Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Diamond Platnumz yavuze ko hari abana ashobora kuba arera kandi atari abe, ariko ko we atabyitayeho, icya mbere ari uko akora ibishoboka byose ngo babone ibyo bakeneye byose.

Diamond yabitangaje aganira na iHeartradio, avuga ko abize neza ko hari abana ashobora kuba arera ariko atari abe mu buryo bw’amaraso.

Yagize ati “Ndabizi ko mfite abana. Ariko nanone ndabizi ko bamwe muri bo atari abanjye, ariko simba nshaka kuzamura impaka na ba mama babo, njye icyo nkora ni uko mbitaho uko bikwiye.”

Avuga ko kuri we atita ku mubare w’abo bana, ati “yaba bane, batanu cyangwa batandatu. Nk’uko nakunze kubivuga, ibyo bintu rimwe na rimwe numva bisekeje. Njye mbitaho. Ngomba kwicara nzi ko nakoze inshingano zanjye zose neza, nkabitaho.”

Diamond kandi yahishuye ko hari umwana umwe yagiye gupimisha ngo arebe ko ari uwe koko. Ati “Nakoze ibizamini bya DNA ku mwana umwe muri Tanzania. Ni agahomamunwa.”

Diamond avuga ko ababyeyi b’abana be bose bamukunda kuko akunda abana babyaranye. Ati “Rimwe na rimwe abagabo babo barandakarira bakeka ko haba hakiri umubano hagati yanjye na bo, ariko mu byukuri nta kintu na gito tuba tugipanga.”

Uyu muhanzi w’ikirangirire muri Afurika y’Iburasirazuba no ku Mugabane wose, afitanye abana babiri n’umuherwe ukomoka muri Uganda, Zari Hassan, ari bo Princess Tiffah na Prince Nillan.

Afitanye umwana umwe w’umuhungu n’umunyamideri Hamisa Mobetto witwa Dylan Abdul Naseeb, ndetse akagira undi mwana yabyaranye n’umuhanzikazi w’Umunyakenya Tanasha Donna witwa Naseeb Junior ari na we muto mu bana yabyaranye n’abagore batatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Next Post

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Related Posts

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi Confy yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya ‘Gumaha’ yakoranye na Chiboo uri mu bagenzweho, igaragaramo aba bahanzi gusa, itarimo undi...

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Douglas Mayanja uzwi nka Weasel Manizo usanzwe afitanye abana n’Umunyarwandakazi Teta Sandra bigeze kuvugwaho kugirana amakimbirane, yajyanywe mu...

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Abahanzi Israel Mbonyi na Prosper Nkomezi bari mu bakomeye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bagiye gushyira hanze indirimbo...

Umuhanzi ugezweho Kevin Kade arateguza abakunzi ba muzika agashya abahishiye

Umuhanzi ugezweho Kevin Kade arateguza abakunzi ba muzika agashya abahishiye

by radiotv10
05/08/2025
0

Umuhanzi Kevin Kade, yararikiye abakunzi be n’aba muzika nyarwanda kwitegura indirimbo nshya abafitiye yise ‘Nyanja’, yemeza ko izakundwa n’abatari bacye...

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

by radiotv10
04/08/2025
0

Umusore w’ibigango uzwi nka ‘Yantare’ ucungira umutekano umuhanzi The Ben, yajyanywe kwa muganga mu ijoro ubwo uyu bari bavuye mu...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.