Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto
Share on FacebookShare on Twitter

Rayon Sports yaraye itsinze mucyeba wayo w’ibihe byose APR FC igitego 1-0 yegukana Igikombe cy’Amahoro nyuma y’imyaka itanu nta gikombe itwara, yahagurutse i Nyanza yerekeza i Kigali mu birori by’akataraboneka.

Ni ibirori bitangira mu karere ka Huye bikaza gusorezwa mu mujyi wa Kigali, kuri Kigali Pelé Stadium aho iyi kipe iza kwereka abakunzi bayo igikombe cy’Amahoro yegukanye.

Incamake z’uko umukino wayihuje na APR FC kuva ku munota wa mbere kugeza umukino urangi. Ni umukino wari watangiye ukerereweho iminota irenga 20 nyuma yo kutumvikana ku cyicaro cy’abatoza ndetse n’abakinnyi b’ababasimbura. Abakinnyi b’ikipe ya rayon Sports babanje gusohoka bicara ku ruhande rw’iburyo, nyuma abatoza ba Apr FC baza kuhabasanga bikurura impaka zatumye umupira utinda gutangira.

Byaje kuba ngombwa ko amakipe yombi asubizwa mu rwambariro, rayon Sports isubira ho yari yicaye naho ijya ku ruhande rw’ibumoso yari yanze kwicaraho, umupira ubona gutangira.

Iminota ya mbere y’umukino yihariwe n’ikipe ya APR FC yagiye gusatira rayon Sports gusa ntibashe gutera mu izamu. Ikipe ya Rayon Sports uburyo bwa mbere yabonye ni umupira wafashwe na Luvumbu wahise awuha Onana, acenga abakinnyi ba APR FC awusubiza Luvumbu awuteye uca kure y’izamu.

Ku munota wa 20 w’umukino ikipe ya Rayon Sports yabonye igitego ku mupira wari uhinduwe mu rubuga rw’amahina na Onana, Ngendahimana Eric awutsinda n’umutwe nyuma yo kurarira, umusifuzi wo ruhande Karangwa Justin aramanika igitego kirangwa.

Nyuma y’iyi minota ikipe ya Rayon Sports yaje kwigaranzura Apr FC ikomeza no kwiharira umukino, aho abakinnyi nka Onana, Luvumbu na Ojera bazonze cyane ba myugariro ba APR FC.

Ku munota wa 40 w’umukino nyuma yo guhererakanya neza kw’abakinnyi ba rayon Sports, Hertier Nzinga Luvumbu yateye ishoti rikomeye umunyezamu Ishimwe Pierre awufashe uramucika, Ngendahimana Eric ahita awusubizamo kiba igitego cya Rayon Sports.

Mu gice cya kabiri cy’umukino amakipeyombi yagarutse yigana ariko ntihagira uburyo bukomeye bw’igitego bugaragara, usibye Coup-Franc Luvumbu yateye umunyezamu wa APR Fc awushyira hejuru y’izamu.

Ikipe ya APR FC yaje gukora impinduka ikuramo Kwitonda Alain Bacca yinjizamo Ishimwe Anicet, Rayon Sports nayo ikuramo Rafael Osaluwe yinjiza Kanamugire Roger, naho APR FC ikuramo na Yannick Bizimana hinjira Mugunga Yves.

Nyuma yo gushakisha igitego ku mpande zombi umusifuzi wa kane yerekanye iminota itatu y’inyongera, iyi yaje kurangira nayo bikiri igitego 1-0 cya Rayon Sports ihita yegukana igikombe.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Next Post

Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Manchester City yegukanye FA Cup isatira gukuraho agahigo ka Manchester United ko mu 1999

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.