• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in MU RWANDA
1
Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus ihagaze nyuma yuko igaragaye mu Bihugu bimwe na bimwe, zinagaragaza ibimenyetso biyiranga, n’uburyo ishobora kwandura.

Iyi ndwara ya Hantavirus iteye impungenge muri ibi bihe, nyuma yuko igaragaye kuri bamwe mu bagenzi bari mu bwato bwa M/V Hondius bwari buturutse muri Argentine.

Mu bantu bafashwe n’iyi ndwara, uwa mbere yitabye Imana tariki 11 Mata 2026, yaje gukurikirwa n’abandi baje gufatwa n’iyi ndwara, dore ko umurambo w’uyu muntu wamaze hafi ibyumweru bibiri ukiri mu bwato.

Kubera ubukana bw’iyi ndwara, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO/OMS rimaze iminsi ritanga amakuru kuri yo, ndetse hanakurikiranwa aho ubu bwato bwagiye bunyura kugira ngo hirindwe ko yaba icyorezo ku Isi.

Uheruka kwitaba Imana mu bafatiwe n’iyi ndwara muri ubu bwato, akaba uwa gatatu, ni umuntu ukomoka mu Budage, na we wapfiriyemo.

Hari kandi umugenzi w’Umwongereza wagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara, wavanywe muri ubu bwato, ajya gusuzumirwa muri Afurika y’Epfo, asangwamo iyi virusi ya Hantavirus.

Inzego z’Ubuzima mu Bihugu binyuranye, zatangiye gushyiraho ingamba zo gukumira iyi ndwara, aho zagize ibyo zisaba abaturage babituyemo, bagomba kubahiriza.

Kuri iki Cyumweru tariki 10 Gicurasi, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, cyatangaje ko ku ruhande rw’u Rwanda, na rwo ruticaye ubusa, kuko inzego ziri gukurikirana iby’iyi ndwara.

RBC ytangaje ko “Inzego z’ubuzima mu Rwanda zirimo gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus iherutse kugaragara muri bimwe mu Bihugu ihagaze.”

RBC yagaragaje ibyo abantu bakwiye kumenya kuri iyi ndwara, yavuze ko “iterwa na viruzi zikunze kuba mu ngungunnyi/inkegesi (rodents) cyane cyane imbeba.”

Iki Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima kivuga ko abantu bashobora kwandura iyi ndwara binyuze mu guhumeka umwuka wandujwe n’inkari, ibisigazwa, cyangwa amacandwe y’ingungunnyi cyanwa inkegesi.

Nanone kandi abantu bashobora kwandura binyuze mu gukora ahantu handuye umuntu akikora ku munwa, ku zuru, cyangwa mu maso, cyangwa bakandura binyuze mu kurya cyangwa kunywa ibiribwa n’amazi byanduye.

RBC ivuga ko “Ubwoko bwa Virusi yagaragaye muri iki cyorezo bwitwa Andes Virus. Ni bwo bwoko bwonyine bwa Hantavirus buzwi bushobora kwandura hagati y’abantu, nubwo biba gacye cyane kandi bigasaba kuba abantu bicaranye umwanya muremure cyane kandi begeranye.”

Iki Kigo kandi cyagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara, birimo kugira umuriro mwinshi no gutitira, kubabara umutwe, kubabara imikaya no mu ngingo, umunaniro, kuribwa mu nda, no kugira isesemi, guhitwa no kuruka.

Mu bihe bikomeye bwo, umuntu ashobora kugira ibimenyetso birimo inkorora, guhumeka nabi, kubabara mu gatuza, ndetse akanagira indwara zikomeye z’ubuhumekero.

RBC ikagira iti “Kubera ko ibi bimenyetso bishobora gusa n’iby’ibicurane (influenza/grippe), malariya cyangwa COVID-19, ni ingenzi kwihutira kujya kwa muganga igihe umuntu arwaye.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mwongereza Valentin says:
    3 weeks ago

    Murakoze Cyane Kubwiyinkuru reka Tugume kwirinda no gukumira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 3 =

Previous Post

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

Next Post

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.