Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe
Share on FacebookShare on Twitter

Abayoboye ikipe ya Rayon Sports bigeze kuvugwaho kudahuza, biravugwa ko bamaze kwiyunga ngo bafashe iyi kipe idafite umuyobozi ubu, mu mikino ifite mu minsi iri imbere irimo uzayihuza na mucyeba wayo Kiyovu Sports.

Aba barimo Munyakazi Sadate na Paul Muvunyi, bagaragaye kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024 bari kumwe, ndetse bavuga ko bari gufasha iyi kipe ya Rayon Sports kwitegura umukino uzayihuza na Kiyovu.

Sadate Munyakazi, mu butumwa yatanze yicaranye na Paul Muvunyi, yagarutse kuri uyu mukino ugiye guhuza Rayon na Kiyovu, avuga ko bagomba kuwutsinda.

Sadate asubiza Juvenal Mvukiyehe na we wahoze ayobora Kiyovu, na we wagarutse avuga ko na we yiteguye gutsinda ikipe yabo, yagize ati “Nyakubahwa Perezida Muvunyi, uyu muntu ntitwamuha ubutumwa ngo ahubwo twitegure, twitegure nk’Aba-Rayon, twitegure nk’abanyabikombe kugira ngo bakwereke uko ibikombe bitegurwa, uko ibikombe bijyanwa. Kiyovu rero ni wowe uhereweho.”

Munyakazi Sadate kandi yemeje ko uku guhura kwe na Muvunyi kwagennye agahimbazamushyi kazahabwa abakinnyi b’iyi kipe igihe bazatsinda Kiyovu.

Ati “Njye na Perezida Muvunyi rwose twabitekereje kandi neza, abasore badushimishe, dukore natwe ku makofi tubashimishe uko bikwiye.”

Juvenal Mvukiyehe wahoze ari Perezida wa Kiyovu, na we mu butumwa yari yatanze, yavuze ko nubwo yumvise ko “abo basaza ba Rayon bagarutse, mubabwire ko bagiye kubabara kuko natwe abasaza ba Kiyovu twagarutse.”

Umunyemari Paul Muvunyi wayoboye Rayon Sports, na we yavuze ko atari ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri baba babaje abakunzi ba Kiyovu, ndetse ko hari n’igihe batazibagirwa ubwo bayimanuraga mu cyiciro cya Kabiri ariko ikaza kubicika.

Ati “Ntabwo tuje kuyibabaza nk’uburyo twayibabaje ubwo yagombaga kujya…ariko Kiyovu tuzayibabaza gahoro kuko twaratabaranye, turaziranye, tumaranye igihe, ariko turiteguye.”

Aba bayoboye Rayon Sports kandi bunze ubumwe mu gihe habura igihe gito ngo habe amatora ya Komiye Nyobozi ya Rayon Sports n’uzasimbura Uwayezu Jean Fidele uherutse kwegura ku mwanya wa Perezida w’iyi kipe.

Mbere y’aya matora kandi, habanje gushyirwaho akanama kagomba kuvugurura amategeko agomba kugenga ahazaza h’umuryango wa Rayon Sports.

Aka kanama kayobowe na Paul Muvunyi, kagizwe n’abarimo Sadate Munyakazi, Gacinya Chance Deny, Prosper Muhirwa na Thadée Twagirayezu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Next Post

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Related Posts

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.