Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, yongeye gutangaza ko yifuza kugura iyi kipe, kandi atanga igihe ntarengwa cyo kwiga ku busabe bwe, bwakwemerwa akayigura 5 000 000 000 Frw, anatangaza indi mishiga afite irimo kugura indege izajya iyijyana gukina hanze.

Munyakazi Sadate yatanze italiki ntarengwa ya 25 Ukuboza 2025, ubwo azaba yizihiza isabukuru ye y’amavuko, akavuga ko yifuza kuzayizihiza n’abakunzi ba Rayon Sports FC bari mu munyenga yaramaze kuyigura.

Munyakazi Sadate yasobanuye ko muri izo miliyari 5 Frw, imwe izasaranganywa amatsinda y’Abafana kugira ngo anagure icyo yise ‘icyuya zabize’ yabize. Naho indi miliyari imwe ngo izishyurwa amadeni kugira ngo yirinde icyo yise ‘birantega’.

Miliyari eshatu (3 000 000 000 Frw) zisigaye, Munyakazi avuga ko azazishora muri Rayon Sports FC mu gihe cy’imyaka itatu, bivuze miliyari imwe buri mwaka.

Munyakazi Sadate avuga ko amatsinda y’abafana (Fan Clubs) azagumaho ariko ntazongera gutanga imisanzu nk’uko bimeze ubu, ku buryo ayo yatangagamo imisanzu azajya ayasura bagakoranamo ubusabane.

Ikindi kandi ngi ni na we uzashyiraho ubuyobozi bw’ikipe kuko ari we uzaba yashoye akayabo, kandi akazashyiraho umurongo utishyurwa wo gutanga ibitekerezo byo kubaka iyi kipe.

Munyakazi Sadate avuga ko nyuma y’imyaka itatu yo kwivugurura hazashorwa izindi miliyari 5 Frw, hakazashingwa kandi indi mikino ishamikiye kuri Rayon Sports FC nka Volleyball, Basketball, Amagare n’izindi, ibi bikaziyongera ku ndege yihariye izaba ari iye ariko igatwara Rayon Sports FC ubwo izajya iba igiye gukina mu marushanwa mpuzamahanga, ikazaba kandi ifite Bisi yiswe iy’akataraboneka, Ambulances ebyiri ziyiherekeza aho igiye hose, Staff van ebyiri na Moto ebyiri ziyigenda imbere.

Munyakazi Sadate yongeyeho ko habayeho ibiganiro by’ibanze akabona bitanga icyizere yahita ashyira muri Rayon Sports FC miliyoni ijana  kuyifasha kurangiza neza shampiyona y’uyu mwaka.

Mu gihe Rayon Sports FC yatwara igikombe, ubu busabe bw’ubugure bwazamukaho 20%, naho ikibuze bwamanukaho 20%.

Abakunzi ba Rayon Sports FC bamwe babifashe nk’urwenya, dore ko bavuga ko uyu mugabo yigeze no kwemera kubaka sitade ntabikore.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 9 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Next Post

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

Related Posts

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo...

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Umukinnyi wa Basketball, Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya...

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

04/07/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.