Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi ba Israël na Hamas bageze i Cairo mu Misiri, kugira ngo baganire ku mugambi w’amahoro wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, ugamije kurangiza intambara imaze igihe hagati y’impande zombi.

Aba bayobozi ku mpande zombi bageze mu Misiri kuri uyu wa Mbere, tariki 06 Ukwakira 2025, aho imwe mu ngingo baganiraho, ari amasezerano ashoboka yo kurekura imfungwa ziri muri Gaza, kuko iyi ngingo n’izindi z’ingenzi zigize ayo masezerano zitarumvikanwaho neza.

Abayobozi ba Hamas bageze mu Misiri kuri iki Cyumweru mbere yuko hatangira ibiganiro na Israël na Leta Zunze Ubumwe za America, bigamije kuganira ku mugambi wo guhagarika imirwano muri Gaza, uzarangira imirwano ihagaritswe ndetse n’abafashwe bugwate bagafungurwa, mu gihe ibiganiro byazagenda uko biteganyijwe.

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Israël, Benjamin Netanyahu yatangaje ko gukura ingabo zose muri Gaza bitari mu byo bazaganiraho, kuko badashobora kubyemera, ndetse mu ijambo yavuye kuri televiziyo y’Igihugu ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, yavuze ko Hamas igomba gushyira hasi intwaro hifashishijwe umugambi wa Trump cyangwa imbaraga za gisirikare. Yongeyeho ko yizeye kugarura imfungwa za Israel zifungiye muri Gaza mu minsi mike iri imbere.

Ibyo Netanyahu yabivuze nyuma yuko Hamas yari imaze gushyira hanze itangazo ryasohotse ku wa Gatanu, rivuga ko yemeye kurekura imfungwa ifite muri Gaza hakurikijwe umugambi w’amahoro wa Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ntiyavuga ku bijyanye no gushyira intwaro hasi, ahubwo isaba ko habaho ibiganiro ku bindi bibazo birebana n’uyu mugambi wa America.

Hamas igishyira hanze iryo tangazo, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, na we yahise atangaza ko atazihanganira gutinda kwa Hamas mu kwemera aya amasezerano.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yagize ati “Hamas igomba kwemera aya masezerano yo kurangiza intambara byihuse, bitabaye ibyo, byose bizahinduka ubusa. Reka tubirangize vuba.”

Iyi gahunda ya America igizwe n’ingingo 20 ziteganya ihagarikwa ry’intambara ako kanya, ndetse n’irekurwa ry’abanya-Israel 20 bakiri bazima bafashwe bugwate na Hamas, kimwe n’imirambo y’abakekwaho kuba barishwe, bagahererekanywa n’Abanya-Gaza amagana bafungiye muri gereza za Israel.

Mu itangazo ryanyuze kuri X, Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zatanze itegeko ryo gutegura ishyirwa mu bikorwa ry’icyiciro cya mbere cy’umushinga wa Trump ugamije irekura ry’abafashwe bungwate, ndets  zongeyeho ko umutekano w’abasirikare ba Israel ari wo uza ku isonga.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + ten =

Previous Post

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Next Post

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.