Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa mbere y’ibiganiro bya mbere bya M23 n’ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya mbere kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano, Ihuriro AFC ribarizwamo n’uyu mutwe riragirana ibiganiro by’imbonankubone na Guverinoma ya DRC, aho bivugwa ko iri Huriro ryamaze gushyikiriza umuhuza (Qatar) urutonde rw’ibyo risaba.

Ibi biganiro bitangira none ku wa Gatatu tariki 09 Mata 2025, i Doha muri Qatar, byitezweho gutanga umurongo w’igisubizo cyashyira iherezo ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Intego nyamukuru y’ibi biganiro, ni ukugarura amahoro muri aka gace kamaze igihe ari isibaniro ry’imirwano imaze igihe ihaganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya DRC (FARDC) gifatanyije n’impande zigiha umusada zirimo Ingabo z’u Burundi, umutwe w’Abajenosideri wa FDRL n’uwa Wazalendo.

Uyu mutwe wa M23 wari waramaze kwitwa uw’iterabwoba n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, none tariki 09 Mata, biteganyijwe ko abawuhagarariye bahura n’abahagarariye Guverinoma y’iki Gihugu mu biganiro by’imishyikirano bigamije gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Amakuru avuga ko iri Huriro AFC/M23 ryamaze gushyikiriza umuhuza ari we Guverinoma ya Qatar urutonde rw’ibyo risaba ko bigomba kubahirizwa.

Iri Huriro rirasaba ko rihabwa imirongo itanga icyizere gisesuye ko ubutegetsi bwa Congo koko buje mu biganiro bubishaka atari urwiyerurutso ndetse ko imyanzuro izafatirwa muri iyi mishyikirano izubahirizwa.

Mu gihe ibi biganiro biba ku nshuro ya mbere byagira icyo bigeraho, biteganyijwe ko hazatangira ibindi biganiro bigamije kuganira ku ngingo z’ingenzi z’ibigomba gukorwa, birimo inzira yo guhagarika imirwano, gusesengura ibisabwa na AFC/M23 ndetse n’ishingiro ry’ibisabwa na Guverinoma ya Congo.

Abasesenguzi bavuga ko kugira ngo ibi biganiro bigire icyo bigeraho, bisaba ko Guverinoma ya Qatar nk’umuhuza, igomba na yo gushyiramo n’igitsure mu gihe iyoboye ibi biganiro.

Ibi biganiro bigiye kuba ku nshuro ya mbere hagati ya Leta ya Kinshasa na AFC/M23, bije bikurikira ibyagiye biba mu byiciro, aho amatsinda ku mpande zirebwa n’ibi bibazo yagiye yakirwa muri Qatar, arimo ay’impuguke mu by’ubutasi, mu bya gisirikare ndetse n’abasesenguzi mu bya Politiki.

Ni ibiganiro kandi bigiye kuba nyuma y’ibyumweru bitatu, Perezida Paul Kagame w’u Rwanea anahuriye na Felix Tshisekedi wa DRC, i Doha muri Qatar, mu biganiro byayobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheihk Tamim Ben Hamad Al Thani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa America yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatusi

Next Post

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.