Monday, February 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana, kuko yujuje ibisabwa byose, agasaba n’Abanyarwanda kumushyigikira.

Uyu mukobwa uvuka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda (Se) na Nyina w’Umubiligikazi, yavukiye i Bruxelles muri 2003, ari na ho yakuriye.

Ni umukobwa uhoza u Rwanda ku mutima, kuko nubwo atarubamo ariko yumva afitanye isano na rwo rya hafi kandi yishimira intambwe iki Gihugu gikomeje gutera yaba mu iterambere no mu zindi nzego zose zacyo.

Ubu ari mu guhatana mu irushanwa rya Miss Belgium, ndetse icyiciro cya mbere akaba yaragitsinze, aho yazamutse mu batoranyijwe mu Mujyi wa Bruxelles, ubu akaba ageze muri 1/2 cy’iri rushanwa.

Kyra Nkezabera, ubwo yatorwaga mu bazamuka mu Mujyi wa Bruxelles, yabaye Miss Polarity [wakunzwe n’abantu cyane] ndetse aba n’igisonga cy’uwabaye uwa mbere i Bruxelles.

Muri iki cyiciro cya 1/2 ahari gukorwa amatora ku rubuga rwa Miss Belgium, amatora yafunguye imiryango, ndetse agasaba Abanyarwanda kumushyigikira dore ko aho umuntu yaba ari hose yamushyigikira anyuze kuri uru rubuga akamutora.

Mu kiganiro kigufi yagiranye na RADIOTV10, Kyra Nkezabera yavuze ko yizeye kugera kure muri iri rushanwa, ndetse akaba yakwegukana ikamba.

Yagize ati “Ibikenewe byose ndabyujuje, kandi niyumvamo uwo muhamagaro kuko nitabiriye irushanwa mfite icyizere. Hamwe n’Imana, nizera ko izabinshoboza.”

Umwe mu bo mu muryango wa Kyra Nkezabera, na we avuga ko uyu mukobwa kuva mu bwana bwe yakunze kurangwa n’ishyaka ryo gushaka kugera ku ntsinzi y’ibyo yatangiye.

Yagize ati “Ni umwana wakuranye umuhate, ku buryo iyo yinjiye mu kintu aba yifuza ko akirangiza neza, akakirangiza ageze ku musaruro aba yifuza, ku buryo natwe twatangaye ubwo twumvaga ko yatsinze icyiciro cya mbere akanaza mu ba mbere.”

Uyu mukobwa si uwa mbere ufite inkomoko mu Rwanda witabiriye amarushanwa y’ubwiza nk’aya ku Mugabane w’u Burayi, dore ko na Miss Sonia Roland Uwitonze yitabiriye Miss France muri 2000, ndetse akanegukana ikamba.

Abifuza gutora uyu mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda, banyura kuri uru rubuga.

Kyra Nkezabera yazamutse mu bahataniraga mu mujyi wa Bruxelles

Aherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 22 y’amavuko
Avuga ko yifuza kuzasura u Rwanda akomokamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − six =

Previous Post

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Next Post

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Related Posts

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

by radiotv10
23/02/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yagaye Mupende Ramadhan wamamaye nka Bad Rama mu gufasha abahanzi nyarwanda, kubera...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda wageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium ntiyahiriwe

by radiotv10
23/02/2026
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, wahatanaga muri Miss Belgium wanageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa, ntiyabashije kwegukana...

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

by radiotv10
22/02/2026
0

Mu kiganiro yagiranye na Netflix mbere yuko yitaba Imana, umukinnyi wa filimi wamamaye ku Isi, Eric Dane, yageneye ubutumwa abakobwa...

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

by radiotv10
21/02/2026
0

Good hygiene is not just about smelling good. It is about health, confidence, and self-respect. A man who takes care...

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

by radiotv10
20/02/2026
0

Nyuma yuko umuhanzikazi Omega Baibe uri mu bagezweho muri Uganda, agaragaje ko yahundagajweho amafaranga mu gitaramo yakoreye muri Sudani y’Epfo,...

IZIHERUKA

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda
AMAHANGA

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

by radiotv10
23/02/2026
0

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

23/02/2026
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/02/2026
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

23/02/2026
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

23/02/2026
Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

23/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.