Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC ribarizwamo umutwe wa M23, ryatangaje ko udashobora kurekura ibice wafashe nk’uko bikomeje gusabwa n’umuryango mpuzamahanga, kuko wabifashe mu guharanira uburenganzi bwa bamwe mu Banyekongo bakomeje kubuvutswa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizweho umukondo n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo), Corneille Nangaa Yobeluo, risubiza ibimaze iminsi bisabwa n’amahanga ko umutwe wa M23 ukwiye kurekura ibice wafashe.

Iri huriro ritangira rihamagarira amahanga kugira icyo akora ku marorerwa ari gukorwa n’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi n’umutwe wa FDLR ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro nka Wazalendo, ikomeje guhonyora uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

AFC ivuga ko yatewe impungene n’ibirego bishingiye ku binyoma bikomeje kwegekwa ku mutwe wa M23, binaherwaho n’umuryango mpuzamahanga uwusaba kurekura ibice wafashe.

Iri huriro rivuga ko ibi binyoma byahimbwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, ari nk’umutego w’ubu butegetsi kugira ngo bubone uko bushyira mu bikorwa imigambi yabwo mibisha yo kugirira nabi Abanyekongo b’Abatutsi bakunze kwitwa Abanyarwanda no kubasiga badafite aho babarizwa.

Riti “Abanyamuryango ba AFC bateye utwatsi uburyarya bw’imwe mu miryango mpuzamahanga, kandi bakomeje guhagarara ku ntego yabo yo gutuma Abanyekongo bose basubirana uburenganganzira bwabo mu Gihugu cyabo.”

Iri huriro rivuga ko ari umutwe wa Politiki kandi wa gisirikare ufite intego yo gutuma aba banyekongo bakunze kwimwa uburenganzira bwabo babubona, ndetse rikanahagarika ibikorwa by’ubwicanyi bakomeje gukorerwa.

Riti “Ibice bigenzurwa na M23, ni ibice byabohowe byari bisanzwe binatuyemo bamwe mu banyamuryango bayo, kandi abenshi mu bari babivuyemo bagarutse mu ngo zabo, kandi bakomeje kurwanira ko imiryango yabo imaze imyaka 30 mu buhunzi, itaha iwabo.”

AFC ivuga ko M23 yagaruje ubutaka bwahoze ari ubw’abagize uyu mutwe, bwari bwarigaruriwe na FDLR ndetse n’imitwe irimo Wazalendo, bityo ko abarwanyi ba M23 intego yabo “ni ukurindira umutekano imiryango yabo, kugira ngo idakomeza kwicwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Iri huriro rigakomeza rigira riti “Nk’umunyamuryango wa AFC, M23 iri gutanga umusanzu mu guteza imbere demokarasi ndetse n’imiyoborere iha agaciro abaturage kandi itagira uwo iheza muri DRC.”

Iri huriro kandi ryaboneyeho kunenga ryivuye inyuma imiyoborere y’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi ikomeje kwimakaza ibikorwa bizana umwuka mubi mu Gihugu, ndetse bwashyize imbere ibindi bikorwa bibi birimo ruswa no gusahura umutungo kamere w’Igihugu.

AFC yaboneyeho kongera gusaba Perezida Tshisekedi gushyira imbere inzira z’ibiganiro, kuko ari bwo buryo bwonyine buzazana amahoro mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 3 =

Previous Post

Umufaransa watembereye u Rwanda akanyura benshi yagaragaje icyamukoze ku mutima

Next Post

Minisitiri w’Urubyiruko yasubije abashidikanyaga ku itangazo rya RPF-Inkotanyi

Related Posts

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former president of the Democratic Republic of Congo, delivered a message to the Congolese people, stating...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Urubyiruko yasubije abashidikanyaga ku itangazo rya RPF-Inkotanyi

Minisitiri w'Urubyiruko yasubije abashidikanyaga ku itangazo rya RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.