Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Lague avuze icyo azakora mbere yo kugenda gishobora kuzasigira agahinda abafana ba Rayon

radiotv10by radiotv10
08/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Lague avuze icyo azakora mbere yo kugenda gishobora kuzasigira agahinda abafana ba Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira APR ariko akaba aherutse kugurwa n’ikipe yo muri Sweden, yavuze ko mbere yo kurira rutemikirere akerecyeza muri iki Gihugu, azabanza gutsinda Rayon Sports bafitanye umukino mu mpera z’iki cyumweru, akayisigira urwibutso.

Byiringiro Lague aherutse kugurwa na Sandvikens IF ikina mu Cyiciro cya Gatatu muri Sweden isanzwe ikinamo Umunyarwanda Mukunzi Yannick, uyimazemo igihe kigera ku myaka ine kuva yatandukana na Rayon Sports.

Uyu rutahizamu uri muri bacye beza u Rwanda rufite kugeza ubu, atangaza ko nubwo ari mu nzira zerecyeza ku Mugabane w’i Burayi, yifuza gusiga ahaye ibyishimo abakunzi b’ikipe ya APR FC kugeza magingo aya iyoboye urutonde rwa shampiyona.

Yagize ati “Umukino uduhuza na Rayon Sports iteka ni umukino dutegura bitandukanye n’indi nubwo aba ari amanota atatu dushaka. Ni umukino buri wese aba ashaka kwitwaramo neza, ikindi ku bwanjye binkundiye nkatsinda igitego byaba ari ikintu cyiza cyane ko ari nayo ntego mfite mbere y’uko ngenda.”

Umukino ubumbatiye amateka akomeye muri shampiyona uhuza ayo makipe yombi uteganijwe ku iki Cyumweru tariki ya 12 Gashyantare 2023, ukazabera kuri stade Huye Saa Cyenda z’amanywa.

Byiringiro kandi si ubwa mbere yaba yerecyeje ku mugabane w’i Burayi dore ko muri Nyakanga 2021, yagiye muri Neuchâtel Xamax FCS yo mu cyikiro cya Kabiri mu Busuwisi.

Byiringiro, watangiye gukinira APR FC guhera mu ntangiriro za 2018, yayigezemo avuye mu Intare FC mu gihe yakuriye muri Vision FC.

Abajijwe niba Umukinnyi Yannick Mukunzi yaba yaragize uruhare mu bijyanye no kwerecyeza muri Sweden, yasubije atazuyaje ati “Yego yabigizemo uruhare kuko twaraganiriye tuvugana buri kimwe bityo mfata umwanzuro wo kuyisinyira.”

Byiringiro Lague kandi yahishyuye ko we abona urwego rw’imikinire ye ruzazamuka kabone nubwo agiye mu cyiciro cya gatuta avuye mu cya mbere nyuma yo kubazwa niba ari wo wari umwanzuro mwiza wo gufata.

Ati “Ni byo koko ni mu cyiciro cya Gatatu ariko ndizera ko hazamfasha kuzamura urwego rw’imikinire yanjye kandi ntabwo intego yanjye ari ukuguma muri icyo cyiciro, ahubwo ndifuza ko hambere inzira inyerekeza ahakomeye kurushaho.”

Biteganijwe ko Byiringiro azerecyeza muri Sandvikens FC muri Sweden ku wa 15 Gashyantare 2023 nyuma y’iminsi itatu gusa umukino w’umunsi wa 19 urangiye.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 14 =

Previous Post

LONI yohereje muri Congo itsinda ridasanzwe

Next Post

IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.