Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’ibigango Izere Laurien uzwi nka The Trainer wabanje kumenyekana mu gufasha abantu kubaka umubiri no kuringaniza ibilo by’umubiri, akanavugwa mu rukundo n’umunyamideri Keza Trisky, yagaragaje ko afite indi mpano idasanzwe mu guteka.

Uyu The Trainer, umaze iminsi agaragara mu byo kwambika abagabo, amasuti agezweho aho afite inzu idoda imyenda y’abagabo, yavuzwe cyane ubwo yari mu rukundo n’umunyamideri Keza Trisky yigeze no kwambika impeta amusaba kumubera umugore, ariko bakaza gutandukana.

Itandukana ryabo, ryanagarutsweho cyane, dore ko byavuzwe ko batandukanye umukobwa atwite inda y’uyu musore, ndetse ubu bakaba baramaze kwibaruka.

The Trainer amaze iminsi agaragaza ku mbuga nkoranyambaga, ubuzima abayemo mu nzu y’akataraboneka, irimo ibikoresho bigezweho, by’umwihariko aho aba agaragaza uburyo yiyitaho n’uburyo ategura amafunguro.

YouTube Channel yitwa Isimbi TV yasuye uyu musore aho atuye, mu nzu igeretse, aho yagaragaje uburyo ateguramo amafunguro, yambaye imyambaro myiza nk’ugiye ahantu hiyubashye ndetse yanigirije na Cravate.

Avuga ko kugaragaza atetse yambaye neza gutya, aba ashaka kwereka abagabo uko bagomba kugaragara mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Muri iki kiganiro yagiranye na Isimbi TV, yagikoze atetse indyo izwi nka Chicken Wrap, aho aba aganiriza umunyamakuru mu magomba yuzuye urwenya, avuga ko iyi nzu abamo ari White House, akagenda avuga ko muri iyi nzu adashobora kugira ubushyuhe cyangwa ubukonje kuko afite ibyuma yifashisha mu guhindura ubushyuhe cyangwa ubukonje.

Anyuzamo akanatanga inama ku rubyiruko, avuga ko ibyo bifuza bashobora kubigeraho mu gihe bakoresheje imbaraga zabo zose.

Avuga ko ikibazo cy’urubyiruko muri iki gihe ari ukuba ubwarwo rwica intege, ati “Kuko muri wowe niwishyiramo ko ikintu kidashoboka, nta n’ubwo kizigera gishoboka.”

The Trainer avuga ko urubyiruko rw’iki gihe rwifuza guhora ruri mu birori mu tubari no mu tubyiniro, ariko rutifuza gukora, mu gihe we bitandukanye, kuko igihe kinini akimara ashaka amafaranga, ubundi akajya kuruhuka ari uko yabonye umusaruro.

Ati “Njye niba nakoze aka deal [gahunda yinjiza amafaranga] kanjye nkikubitira nk’utumiliyoni twanjye dutanu, nkakenera kurya ibihumbi maganatanu, nkabaza itsinda ry’abakobwa n’abasore bifuza kwishima, tugasohoka, niyo nakwishyura mba nzi ko ndi kwishimira aka deal njye naturikije.”

Inzu The Trainer abamo
Mu kiganiro yatetse live

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 20 =

Previous Post

Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga

Next Post

Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Related Posts

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

As 2026 approaches, it’s time for every young woman in Kigali to think about growth, not just in career, but...

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
08/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.