• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo muri Leta ya Harari muri Ethiopia, yibarutse impanga z’abana batanu icyarimwe, nyuma y’imyaka 12 yarabuze urubyaro, aho avuga ko umugabo we yari yarasabye umwana mu wundi muryango kuko bari baramaze kwiheba ko batazabyara.

Uyu mubyeyi witwa Bedriya Adem w’imyaka 35 n’umugabo we bari mu byishimo byinshi nyuma yo “guhabwa umugisha w’abana batanu icyarimwe”

Abana batanu babyawe n’uyu mubyeyi, ni abahungu bane n’umukobwa umwe, kandi bose “bafite ubuzima bwiza” nyuma yo kuvukira mu bitaro byihariye bya Hiwot Fana, nk’uko buatangajwe n’ubuyobozi bwabyo.

Uyu mubyeyi aganira na BBC dukesha aya makuru, yagize “Sinshobora kugaragaza ibyishimo byanjye mu magambo.” Akanyuzamo akanibuka igihe yanyuzemo cyo “kwiheba n’umubabaro” byo kubura urubyaro, none Imana yamusubije.

Dr Mohammed Nur Abdulahi, Umuyobozi w’ibi bitaro yabyariyemo yavuze ko umubyeyi n’abana bakomeje kwitabwaho n’abaganga muri ibyo bitaro, abo abana bapimaga hagati y’ikilo 1,3 na 1.4.

Uyu muyobozi w’Ibitaro avuga ko ko abana bavutse barengeje ikilo kimwe baba bafite amahirwe menshi yo kubaho no gukura neza.

Uyu muganga yavuze ko Bedriya yasamye mu buryo busanzwe, hadakoreshejwe uburyo bwifashishwa bwo gutera inda mu buryo bwa ‘in vitro fertilisation’ dore ko iyi serivisi itanaba muri ibi Bitaro.

Uburyo bwo gutera inda buzwi nka ‘IVF’ ni bwo buzwiho kongera amahirwe yo kubyara abana benshi. Amahirwe yo gusama abana batanu mu buryo busanzwe ni hafi umwe muri miliyoni 55.

Muganga yavuze ko kubyara byabaye binyuze mu kwa muganga ku mugoroba wo ku wa Kabiri w’iki cyumweru.

Dr. Mohammed yavuze ko mu gihe uriya mubyeyi yari atwite “Yahawe ubuvuzi buhoraho kandi amenyeshwa ko yasamye abana barenze umwe. Yahawe ubufasha busesuye kandi bukwiye mu buvuzi.”

Bedriya yavuze ko yabanje kubwirwa ko atwite abana bane, ariko ubwo yabyaraga, yungutse undi mwana umwe, baba batanu.

Yagize ati “Nasengeye umwana umwe gusa, none dore Imana yampaye batanu.” Akavuga uko yumvaga ameze mu gihe.

Uyu mubyeyi avuga ko umugabo we yari asanzwe afite umwana yakuye mu wundi muryango, yari yarazanye ngo bibanire kuko bari bamaze igihe bategereje urubyaro barahebye.

Ati “Yakundaga kumbwira ko kumugira [uyu mwana utari uwabo] bihagije kandi ko ntagomba guhangayika, ariko mu mutima wanjye nari mfite agahinda, mu mutwe no mu marangamutima, kuko umudugudu wose wahoraga unyibazaho ko ntabyara.”

Yakomeje agira ati “Ibyo nahuye na byo mu bihe byashize bisa n’inzozi za kure, ntashaka no kwibuka. Namaze imyaka 12 ndi mu gahinda, nihisha, kandi nsenga buri gihe ngo zabone abana, amaherezo, Imana yaranyumvise.”

Uyu mubyeyi avuga ko asanzwe ari umuhinzi kandi ko atari azi neza uko azatunga umuryango we mushya “Ariko ndizera ko Imana izawutunga, binyuze mu nkunga y’umuryango wanjye na Leta.”

Bedriya Adem wibarutse abana batanu icyarimwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + five =

Previous Post

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.