Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Joseph Kabila nyuma yuko asesekaye mu bice igenzura

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa AFC/M23 yageneye Joseph Kabila nyuma yuko asesekaye mu bice igenzura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yahaye ikaze Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wageze i Goma, avuga ko kuba yagarutse mu Gihugu, ari amahitamo meza kandi n’abandi banyapolitiki babyifuza bajyayo.

Corneille Nangaa yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025 nyuma yuko iri Huriro AFC/M23 abereye Umuhuzabikorwa ritangaje ko Joseph Kabila yamaze kugera mu Mujyi wa Goma.

Nangaa yavuze ko kugaruka kwa Joseph Kabila Kabange “Mu Gihugu k’uyu Munyapolitiki w’umunyacyubahiro kwakiriwe neza. Yagize amahitamo meza, aho kuguma mu buhungiro yari yarahejejwemo.”

Uyu Muhuzabikorwa wa AFC/M23 yakomeje avuga ko Joseph Kabila Kabange yahawe ikaze mu mujyi wa Goma mu gace konyine karangwamo ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahamaze kurandurwa ibibazo uruhuri birimo ivangura, ubwicanyi bukorerwa bamwe mu Banyekongo ndetse hakaba hatarangwa imbwirwaruhame z’urwango.

Yakomeje avuga ko kuva muri Gashyantare, abayobozi banyuranye bagiye banyura muri uyu Mujyi wa Goma, kandi bakibonera akazi gakomeye kakozwe n’Ihuriro AFC/M23 karimo kugarura amahoro n’umutekano by’abaturage n’ibyabo.

Corneilla Nangaa yakomeje avuga ko Umujyi wa Goma wagiriwe ubuntu bwo kwakira umugisha w’abo mu madini n’amatorero, aho iri Huriro ryakiriwe Intumwa z’ihuriro ry’amadini n’amatorero rya ECC-CENCO.

Ati “Imiryango y’Umujyi wa Goma irafunguye, ari na ko gace rukumbi kugururiye amarembo abifuza kuhaza, barimo uwabaye Perezida Kabila, ndetse n’abandi bose bakunda Igihugu bifuza gukora ibikorwa byabo bisanzuye mu mwuka wa Demokarasi.”

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaje mu Mujyi wa Goma nyuma y’iminsi micye agejeje ku Banyekongo ijambo yabateganyirije risubiza ubutegetsi bw’iki Gihugu buherutse kumwambura ubudahangarwa.

Kabila yari yanyomoje ibihuha byigeze kuzamurwa n’ubutegetsi bwa Congo ko yaje mu Mujyi wa Goma mu kwezi gushize, avuga ko ahubwo afite gahunda yo kuhaza mu gihe cya vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Umugabo akurikiranyweho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo y’ingengabitekerezo

Next Post

Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside
MU RWANDA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.