Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya aho gahunda yo kuzohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza igeze

radiotv10by radiotv10
21/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Menya aho gahunda yo kuzohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza igeze
Share on FacebookShare on Twitter

Amasezerano ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza yo kohereza impunzi n’abimukira, akomeje gucamo ibice abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, batabona ibintu kimwe, nubwo Abadepite banze kwemeza ko inkiko zigira ijambo mu ishyira mu bikorwa ryayo, bikaba byatumye haterwa intambwe nziza.

Amavugurura yakozwe muri aya masezerano, yambuye Inkiko uburenganzira bwo kwerekana niba u Rwanda rutekanye mu buryo bw’amategeko ku buryo rwakwakira abo baturage.

Icyo cyemezo cyakomereje mu Basenateri kugira ngo babyemeze mu buryo budakuka, icyakora bo babisubije inyuma; bavuga ko Guverinoma y’iki Gihugu iyobowe na Rishi Sunak itagomba kwirengagiza amategeko.

Icyakora amatora y’Abadepite yagaragaje ko bakomeje badashaka ko amategeko yongera kwitambika ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano.

Minisitiri ushinzwe ikumira ry’abinjira mu bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko, Michael James Tomlinson-Mynors; yavuze ko impamvu inkiko zitagomba kongera kugira ijambo, ari uko uyu mushinga w’itegeko ugaragaza u Rwanda nk’Igihugu gitekanye mu buryo ntashidikanywaho.

Yagize ati “Kandi tugomba kubifata dutyo kubera impamvu nyinshi zitandukanye. Ni yo mpamvu ingingo ebyiri ziri mu mavugurura asabwa n’Abasenateri ntazemera. Barashaka guha ububasha komite ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’aya maserezano kugira ngo abe ari yo igena niba u Rwanda rutekanye, sintekereza ko ari byo, kuko Inteko Ishinga Amategeko ari yo igomba kugira ubwo bubasha. Iyi Nteko ni na yo ishobora gufata umwanzuro wo gusesa aya masezerano; cyangwa ikemeza ko twayakomeza kuko u Rwanda rutekanye bashingiye ku biteganywa n’aya masezerano.”

Nubwo ubwiganze bw’Abadepite bo mu ishyaka riri ku butegetsi bwatesheje agaciro ubusabe bw’Abasenateri; na bo baracyavuga indimi zitandukanye ku gutekana k’u Rwanda.

Umwe mu Badepite yagize ati “Mwibuke ko Urukiko ruruta izindi ku butaka bwacu rwasuzumye ibimenyetso byose rukanzura ko u Rwanda rudatekanye. Inteko yo ninyuranya na byo birasa nko gutegekesha igitugu. Byaba bimeze nk’aho urukiko mpanabyaha rwahamije umuntu icyaha; ariko kubera ko twe tutabishaka tukemeza ko ari umwere. Ibyo ni ugukoresha ubwigenge bw’Inteko Ishinga Amategeko mu buryo butari bwo.” 

Yakomeje agira ati “Ubu ni bwo buryo buzakomeza ubuhangange bwacu ku ruhando mpuzamahanga. Bizagaragaza ko dukoresha Itegeko Nshinga ryacu mu nyungu z’abaturage. Ndetse uramutse ukoresheje n’ubwenge bwawe; ntiwakwemera ko aba bimukira babangamira inyungu z’Igihugu.”

Guverinoma y’u Bwongereza, yo ivuga ko abimukira ba mbere bagomba kugera i Kigali mu kwezi kwa 6/2024. Abadepite bahise batesha agaciro ingingo 10 bari basabwe guhindura, bikaba bishyira mu mwanya mwiza Guverinoma ya Rishi Sunak; kuko ibyifuzo by’Abasenateri batatowe n’abaturage bidashobora gutesha agaciro ibyemezo by’Abadepite nk’urwego rwashyizweho n’abaturage.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda na yo imaze iminsi micye yemeje iyo mikoranire y’Ibihugu byombi, ndetse Guverinoma y’iki Gihugu ikaba iherutse gushyiraho umukozi wihariye ushinzwe gukurikirana aya masezerano n’andi ateye nka yo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + four =

Previous Post

Abumva ko gutsinda Rwanda mu ntambara byakoroha, izingiro ry’ibibazo na Congo, umuti wabyo,…-Isesengura ry’Umuhanga

Next Post

Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.