Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA hari icyo yasabwe gukora bitarenze iminsi 2 gifitanye isano n’ingingo yazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
26/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
FERWAFA hari icyo yasabwe gukora bitarenze iminsi 2 gifitanye isano n’ingingo yazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamenyeshejwe ko bitarenze tariki 28 Mata 2023, rizaba ryatanze Sitade izakirirwaho umukino uzahuza u Rwanda na Mozambique, mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yibukije amashyirahamwe y’umupira w’amaguru amaze igihe atagira Sitade zemewe, gutanga ahandi hazakirirwa imikino y’umunsi wa 5 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika izakinwa mu kwezi kwa Kamena.

Kugeza ubu, u Rwanda rufite Sitade imwe yemewe kwakirirwaho imikino mpuzamahanga, ari yo ya Huye, gusa mu minsi ishize ikaba itarabereyeho umukino w’u Rwanda na Benin bitewe no kuba muri aka gace hatari hoteli ziri ku rwego rusabwa na CAF.

Iki cyemezo cy’uko u Rwanda rutagombaga kwakirira Benin kuri Sitade ya Huye, cyazamuye impaka ndende kuko bamwe batiyumvishaga uburyo ubuyobozi bwa FERWAFA butatekereje kuri iyi ngingo irebana na Hoteli ziri ku rwego rwifuzwa na CAF.

Hari n’abavugaga ko niba byari bizwi, hatagombaga gusanwa iriya Sitade, ahubwo hari gutunganywa iri mu gice gisanzwe kibamo amahoteli yo ku rwego rwo hejuru, cyangwa gutunganya Hoteli ziri i Huye bikaba byarakozwe mbere.

Ibi byatumye uyu mukino ubera kuri Kigali Pele Stadium na yo itaremerwa ku rwego mpuzamahanga ari na byo byatumye umukino uba nta bafana barimo.

Icyakora, amakuru agera kuri RADIOTV10, yemeza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata, hari itsinda rituruKA muri FERWAFA ryerecyeze i Huye gukora igenzura ngo harebwe niba Hoteli ziri ku rwego CAF isaba zaba zaratunganye cyane ko hamaze iminsi hari imirimo yo kuzivugurura, ku buryo iyi Sitade ya Huye yazakira uyu mukino.

Usibye u Rwanda, bimwe mu Bihugu by’abaturanyi nk’u Burundi na Uganda na byo ntibifite ibibuga byemewe na CAF, aho Uganda yo yamaze gutangaza ko izakirira umukino ikipe ya Algeria mu Gihugu cya Cameroun.

Muri uyu mukino w’umunsi wa 6, u Rwanda ruzakiramo Mozambique, ruramutse ruwutsinze rwahita rujya ku mwanya wa 2 n’amanota 6 mu gihe haba hasigaye umukino umwe wa Senegal na wo uzabera mu Rwanda.

Mu gihe u Rwanda rwasoza ku mwanya wa 2, rwahita rwerecyeza mu gikombe cya Afurika ku nshuro ya 2 mu mateka yarwo dore ko bwa mbere hari mu mwaka wa 2004 ubwo iri rushanwa ryaberaga mu gihugu cya Tunisie.

CREDO Hoteli iri mu zishoboza kuzakira abantu
Hari na Boni Consil yamaze gutunganywa

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + one =

Previous Post

Hafashwe icyemezo kuri gatanya y’umuhanzi Safi na Judith uvugwa mu rundi rukundo

Next Post

RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana
MU RWANDA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.