• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose bazamarana.

Iki gikorwa cyo kwambika impeta umukunzi we uzwi nka Nana, cyatangajwe na Mitsutsu ubwe mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze buherekejwe n’amafoto yafashwe ubwo yambikaga impeta uyu mukobwa yasabye ko bazarushingana.

Muri ubu butumwa, uyu munyarwenya yongeye kubwira umukunzi we amukunda urukundo ruzira uburyarya, kandi ko azahora amukunda igihe cyose bazamarana.

Yagize ati “Urukundo rugira igisobanuro iyo ndi kumwe nawe, wakoze kunyemerera kuba uwange iteka ryose imbere y’incuti n’abavandimwe ndetse n’isi yose muri rusange.”

Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yasoje ubutumwa bwe agira ati “Ntuzicuza isegonda na rimwe tuzamarana. Ndagukunda.”

Ibi birori byari byitabiriwe na zimwe mu nshuti ku mpande zombi byumwihariko Mitsutsu, ziganjemo abasanzwe bazwi mu ruganda rwa sinema nyarwanda, barimo umunyarwenya mugenzi we uzwi nka Nyaxo, ndetse n’uzwi nka Soloba usanzwe akina filimi.

Mitsutsu yambitse impeta umukunzi we nyuma y’iminsi agaragaza agahinda kenshi avuga ko bashwanye, amwinginga ku mbuga nkoranyambaga, ngo basubirane.

Mitsutsu yatereye ivi umukunzi we amusaba ko bazarushingana

Nyaxo uzwi na we mu gutera urwenya yitabiriye ibi birori
Hamwe na mugenzi wabo uzwi nka Soloba
Mitsutsu n’ubundi yongeye kuganzwa n’amarangamutima araturika ararira
Yasezeranyije umukunzi we kuzamukunda bizira uburyarya

Inshuti zaje kubashyigikira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

Next Post

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.