Friday, September 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wa Rayon Sports n’umwe mu bakinnyi b’iyi kipe ubu iri kubarizwa i Dar es Salaam muri Tanzania, barasezeranya abakunzi bayo ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, intsinzi mu mukino wo kwishyura uzayihuza na Singida Black Stars yayitisindiye iwabo.

Ni umukino wo kwishyura, Rayon Sports izahuramo na Singida Black Stars muri CAF Confederation Cup.

Nubwo umukino ubanza warangiye Rayon itsinzwe igitego 1-0 i Kigali, umutoza Afhamia Lofti n’abakinnyi barimo kapiteni wungirije Emery Bayisenge, bavuga ko bizeye guhindura amateka.

Umutoza Afhamia Lofti yavuze ko we n’abakinnyi biteguye guhagararira Igihugu cyabo neza. Yagize ati “Duhagarariye Igihugu cyacu, tugomba kuba abanyembaraga, tugomba gutsinda. Abakinnyi bose bazaba biteguye kandi bazakina bashyizeho umuhate.”

Bayisenge Emery yunze mu ry’umutoza we, avuga ko umukino wo kuri uyu wa Gatandatu ari amahirwe yo kwandika amateka mashya.

Ati “Turiteguye gukora amateka, nubwo ari umukino utoroshye, twatakaje umukino ubanza, twiteguye ku mukino wa kabiri.”

Bayisenge yakomeje agaragaza ko umukino nk’uyu utsindwa n’ubushake bw’abakinnyi mu kibuga. Ati “Mu by’ukuri umukino nk’uko mbibona ni umukino w’abakinnyi. Simvuze ko abatoza badafite uruhare, ariko imikino nk’iyi iba ari iy’abakinnyi ku giti cyabo, bakifatira ibyemezo, bakaba ba nyirubwite ijana ku ijana.”

Umukino wo kwishyura uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025 i Dar es Salaam, aho Rayon Sports isabwa gutsinda kugira ngo ikomeze mu kindi cyiciro.

Abedi BIGIRIMANA yagarutse mu myitozo

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 1 =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Next Post

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Related Posts

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

by radiotv10
26/09/2025
0

Umutaliyani Lorenzo Mark Finn, w’imyaka 18 yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali mu cyiciro cy’abasore batarengeje imaka 23,...

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

by radiotv10
26/09/2025
0

Umwongereza Harry Hudson w'imyaka 17 yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu ngimbi z’abatarengeje imyaka 19 mu cyiciro cyo gusiganwa mu muhanda,...

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

by radiotv10
26/09/2025
0

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, General Patrick Nyamvumba, yasuye ikipe ya wa Rayon Sports aho muri iki Gihugu yagiye gukina...

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa iririmbirwa mu Rwanda

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa iririmbirwa mu Rwanda

by radiotv10
26/09/2025
0

Umufaransakazi Gery Celi yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali mu cyiciro cyo gusiganwa mu muhanda, mu batarengeje imyaka...

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

by radiotv10
25/09/2025
0

Umufana ukomeye w’ikipe ya APR FC, akaba ari n’umuvugizi w’abafana bose, yanyomoje amakuru aherutse gukwirakwizwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23
SIPORO

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

by radiotv10
26/09/2025
0

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

26/09/2025
Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

26/09/2025
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

26/09/2025
Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

26/09/2025
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.