Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze byari byarabuze, anatanga umucyo ku bihuha byavugaga ko uruhande bahanganye hari ibice ruherutse kwisubiza.

Ni mu kiganiro Col Willy Ngoma yagiranye n’Igitangazamakuru Voice of Kivu gitangaza amakuru yibanda ku bibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu muvugizi wa M23, atangira agaragaza ko kimwe mu byatumye ibice byigaruriwe n’iri huriro bibona umutekano byari byarabuze igihe kinini, ari uko ryashyizeho inzego zinyuranye by’umwihariko iz’umutekano, nka Polisi ndetse n’Igisirikare kandi bikora kinyamwuga.

Ati “Twe icyo twabanje gukora, ni ugushyiraho ubuyobozi, yaba mu mujyi ndetse no nkengero zawo. Dufite Umuyobozi w’Umujyi, dufite abashefu ba Quartier, dufite abashefu ba Teritwari. Abo bose bakorera amahoro y’abaturage.”

Naho mu bice binyuranye, hagiye hashyirwaho abakuriye inzego z’umutekano zaba Polisi ndetse n’igisirikare, kandi bose bagakorana buzuzanya mu rwego rwo kugira ngo hatagira igihungabanya umutekano w’abaturage.

Ati “Mu mujyi rero tukagira Polisi. Igipolisi cy’umwuga, cyahawe imyitozo ihagije, kandi Abapolisi bacyo bagiye banoherezwa mu bice byose tugenzura.”

Yavuze kandi ko noneho hanaherutse gutangizwa urwego rukora mu buryo bw’ubutabera, ku buryo Inkiko zose zo mu bice bigenzurwa n’iri huriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, ubu zatangiye gukora.

Col Willy Ngoma

Naho ku makuru aherutse gukwirakwira ko uruhande ruhanganye n’iri huriro rugizwe na FARDC ndetse n’abafasha iki gisirikare cya Leta nka Wazalendo, rwaba ruherutse kugira ibice rwisubiza, Col Willy Ngoma yamaganiye kure ayo makuru.

Ati “Nta nubwo wari ukwiye kuvuga ko hari aho bafashe, oya oya, nta na santimetero n’imwe bigeze bisubiza. Icyo bakomeje, ni ibitero byo kurasa buhumyi, kandi byibasira abaturage, byumwihariko mu bice bituwemo n’abaturage benshi.”

Avuga ko nubwo uruhande bahanganye rukomeje guhungabanya umutekano w’abaturage bo mu bice bigenzurwa n’iri huriro, ariko na ryo ritaba ryicaye, ahubwo ko rihangana n’ibyo bitero.

Ati “Twe turi hano kubera amahoro. Turashaka amahoro, kandi iyo tuvuze ko dushaka amahoro, ntibivuze ko nutugabaho ibitero tutazagusubiza. Tuzasubiza ibitero byose bitugabwaho.”

Ku bijyanye n’ibitero FARDC n’abambari bayo bakomeje kugaba ku Banyekongo bo mu Muryango w’Abanyamulenge batuye muri Minembwe muri Kivu y’Epfo, Col Willy Ngoma yavuze ko babyamagana bivuye inyuma, byumwihariko akavuga ko banenga cyane Leta ikomeje gukora ibi bikorwa.

Ati “Ikibazo cya Minembwe kirakomeye cyane kurusha uko abantu bose bagisobanura. Cyari gikwiye guhangayikisha Abanyekongo bose, n’ikiremwamuntu cyose, kubona bashyira abaturage mu kato, bakabuzwa uburenganzira bwo kugera ku byo kurya, ku byo kunywa. Ntibabasha kugera ku byo bakenera by’ingenzi. Mu byukuri, abantu bose bari bakwiye kugira icyo bakora kugira ngo batabare bariya bantu.”

Col Willy Ngoma asaba umuryango Mpuzamahanga kugira icyo ukora kuri iki kibazo cy’Abanyamulenge bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 11 =

Previous Post

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Next Post

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

Related Posts

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko nta Munya-Uganda ushobora kuzana imikino yo kujya mu muhanda ngo agiye kwigaragambya...

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

by radiotv10
11/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rwagabye ibitero bikomeye by’indege...

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

by radiotv10
11/11/2025
0

Abajenerali babiri mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo Gen. John Tshibangu wakunze kwigaragaza nk’ufite ubushobozi bwo...

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

by radiotv10
11/11/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa wari umaze iminsi 20 afunzwe muri gereza, yarekuwe by’agateganyo, ashimira abamwoherereje ubutumwa bwo kumwihanganisha,...

IZIHERUKA

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse
MU RWANDA

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

12/11/2025
Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Breaking the Silence: Why the campaign against GBV should involve everyone, everywhere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.