Saturday, September 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in IMYIDAGADURO
0
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Musabyimana Gloriose wamenyekanye nka Gogo mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yitabiye Imana muri Uganda, aho yari yagiye gukorera umurimo w’ivugabutumwa.

Amakuru y’urupfu rwa Gogo, yatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025, nk’uko tubikesha Bikem wa Yesu usanzwe ari umwe mu bakurikiraniraga hafi ibikorwa bya Gogo.

Uyu Bikem wa Yesu, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yanditse ubutumwa bugaragaza agahinda k’iyi nkuru y’incamugongo, aho yagize ati “R.I.P (Ruhukira mu Mahoro) Gogo. Mbega inkuru [mbi], Mana nkomereza umutima.”

Uyu muhanzikazi wari uherutse kugaragara yakoresheje igitaramo muri Uganda, aho yari yagiye gutaramira ab’i Kampala, yaguye muri iki Gihugu.

Gogo yamenyekanye cyane mu ndirimbo ye izwi nka ‘Blood of Jesus’ yagiye icicikana ku mbuga nkoranyambaga, z’abarimo n’abafite amazina akomeye mu myidagaduro, kubera uburyo uyu muhanzikazi yakoreshaga aririmba iyi ndirimbo.

Azwi kandi mu biganiro byo kuri YouTube, byabaga byuzuye urwenya, kubera uburyo yari azi kuganira no gukoresha imvugo zisekeje.

Gogo, mu kiganiro yari yagiranye n’Ikinyamakuru Imvaho Nshya muri Gashyantare uyu mwaka, yari yavuze ko yishimiye uburyo abantu bari bakomeje kumugaragariza urukundo, aho yavuze ko mu buzima bwe ari bwo yari abonye abantu bamwitayeho.

Icyo gihe yari yagize ati “Mu mibereho yanjye yose ubu ni bwo ngiye kugera ahantu mbona hakomeye, ngahura n’abantu ntari nzi kandi nkunda na bo bakankunda.”

Gogo ubwo yari yageze muri Uganda, yari yakiriwe n’abarimo abasanzwe bafite amazina azwi, nk’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent wamamaye nka Yago Pon Dat usigaye aba muri kiriya Gihugu, ndetse n’abahanzi bakomeye muri Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Next Post

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Related Posts

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

by radiotv10
05/09/2025
0

Itsinda ryafashaga umuhanzikazi Musabyimana Gloriose uzwi nka Gogo, witabye Imana, ryatangaje amakuru y’urupfu rwe, n’indwara yari amaranye igihe ari na...

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
04/09/2025
0

Abahanzi Chryso Ndasingwa na Sharon Gatete bombi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, basezeranye imbere y’amategeko, mu gihe bakomeje...

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

by radiotv10
03/09/2025
0

Naomie Nishimwe wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko yanyuze mu bihe by’agahinda gakabije (depression) abitewe n’ibyo abantu bamuvuzeho...

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

by radiotv10
02/09/2025
0

Umukinnyi wa Film Dwayne Johnson wamamaye nka The Rock, yazamuye impaka ku isura nshya ye, agaragara yaratakaje ibilo mu buryo...

Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi

Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi

by radiotv10
02/09/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Tonzi uherutse gushyira hanze igitabo, yarangije icyirico cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye...

IZIHERUKA

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana
MU RWANDA

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana

by radiotv10
06/09/2025
0

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

05/09/2025
Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

05/09/2025
From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

05/09/2025
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

05/09/2025
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

05/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.