Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya aho gahunda yo kuzohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza igeze

radiotv10by radiotv10
21/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Menya aho gahunda yo kuzohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza igeze
Share on FacebookShare on Twitter

Amasezerano ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza yo kohereza impunzi n’abimukira, akomeje gucamo ibice abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, batabona ibintu kimwe, nubwo Abadepite banze kwemeza ko inkiko zigira ijambo mu ishyira mu bikorwa ryayo, bikaba byatumye haterwa intambwe nziza.

Amavugurura yakozwe muri aya masezerano, yambuye Inkiko uburenganzira bwo kwerekana niba u Rwanda rutekanye mu buryo bw’amategeko ku buryo rwakwakira abo baturage.

Icyo cyemezo cyakomereje mu Basenateri kugira ngo babyemeze mu buryo budakuka, icyakora bo babisubije inyuma; bavuga ko Guverinoma y’iki Gihugu iyobowe na Rishi Sunak itagomba kwirengagiza amategeko.

Icyakora amatora y’Abadepite yagaragaje ko bakomeje badashaka ko amategeko yongera kwitambika ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano.

Minisitiri ushinzwe ikumira ry’abinjira mu bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko, Michael James Tomlinson-Mynors; yavuze ko impamvu inkiko zitagomba kongera kugira ijambo, ari uko uyu mushinga w’itegeko ugaragaza u Rwanda nk’Igihugu gitekanye mu buryo ntashidikanywaho.

Yagize ati “Kandi tugomba kubifata dutyo kubera impamvu nyinshi zitandukanye. Ni yo mpamvu ingingo ebyiri ziri mu mavugurura asabwa n’Abasenateri ntazemera. Barashaka guha ububasha komite ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’aya maserezano kugira ngo abe ari yo igena niba u Rwanda rutekanye, sintekereza ko ari byo, kuko Inteko Ishinga Amategeko ari yo igomba kugira ubwo bubasha. Iyi Nteko ni na yo ishobora gufata umwanzuro wo gusesa aya masezerano; cyangwa ikemeza ko twayakomeza kuko u Rwanda rutekanye bashingiye ku biteganywa n’aya masezerano.”

Nubwo ubwiganze bw’Abadepite bo mu ishyaka riri ku butegetsi bwatesheje agaciro ubusabe bw’Abasenateri; na bo baracyavuga indimi zitandukanye ku gutekana k’u Rwanda.

Umwe mu Badepite yagize ati “Mwibuke ko Urukiko ruruta izindi ku butaka bwacu rwasuzumye ibimenyetso byose rukanzura ko u Rwanda rudatekanye. Inteko yo ninyuranya na byo birasa nko gutegekesha igitugu. Byaba bimeze nk’aho urukiko mpanabyaha rwahamije umuntu icyaha; ariko kubera ko twe tutabishaka tukemeza ko ari umwere. Ibyo ni ugukoresha ubwigenge bw’Inteko Ishinga Amategeko mu buryo butari bwo.” 

Yakomeje agira ati “Ubu ni bwo buryo buzakomeza ubuhangange bwacu ku ruhando mpuzamahanga. Bizagaragaza ko dukoresha Itegeko Nshinga ryacu mu nyungu z’abaturage. Ndetse uramutse ukoresheje n’ubwenge bwawe; ntiwakwemera ko aba bimukira babangamira inyungu z’Igihugu.”

Guverinoma y’u Bwongereza, yo ivuga ko abimukira ba mbere bagomba kugera i Kigali mu kwezi kwa 6/2024. Abadepite bahise batesha agaciro ingingo 10 bari basabwe guhindura, bikaba bishyira mu mwanya mwiza Guverinoma ya Rishi Sunak; kuko ibyifuzo by’Abasenateri batatowe n’abaturage bidashobora gutesha agaciro ibyemezo by’Abadepite nk’urwego rwashyizweho n’abaturage.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda na yo imaze iminsi micye yemeje iyo mikoranire y’Ibihugu byombi, ndetse Guverinoma y’iki Gihugu ikaba iherutse gushyiraho umukozi wihariye ushinzwe gukurikirana aya masezerano n’andi ateye nka yo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Abumva ko gutsinda Rwanda mu ntambara byakoroha, izingiro ry’ibibazo na Congo, umuti wabyo,…-Isesengura ry’Umuhanga

Next Post

Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Related Posts

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

by radiotv10
05/08/2025
0

The United Nations High Commissioner for Refugees (UNHCR) has announced that before the end of this year, Uganda could host...

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru washyizweho na AFC/M23, yashimye Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba M23, Maj Gen Sultani Makenga...

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

by radiotv10
05/08/2025
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi, riratangaza ko mbere yuko uyu mwaka urangira, Igihugu cya Uganda gishobora kuzaba cyarakiriye impunzi...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yasabye abayobozi mu nzego zinyuranye mu bice bigenzurwa n’iri Huriro mu...

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

by radiotv10
05/08/2025
0

Umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urasaba Minisitiri w’Umutekano kwegura kuko adashoboye inshingano...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.