• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, July 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in SIPORO, UDUSHYA
0
IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba
Share on FacebookShare on Twitter

Icyumweru cy’ibyishimo i Kigali mu Rwanda, ahari hamaze iminsi habera Shampiyona y’Isi y’Amagare yanyuze mu bice binyuranye by’uyu Murwa Mukuru w’Igihugu, agasanga abaturage ibihumbi n’ibihumbi bayategereje, aho buri wese yashakaga uburyo butuma ayareba neza ntakimukingirije.

Ku munsi wa nyuma kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, iyi Shampiyona yabaye ibirori bitazibagirana mu mateka y’u Rwanda, aho bwo yabashije no kwambuka ikagera mu Karere ka Nyarugenge inyuze i Nyabugogo.

Aha i Nyabugogo hazwiho kuba hari abantu uruvunganzoka buri munsi, n’ubundi hari hakubise huzuye abari baje kwihera ijisho ibi birori by’igare, ryamanutse ku Muhima rihorera, abandi na bo mu majwi yo hejuru, bagakubita akamo.

Buri wese wari Nyabugogo yifuzaga kureba abakinnyi, byumwihariko ba rurangiranwa nimero za mbere muri uyu mukino w’amagare, ndetse bagashaka aho bajya guhagarara.

Ifoto iri mu zitazibagirana, ni iya bamwe bari bahagaze kuri za moto, zisanzwe zibafasha mu mibereho yabo, ariko ubu bwo bari baziparitse ngo birebere igare uko ryogoga imihanda yo muri Kigali.

Iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare yongeye gushimangira urukundo Abanyarwanda bakunda uyu mukino w’amagare, aho kuva ku munsi wa mbere kugeza ku wa nyuma wayo, abaturage benshi baramukiraga aho iri siganwa ryanyuraga, kugira ngo bajye kwihera ijisho banafane abakinnyi babasenderejemo ibyishimo.

Moto zabafashije kureba igare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 19 =

Previous Post

Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Next Post

I Masisi urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo rwabyutse rwambikanye

Related Posts

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

by radiotv10
03/07/2026
0

Rurangiranwa mu mupira w’amaguru ku Isi, Cristiano Ronaldo yabajijwe ikibazo n’umunyamakuru w’Umunyarwanda uri muri Canada ahari kubera Igikombe cy’Isi, kirebana...

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bashya biganjemo abanyamahanga,n'Umunyarwanda ukina nka myugariro Rushema Chris wari usanzwe...

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

by radiotv10
03/07/2026
0

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje mu guhera mu mwaka w’imikino wa 2026-2026 abakinnyi bazajya bakorerwa isuzuma...

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

by radiotv10
02/07/2026
0

Nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports isoje umwaka w’imikino idafite umutoza mukuru, yatangiye kurambagiza uwatozaga Amagaju, gusa amakuru aravuga ko...

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

by radiotv10
30/06/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo, rimuziza kuwucunga nabi. Ibi bibaye nyuma y’aho kompanyi...

Next Post
I Masisi urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo rwabyutse rwambikanye

I Masisi urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo rwabyutse rwambikanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.