Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli cyatewe n’ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba ya kisilamu, bikomeje gutambamira itumizwa ryabyo hanze y’iki Gihugu.

Minisitiri w’Uburezi wa Mali, Amadou Sy Savane yatangarije kuri televiziyo y’Igihugu ko amashuri yose azakomeza gufunga kugeza ku itariki 09 Ugushyingo 2025, kuko ingendo z’abarimu n’abanyeshuri zahungabanyijwe n’ihagarikwa rya lisansi y’injira mu Gihugu.

Yavuze kandi ko Leta iri gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo gikemuke, ku buryo ku bitarenza 10 Ugushyingo, amashuri azaba yasubukuwe.

Kuva mu byumweru bishize, Mali yahungabanyijwe n’ibura rya lisansi rikabije, cyane cyane mu murwa mukuru i Bamako, nyuma yuko abarwanyi b’umutwe wa al-Qaeda bagabye igitero ku makamyo yari atwaye lisansi yinjiraga mu Gihugu.

Ni mugihe ubusanzwe lisansi yose Mali ikoresha, ituruka mu Bihugu by’abaturanyi nka Senegal na Côte d’Ivoire, ikanyuzwa mu nzira z’imihanda.

Nyuma yaho lisansi yinjiraga mu Gihugu ihagaritswe n’umutwe wa Al-Qaeda mu byumweru bishize, byatumye sitasiyo za lisansi mu mujyi wa  Bamako ziyibura, ibintu ibyatumye ingendo z’imodoka na zo zigabanuka muri uyu mujyi.

Leta ya Mali iyobowe n’igisirikare, yari iherutse kwizeza abaturage ko ikibazo cy’ibura rya lisansi kizamara igihe gito, ariko gikomeje kwiyongera.

Mu cyumweru gishize, Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America i Bamako, yatangaje ko abakozi bayo badafite inshingano z’ingenzi hamwe n’imiryango yabo, bagomba kuva muri iki Gihugu kubera ikibazo gikomeje cy’ibura rya lisansi ndetse n’impungenge z’umutekano muke ushobora kwaduka muri iki Gihugu, kuko ryahagaritse n’itangwa ry’amashanyarazi muri iki Gihugu.

Mali iyobowe na Gen. Assimi Goïta, wafashe ubutegetsi mu 2021. Igisirikare kiyoboye ubutegetsi cyahawe ikaze n’abaturage ubwo cyafataga ubutegetsi, nyuma yo kwizeza gukemura ikibazo cy’umutekano muke cyatewe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bo mu bwoko bwa Tuareg bo mu majyaruguru, mu duce twigaruriwe n’intagondwa z’abahezanguni b’aba Islam.

Ingabo z’u Bufaransa zari zaroherejwe mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri 2013, mu rwego rwo guhangana n’izo nyeshyamba, ariko nyuma igisirikare kiyoboye ubutegetsi bwa Mali, cyaje kubirukana muri iki Gihugu, kizana abasirikare b’abacanshuro b’Abarusiya kugira ngo bahangane n’umutekano muke.

Icyakora na bo ntibabashije guhagarika ibikorwa by’intagondwa z’abajihadiste bikomeje gukaza umurego, ndetse uduce twinshi two mu majyaruguru n’uburasirazuba bwa Mali turacyari mu maboko y’imitwe yitwaje intwaro.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y'u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri 'Jus' yaciwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.