Monday, August 10, 2026
RW|EN
BASKETBALL

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore ikina umukino wa Basketball, yamenye amakipe izahangana na yo mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, muri Hotel des Armées i Abidjan muri Cote d’Ivoire habereye tombora yuko amakipe azahura mu cyiciro cy’amatsinda y’igikombe cya Afurika cy’abagore.

Iri rushanwa riteganyijwe hagati ya tariki 25 Nyakanga na tariki 3 Kanama 2025. Imikino yose izabera muri Palais des Sports de Treichville, stade yakira abafana 3 500.

U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Gatatu rigizwe n’amakipe y’Ibihugu atatu, aho ruzahangana na Nigeria yegukanye igikombe cya Afurika giheruka (2023) na Mozambique.

Abagore b’u Rwanda ubu bari ku mwanya wa kane ku rutonde rw’impuzamashyirahamwe ya Basketball muri Afurika (FIBA AFRICA) bafite intego yo kugera ku mukino wa nyuma kuko umusaruro mwiza bigeze mu mateka y’iri rushanwa ari muri 1/2 mu gikombe cya Afurika cyabereye i Kigali mu Rwanda muri BK Arena muri 2023.

Ni ku nshuro ya Kane ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore igiye kwitabira igikombe cya Afurika, kuko yitabiriye icya 2009, 2011 na 2023.

Ni ku nshuro ya kane u Rwanda rugiye gukina iri rushanwa
Bafite intego yo kugera ku mukino wa nyuma kuko umusaruro mwiza u Rwanda rwagize ni ukugera muri 1/2
Ikipe y’u Rwanda iri ku mwanya wa Kane muri Afurika
Muri AFRO BASKET ya 2025 u Rwanda ruzatozwa n’umunya-Senegal Dr. Cheikh Sarr

Roben NGABO
RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 17 =