Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli cyatewe n’ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba ya kisilamu, bikomeje gutambamira itumizwa ryabyo hanze y’iki Gihugu.

Minisitiri w’Uburezi wa Mali, Amadou Sy Savane yatangarije kuri televiziyo y’Igihugu ko amashuri yose azakomeza gufunga kugeza ku itariki 09 Ugushyingo 2025, kuko ingendo z’abarimu n’abanyeshuri zahungabanyijwe n’ihagarikwa rya lisansi y’injira mu Gihugu.

Yavuze kandi ko Leta iri gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo gikemuke, ku buryo ku bitarenza 10 Ugushyingo, amashuri azaba yasubukuwe.

Kuva mu byumweru bishize, Mali yahungabanyijwe n’ibura rya lisansi rikabije, cyane cyane mu murwa mukuru i Bamako, nyuma yuko abarwanyi b’umutwe wa al-Qaeda bagabye igitero ku makamyo yari atwaye lisansi yinjiraga mu Gihugu.

Ni mugihe ubusanzwe lisansi yose Mali ikoresha, ituruka mu Bihugu by’abaturanyi nka Senegal na Côte d’Ivoire, ikanyuzwa mu nzira z’imihanda.

Nyuma yaho lisansi yinjiraga mu Gihugu ihagaritswe n’umutwe wa Al-Qaeda mu byumweru bishize, byatumye sitasiyo za lisansi mu mujyi wa  Bamako ziyibura, ibintu ibyatumye ingendo z’imodoka na zo zigabanuka muri uyu mujyi.

Leta ya Mali iyobowe n’igisirikare, yari iherutse kwizeza abaturage ko ikibazo cy’ibura rya lisansi kizamara igihe gito, ariko gikomeje kwiyongera.

Mu cyumweru gishize, Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America i Bamako, yatangaje ko abakozi bayo badafite inshingano z’ingenzi hamwe n’imiryango yabo, bagomba kuva muri iki Gihugu kubera ikibazo gikomeje cy’ibura rya lisansi ndetse n’impungenge z’umutekano muke ushobora kwaduka muri iki Gihugu, kuko ryahagaritse n’itangwa ry’amashanyarazi muri iki Gihugu.

Mali iyobowe na Gen. Assimi Goïta, wafashe ubutegetsi mu 2021. Igisirikare kiyoboye ubutegetsi cyahawe ikaze n’abaturage ubwo cyafataga ubutegetsi, nyuma yo kwizeza gukemura ikibazo cy’umutekano muke cyatewe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bo mu bwoko bwa Tuareg bo mu majyaruguru, mu duce twigaruriwe n’intagondwa z’abahezanguni b’aba Islam.

Ingabo z’u Bufaransa zari zaroherejwe mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri 2013, mu rwego rwo guhangana n’izo nyeshyamba, ariko nyuma igisirikare kiyoboye ubutegetsi bwa Mali, cyaje kubirukana muri iki Gihugu, kizana abasirikare b’abacanshuro b’Abarusiya kugira ngo bahangane n’umutekano muke.

Icyakora na bo ntibabashije guhagarika ibikorwa by’intagondwa z’abajihadiste bikomeje gukaza umurego, ndetse uduce twinshi two mu majyaruguru n’uburasirazuba bwa Mali turacyari mu maboko y’imitwe yitwaje intwaro.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe
MU RWANDA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y'u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri 'Jus' yaciwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.