabereye captain n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yakiniye imikino 18 nta gitego yayitsindiye gusa yari umwe mu bari bagize ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yageze muri ¼ cy’igikombe cy’Uburayi cya 2012.

5.Antonio Di Natale(1977)

Calcio Compleanno: Antonio Di Natale | Goal.com

Yujuje imyaka 44, Umutaliyani wahoze akina nka Rutahizamu muri Udinese n’ikipe y’igihugu y’u Butataliyani

Antonio “Totò” Di Natale  yavukiye mu mujyi wa Napoli, yakiniye amakipe nka Empoli, yafashije kuzamuka mu cyiciro cya mbere muri 2001-02 ,yerekeje muri Udinese muri 2004, ayifasha gukina Champions League.

Muri 2007 yagizwe kapiteni w’iyi kipe, 2010 na 2011 yatwaye igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi muri shampiyona, anahabwa igihembo cy’umukinnyi mwiza mu Butaliyani muri 2010,kugeza ubu niwe mukinnyi watsindiye Udinese ibitego byinshi mu mateka yayo 191.

Akaba Umutaliyani wa munani mu batsinze ibitego byinshi mu marushanwa yose, aho ibitego bye 311 bimushyira inyuma ya Silvio Piola, Alessandro Del Piero, Giuseppe Meazza, Luca Toni, Roberto Baggio, Francesco Totti na Filippo Inzaghi. Mu ikipe y’igihugu yabakiniye imikino 42 abatsindira ibitego 11.

6.Modou Barrow(1992)

Leeds United sign Modou Barrow on loan from Swansea City | Football News |  Sky Sports

Yujuje imyaka imyaka 29,umunya-Gambia ukina asatira aca ku mpande muri Jeonbuk Hyundai Motors yo muri Buyapani, n’ikipe y’igihugu ya Gambia.

7.Mamadou Niang (1979)

Municipal: former footballer Mamadou Niang candidate LREM in Marseille -  Archyde

Yujuje imyaka 42, umunya Sénégal wahoze akina nka Rutahizamu muri Marseilles, ikipe y’igihugu ya Senegal yayikiniye imikino 59 ayitsindira ibitego 19.

Ni bande bitabye Imana ku munsi nk’uyu?

2012 :Helmut Haller: Umudage wakinye umupira w’amaguru muri Bologna na Juventus, yitabye Imana ku myaka 73.

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi:

1967: Bwa mbere muri Leta zunze ubumwe za Amerika hakinwe umukino wa basketball wateguwe n’ishyirahamwe ry’uyu mukino, ABA (American Basketball Association), Oakland Oaks itsinda Anaheim Amigos amanota 132-129. Ni bwo bwa mbere hatangijwe gukinwa imipira y’ubururu n’umweru.

Ni nabwo hatangiye gukoreshwa ibibuga bigaragaza aho bashutira amanota atatu.

1986: Komite mpuzamahanga Olempike yemeje ko umukino wa Baseball izakinwa mu mikino Olempike y’1992 yagombaga kubera Los Angeles

2019: muri marathon yabereye Chicago, Umunya-Kenya kazi Brigid Kosgei yatwaye marathon akoresheje 2:14.04  akuraho agahigo kari kamaze imyaka 16 gashyizweho na Paula Radcliffem.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar  yakatiwe gufungwa imyaka ibiri

Next Post

Amatariki y’irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatariki y’irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Amatariki y'irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.