Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ikinamo rurangiranwa muri ruhago y’Isi yafashe icyemezo cyiza ku mukinnyi wayandikiyemo amateka akiyinjiramo

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ikinamo rurangiranwa muri ruhago y’Isi yafashe icyemezo cyiza ku mukinnyi wayandikiyemo amateka akiyinjiramo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Inter Miami, yo muri Leta Zunze Ubumwe za America ikinamo rutahizamu Lionel Messi uri mu b’ibihe byose ku Isi, yongereye amasezerano y’umwaka umwe Luis Suarez, wayoboye abayitsindiye ibitego muri 2024, ari na bwo yari akinyinjiramo.

Aya masezerano ya Luis Suárez, azarangirana n’umwaka w’imikino wa 2025 muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri USA (Major League Soccer).

Uyu rutahizamu w’imyaka 37, yakiniye amakipe akomeye i Burayi nka Ajax hagati ya 2007 na 2011, atwarana na yo ibikombe bibiri, ari byo icya Shampiyona y’ Buholandi n’igikombe cy’Igihugu.

Yakiniye kandi Liverpool yo mu Bwongereza kuva muri 2011 kugeza muri 2014, atwarana na yo igikombe kimwe cya Football League Cup. Luis Suárez yanakiniye kandi FC Barcelone yo muri Espagne hagati ya 2014 na 2020, atwarana na yo ibikombe 13, birimo bine bya Shampiyona na kimwe cya UEFA Champions League.

Yanakiniye Atletico Madrid kuva muri 2020 kugeza muri 2022, aho yayifashije kwegukana igikombe kimwe cya Shampiyona, ubu akaba akinira Inter Miami amaze gutsindira ibitego 25 muri rusange birimo ibitego 20 yatsinze muri Shampiyona gusa.

Luis Alberto Suárez Díaz, nyuma yo kongera amasezerano muri Inter Miami, ushinzwe ibikorwa by’umupira w’amaguru muri iyi kipe, Raúl Sanllehí, yavuze ko uyu mukinnyi yafashije iyi kipe mu mwaka w’imikino warangiye.

Yagize ati “Muri 2024, Suárez yahaye byose Inter Miami, bimugira umwe mu bataka bayo beza cyane b’ibihe byose, yitwaye neza ku rwego rwo hejuru mu ikipe yacu, kandi tunejejwe no kubona ibyo bikomeza mu mwaka utaha. Luis Suárez, uretse kuba ari we wadutsindiye ibitego byinshi muri uyu mwaka, yanayoboraga bagenzi be mu ikipe, kandi ntawakwirengagiza uruhare rwe rugaragara.”

Luis Suárez uherutse gusezera mu ikipe y’Igihugu ya Uruguay yakiniye imikino 143, akayitsindira ibitego 69, yaje muri Inter Miami mu ntangiriro z’umwaka wa 2024, asangamo abakinnyi bahoze bakinana muri FC Barcelone, ari bo Jordi Alba, Sergio Busquets ndetse na Kizigenza Lionel Messi.

Kongera amasezerano kwe muri Inter Miami, bivuze ko agiye gukorana n’umutoza mushya w’iyi kipe Javier Mascherano, banakinanye muri FC Barcelone.

Suárez, na we nyuma yo kongera amasezerano, yagize ati “Ndishimye cyane kandi ndanezerewe bihambaye ku bwo gukomereza hano undi mwaka, nkabasha kunezezwa no kubana n’abafana b’iyi kipe, kuri twe baba bameze nk’umuryango. Twumva hari isano rikomeye hagati yacu n’abafana kandi twizeye ko umwaka utaha twazarushaho kubashimisha.”

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mugabo wo muri Kamonyi wahigishwaga uruhindu akekwaho kwica umugore we

Next Post

Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.