Saturday, August 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Bonane Janvier yasezeye ruhago ku myaka 23 y’amavuko

radiotv10by radiotv10
03/10/2021
in SIPORO
0
Bonane Janvier yasezeye ruhago ku myaka 23 y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Bonane Janvier wari umaze igihe ari umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Kiyovu SC yafashe umwanya asezera abakunzi b’umupira w’amaguru ababwira ko gahunda y’umwuga wo gukina umupira abaye ayishyize ku ruhande.

Bonane Janvier “Bojan” w’imyaka 23, anyuze ku mbuga ze nkoranyambaga yavuze ko avuye mu mupira w’amaguru akaba agiye mu kandi kazi gatandukanye no gukina umupira.

Bonane wari umaze imyaka itandatu mu mupira w’amaguru by’umwihariko imyaka ine muri Kiyovu SC avuga ko mu gihe yari amaze mu kibuga anashima abanyamakuru ba siporo bakora mu kugeza amakuru ku banyarwanda no hanze y’igihugu.

Bonane yashimye abatoza bamutoje mu makipe arimo Isonga FA, Kiyovu SC n’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 aherukamo mu 2018-2019.

11 b'u Rwanda babanje mu kibuga

Bonane Janvier (8) ubwo yari muri 11 b’u Rwanda U20 bahauye na Kenya mu 2018

Bonane Janvier bakunda kwita Bojan, yabaye kapiteni wa Kiyovu SC mu mwaka w’imikino 2019-2020 ubwo yari ahawe inshingano zo kuyobora bagenzi be. Gusa, ntabwo byabaye amahire kuri we kuko nyuma atagiye abona umwanya wo kubanza mu kibuga, kimwe mu bintu abamuba hafi bavuga ko byamubabaje.

Nyuma y’umwaka w’imikino 2020-2021 nibwo ikipe ya Kiyovu Sc yamushyize ku rutonde rw’abakinnyi idakeneye bityo bikomeza kuba umwijima uhisha impano ye, birangira asezeye.

Kiyovu SC yanganyije na Gasogi United – AMAFOTO > Rwanda Magazine

Bonane Janvier (10) yasezeye umupira w’amaguru ku myaka 23

Amakuru Radio&TV10 yamenye nyuma y’isezera rya Bonane Janvier n’uko uyu musore w’imyaka 23 yaba agiye gutangira umwuga w’ubucuruzi.

Bonane Janvier yatangiye umupira w’amaguru mu buryo busonutse akinira Isonga FA (2015-2017) ahita ajya muri Kiyovu Sc mu 2017 kugeza ubu mu 2021.

Bonane Janvier mu 2020 ubwo yavugiraga abakinnyi bagenzi be mu gikombe cy’Ubutwari

Bonane Janvier (8) yabayeho kapiteni wa Kiyovu SC

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 11 =

Previous Post

Gicumbi FC yanyagiye Kirehe FC, umukino w’Amagaju FC na VJN uvanwa i Nyamagabe ujyanwa i Huye bitunguranye

Next Post

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Related Posts

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

by radiotv10
15/08/2025
0

Mu gikorwa cyiswe ‘Ijoro ry'Intare’ cyateguwe n'Abakunzi b'ikipe ya APR FC, abagera kuri 30 bakunda iyi kipe bakusanyije Miliyoni 418...

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

by radiotv10
15/08/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye abakunzi b’iyi kipe bakozwe ku mutima n’ifungwa rya bamwe muri bo bafite ibyo bakurikiranyweho, kubyihanganira,...

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

by radiotv10
14/08/2025
0

The Minister of Sports, Nelly Mukazayire, received basketball player Nate Ament, a rising talent in the United States with Rwandan...

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

by radiotv10
14/08/2025
0

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye umukinnyi wa Basketball Nate Ament uhanzwe amaso muri Leta Zunze Ubumwe za America ufite...

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

by radiotv10
14/08/2025
0

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania, yageze mu Rwanda, aho ije gukina umukino wa gicuti na Rayon Sports ku...

IZIHERUKA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite
AMAHANGA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

by radiotv10
15/08/2025
0

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

15/08/2025
Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

15/08/2025
Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

15/08/2025
Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

15/08/2025
Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

15/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.