Sunday, September 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

radiotv10by radiotv10
27/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wa APR FC, Umunya-Maroc Abderrahim Taleb yakomoje ku burwayi bwa rutahizamu w’iyi kipe Umunya-Burkina Faso Cheikh Djibril Ouattara wafashwe n’uburwayi bwakomeje kuba urujijo mu bakunzi bayo.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki 26 Nzeri 2025 ikipe ya APR FC yakoreye imyitozo kuri Kigali Pele Stadium ari na yo stade izakiriraho Pyramids FC muri CAF Champions League.

Abakinnyi bose ba APR FC barahari usibye Djibril Ouattara wafashwe n’uburwayi ubwo ikipe ye ya APR FC yari mu mikino ya CECAFA Kagame CUP muri Tanzania.

Uburwayi bwa Ouattara bwakomeje kuba urujijo, kuko nyuma yo gukina umukino wa mbere muri CECAFA na Bumamuru FC yanatsinzemo igitego, habanje kuvugwa ko yavunitse, ubundi ko arwaye malaria.

Taleb yagize ati “Ubwo twari muri Tanzania, uyu musore yagize ikibazo cyo kutiyumva neza mu mubiri, muribuka ko yakinnye umukino ufungura CECAFA akanatsinda igitego ndetse yari mu bakinnyi beza muri uwo mukino, gusa bucyeye bwaho yahise agira umuriro ukabije ndetse atangira kubabara mu mubiri ari nako yarukaga cyane, ubwo rero byabaye ngombwa ko tumwohereza i Kigali kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwisumbuyeho kuko uburwayi bwe bwari butangiye gukomera.”

Taleb yakomeje agira ati “Ouattara yagiye kuvurizwa mu Bitaro bya Gisirikare, magingo aya rero uyu musore afite ikiruhuko cy’icyumweru ni nayo mpamvu atazagaragara mu mukino ubanza n’uwo kwishyura.”

Uyu mutoza yavuze ko nubwo badafite Ouattara, abandi bakinnyi bahari kandi biteguye guhangana n’ikipe yise ikomeye ya Pyramids FC.

APR FC izakira Pyramids mu mukino ubanza tariki 01 Ukwakira 2025 kuri Kigali Pele Stadium saa 14h00, umukino wo kwishyura uzakinirwa i Cairo kuri Stade yitiriwe iya 30 Kamena, ku ya 05 Ukwakira 2025.

Djibril Ouattara umaze igihe afashwe n’uburwayi ntazagaragara mu mikino ibiri ya Pyramids
Taleb yasobanuye iby’uburwayi bwe

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

Next Post

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Related Posts

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

by radiotv10
27/09/2025
0

Umunya-Espagne Ostiz Taco Paula yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu gusiganwa mu muhanda mu cyiciro cy’abangavu batarengeje imyaka 19, noneho Umunyafurikakazi...

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

by radiotv10
26/09/2025
0

Umutaliyani Lorenzo Mark Finn, w’imyaka 18 yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali mu cyiciro cy’abasore batarengeje imaka 23,...

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

by radiotv10
26/09/2025
0

Umutoza wa Rayon Sports n’umwe mu bakinnyi b’iyi kipe ubu iri kubarizwa i Dar es Salaam muri Tanzania, barasezeranya abakunzi...

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

by radiotv10
26/09/2025
0

Umwongereza Harry Hudson w'imyaka 17 yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu ngimbi z’abatarengeje imyaka 19 mu cyiciro cyo gusiganwa mu muhanda,...

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

by radiotv10
26/09/2025
0

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, General Patrick Nyamvumba, yasuye ikipe ya wa Rayon Sports aho muri iki Gihugu yagiye gukina...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

27/09/2025
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

27/09/2025
France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

27/09/2025
The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

27/09/2025
Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.