Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana, kuko yujuje ibisabwa byose, agasaba n’Abanyarwanda kumushyigikira.

Uyu mukobwa uvuka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda (Se) na Nyina w’Umubiligikazi, yavukiye i Bruxelles muri 2003, ari na ho yakuriye.

Ni umukobwa uhoza u Rwanda ku mutima, kuko nubwo atarubamo ariko yumva afitanye isano na rwo rya hafi kandi yishimira intambwe iki Gihugu gikomeje gutera yaba mu iterambere no mu zindi nzego zose zacyo.

Ubu ari mu guhatana mu irushanwa rya Miss Belgium, ndetse icyiciro cya mbere akaba yaragitsinze, aho yazamutse mu batoranyijwe mu Mujyi wa Bruxelles, ubu akaba ageze muri 1/2 cy’iri rushanwa.

Kyra Nkezabera, ubwo yatorwaga mu bazamuka mu Mujyi wa Bruxelles, yabaye Miss Polarity [wakunzwe n’abantu cyane] ndetse aba n’igisonga cy’uwabaye uwa mbere i Bruxelles.

Muri iki cyiciro cya 1/2 ahari gukorwa amatora ku rubuga rwa Miss Belgium, amatora yafunguye imiryango, ndetse agasaba Abanyarwanda kumushyigikira dore ko aho umuntu yaba ari hose yamushyigikira anyuze kuri uru rubuga akamutora.

Mu kiganiro kigufi yagiranye na RADIOTV10, Kyra Nkezabera yavuze ko yizeye kugera kure muri iri rushanwa, ndetse akaba yakwegukana ikamba.

Yagize ati “Ibikenewe byose ndabyujuje, kandi niyumvamo uwo muhamagaro kuko nitabiriye irushanwa mfite icyizere. Hamwe n’Imana, nizera ko izabinshoboza.”

Umwe mu bo mu muryango wa Kyra Nkezabera, na we avuga ko uyu mukobwa kuva mu bwana bwe yakunze kurangwa n’ishyaka ryo gushaka kugera ku ntsinzi y’ibyo yatangiye.

Yagize ati “Ni umwana wakuranye umuhate, ku buryo iyo yinjiye mu kintu aba yifuza ko akirangiza neza, akakirangiza ageze ku musaruro aba yifuza, ku buryo natwe twatangaye ubwo twumvaga ko yatsinze icyiciro cya mbere akanaza mu ba mbere.”

Uyu mukobwa si uwa mbere ufite inkomoko mu Rwanda witabiriye amarushanwa y’ubwiza nk’aya ku Mugabane w’u Burayi, dore ko na Miss Sonia Roland Uwitonze yitabiriye Miss France muri 2000, ndetse akanegukana ikamba.

Abifuza gutora uyu mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda, banyura kuri uru rubuga.

Kyra Nkezabera yazamutse mu bahataniraga mu mujyi wa Bruxelles

Aherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 22 y’amavuko
Avuga ko yifuza kuzasura u Rwanda akomokamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 11 =

Previous Post

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Next Post

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.