• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in Uncategorized
0
Perezida Kagame na Sassou Nguesso bagize umusangiro baganira ku mubano mwiza wabo n’uw’Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Repubulika ya Congo, yakiriwe ku meza na mugenzi we Denis Sassou Nguesso, baboneraho kongera kuganira ku mubano w’Ibihugu byombi ugeze ahashimishije.

Uyu musangiro wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata 2022, ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame wagendereye iki Gihugu cya Congo.

Perezida Paul Kagame yaboneyeho gushimira mugenzi we Denis Sassou Nguesso wamutumiye kuza gusura Igihugu cye ndetse n’uburyo yamwakiriye n’abaturage b’Igihugu cye.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko yishimiye kuba agarutse i Brazaville ndetse no kuba agiye kongera gusura Oyo.

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere kandi Perezida Kagame yari yabanje kugeza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko ya Congo imitwe yombi.

Muri iri jambo, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi, avuga ko kuva mu myaka yatambutse Ibihugu byombi byubatse umusingi ukomeye w’uyu mubano ndetse bisanyana amasezerano atandukanye ndetse ko “hazasinywa andi mu gukomeza gutsimbataza umubano no kugaragaza umusaruro wawo.”

Yagarutse ku cyorezo cya Covid-19 cyazaniye isi akaga bityo ko kugira ngo Ibihugu bikomeze urugendo rwo kwigobotora ingaruka zacyo bisaba ubufatanye.

Ati “Ibihugu bya Afurika ntabwo byabyikuramo byonyine. Ni yo mpamvu Perezida duha agaciro ubucutu bw’Abanye-Congo n’Abanyarwanda kandi mpa agaciro umubano dufitanye Perezida.”

Yavuze ko Ibihugu byombi bifite ibikenewe mu kwikura mu mbogamizi zihari nko kuba bishyize hamwe mu nzego zinyuranye.

Abakuru b’Ibihugu byombi bagize umusangiro

Abayobozi ku mpande zombi na bo basangiye
Perezida Kagame yavuze ko aha agaciro ubucuti buri hagati ye na mugenzi we ndetse n’ubw’abaturage b’Ibihugu byombi

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + five =

Previous Post

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Next Post

Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n’imiti y’amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n’imiti y’amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi

Rwabuze gica: Baguye gitumo abo bita abarozi n'imiti y'amayobera, bo bavuga ko ari abavuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.