Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Menya ibikubiye mu ibaruwa The Ben yandikiye Urukiko rwaburanishije umunyamakuru Fatakumavuta

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Menya ibikubiye mu ibaruwa The Ben yandikiye Urukiko rwaburanishije umunyamakuru Fatakumavuta
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi The Ben wagarutsweho mu rubanza ruregwamo Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta akaba ari mu batanze ikirego, yandikiye Urukiko rwaburanishije uyu munyamakuru amusabira imbabazi, amusabira gufungurwa.

Mu rubanza ku ifunga ry’agateganyo rwabaye ku wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, Ubushinjacyaha bwagaragaje ibyagezweho mu iperereza kuri Fatakumavuta, birimo amagambo asebanya yagiye akoresha mu bihe bitandukanye, aho yayavugaga ku bantu banyuranye barimo umuhanzi The Ben.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko The Ben ari mu batanze ikirego, bwavuze ko Fatakumavuta abinyujije mu biganiro byatambukaga kuri YouTube na X, yavuze ko “Ubukwe bwa The Ben buzabamo akavuyo” ndetse ko atazi kuririmba.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije ku ifunga ry’agateganyo uyu munyamakuru, kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024,  rwafashe icyemezo ko agomba gukurikiranwa afunze by’agateganyo iminsi 30.

Gusa hagaragaye ibaruwa yanditswe n’Umuhanzi The Ben asabira imbabazi uyu munyamakuru wamuvuzeho amagambo asebanya.

Muri iyi baruwa yanditswe tariki 05 Ugushyingo 2024, ikanashyirwaho umukono na Noteri witwa David, The Ben atangira agaragaza umwirondoro we, akagira ati “Nandikiye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro mbamenyesha ko ntanze imbabazi ku makosa yankoreye nkaba nsaba

ko Sengabo Jean Bosco ‘Fatakumavuta’ yarekurwa.”

Kuri uyu wa Gatatu kandi mbere gato yuko Urukiko rufata icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Fatakumavuta, The Ben yari yatambukije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, na bwo avuga ko yababariye uyu munyamakuru.

Mu butumwa bwe, The Ben yari yagize ati “nahisemo urukundo, nahisemo kubabari. Nubwo amagambo yawe yankomerekeje bikomeye, ariko ndagusengera ngo ubone gutabarwa n’amahoro. Fata, ndagusengera ngo urekurwe mu nzira nziza. Kandi nizeye ko urukundo ruzayobora amahoro y’ahazaza hawe.”

Nyuma y’iki cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze, uregwa n’umunyamategeko we, bafite iminsi itanu yo kukijuririra, ndetse mu gihe babihitamo, bakaba bakoresha iyi baruwa yanditswe na The Ben.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Sadate yahaye isezerano Aba-Rayon ry’ibyo bamaze imyaka myinshi banyotewe

Next Post

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Related Posts

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi...

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.