Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko bikurikije amategeko, itangazo rije mu gihe hakomeje kuvugwa byinshi ku kwigaragambya kwa Cristiano Ronaldo yanga ko Karim Benzema agurwa na Al Hilal.
Mu iri tangazo, Saudi Pro League yagaragaje ko yubakiye ku ihame rimwe ry’ingenzi ko buri kipe ikora yigenga kandi igendera ku mategeko amwe nk’ay’izindi. Yongeyeho ko amakipe yose agira Inama y’Ubutegetsi yayo, abayobozi bayo n’abashinzwe tekiniki, bityo ko ibyemezo bifatwa n’izo nzego z’imbere mu makipe bidakwiye kuvuguruzwa.
Ubuyobozi bwa shampiyona bwasobanuye ko ibyemezo bijyanye no kugura abakinnyi, amafaranga ashorwa n’icyerekezo cy’ikipe bifatwa n’ikipe ubwayo, ariko bikubahiriza urwego rw’imari rwashyizweho hagamijwe kubungabunga iterambere rirambye no gutuma shampiyona igira ihangana ririmo uburinganire. Iryo tegeko rikaba rikurikizwa ku makipe yose nta vangura.
Ku bijyanye na Cristiano Ronaldo, Saudi Pro League yemeje ko uyu munya-Portugal yagize uruhare rukomeye mu iterambere n’intego za Al-Nassr kuva yayigeramo. Yavuze ko Ronaldo yabaye mu bikorwa byose by’ikipe, kandi ko nk’umukinnyi uri ku rwego rwo hejuru, icyifuzo cye ari ugutsinda no kwegukana ibikombe.
Ariko kandi, iri tangazo ryashimangiye ko nta mukinnyi n’umwe, uko yaba akomeye kose, ushobora kugira ijambo mu byemezo birenze ikipe akinamo.
Itangazo risoza rivuga ko ibikorwa byakozwe ku isoko ry’abakinnyi riheruka byagaragaje neza hari ubwigenge bw’amakipe, aho buri kipe yifatiye icyemezo ikurikije inyungu zayo n’uburyo ibona ejo hazaza.
Aime Augustin
RADIOTV10










