Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

radiotv10by radiotv10
10/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Filimi Micky n’umukunzi we AG Promoter, basanzwe bazwiho imikino imenyerewe nka ‘Prank’, bamaze impungenge abashobora gukeka ko kwambikana impeta y’urukundo kwabo, na byo byaba ari iyo mikino, bavuga ko ari iby’ukuri, ndetse ko bitegura kurushingana.

Mukobwajana Asifiwe, uzwi nka Micky, na Agiraneza Pacifique uzwi nka AG Promoter, basanzwe banazwi ko bari mu rukundo, bambikanye impeta y’urukundo mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje kuri iki Cyumweru.

Aba basanzwe kandi bazwi mu mikino yo gutwika izwi nka ‘Prank’, gusa kuri iyi nshuro bwo baravuga ko ibyo bakoze ari impamo, kuko bitegura kurushingana.

AG Promoter uvuga ko akunda Micky urutagira ingano, avuga ko basanzwe bazwi mu bya prank koko, ariko ko ibyo kwambikana impeta badashobora kubikoramo imikino.

Umukunzi we Micky, yavuze ko kwambikwa impeta n’umukunzi we, yari abize ko bizaba, ariko ko uko byakozwe byamutunguye kuko atatekerezaga ko biba kuri uwo munsi.

Yagize ati “uyu munsi hari umuntu ugomba kujya mu isabukuru y’amavuko y’umukunzi wa Nyambo uba hanze, ni we wambeshye mbyisangamo gutyo.”

Aba bombi batangiye gukundana umwaka ushize, baherutse no kumvikana mu mpaka z’urudaca, bitewe n’ibikunda kuvugwa n’uwitwa Captain Regis na we ukina filimi wanigeze gukunda na Micky, bakunze kujya baterana amagambo.

Iki gikorwa cyo kwambikana impeta kwabo, bivugwa ko kizakurikirwa n’indi mihango yo kurushingana, irimo gusezerana mu mategeko, byakagombye kuba byarabaye muri Kanama uyu mwaka, ariko bikaza gukomwa mu nkokora no kuba uyu mugore yari atarabona irangamuntu nk’uko yabyitangarije.

Yamwambitse impeta amusaba ko barushingana
Undi yabimwemereye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 14 =

Previous Post

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Next Post

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Related Posts

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wagarutse gutura mu Rwanda nyuma y’imyaka 12 atarutuyemo, yasezeranyije abakunze ibihangano bye, ko azakomeza umuziki kuko adateze...

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

As 2026 approaches, it’s time for every young woman in Kigali to think about growth, not just in career, but...

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
08/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

IZIHERUKA

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira
AMAHANGA

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

10/11/2025
Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

10/11/2025
Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

10/11/2025
Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

10/11/2025
Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

09/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.